Friday, February 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Impanuka y’imodoka yahitanye abari bayirimo bose

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA
2
Karongi: Impanuka y’imodoka yahitanye abari bayirimo bose
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo yakoreye impanuka mu Kagari ka Gacaca mu Murenge wa Rubengera, ihitana umushoferi na kigingi bari kumwe.

Iyi modoka y’kamyo yari itwaye ibikoresho by’ubwubatsi, yaturukaga mu Mujyi wa Kigali yerecyeza mu Karere ka Karongi ari na ho yakoreye impanuka.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko iyi mpanuka yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 agahana saa kumi n’igice.

Yagize ati “Umushoferi na Kigingi we ari na bo bonyine bari muri iyi modoka, bahasize ubuzima.”

Iyi modoka yakoze impanuka ubwo umushoferi wari uyitwaye yakataga ikorosi ariko imodoka ikanga kugaruka igahita igwa mu muyoboro ukikije umuhanda, bigatuma igice cy’imbere kicaramo umushoferi n’abo bari kumwe kikangirika cyane, bituma abari bayirimo bahasiga ubuzima.

Imibiri y’abahitanywe n’iyi mpanuka yahise ijyanwa mu Bitaro bya Kibuye kugira ngo ikorerwe isuzuma rya nyuma.

Amakuru y’iyi mpanuka kandi yanemejwe n’Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere René, wavuze ko uwari utwaye iyi modoka yari avuye mu Mujyi wa Kigali yerecyeza i Karongi aho yari ajyanye ibyo bikoresho by’ubwubatsi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. NDAHAYO Frodouard says:
    4 years ago

    Twese muri iyo Isi turi abagenzi! Tuzajye twikundanira ntitugashwane dupfa ubusa kuko byose turabisiga!Imana ibakire mubayo!

    Reply
  2. Baen Tech says:
    4 years ago

    Yewe Mana we Imiryango Yabobantu Yihangane Pe Kandi iruhuko Ridashira kuri Ababuze Ubuzima

    Reply

Leave a Reply to NDAHAYO Frodouard Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Next Post

Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Related Posts

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

by radiotv10
26/02/2026
0

Education has always been seen as a pathway to employment. A student walks into university today hoping to prepare for...

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

by radiotv10
26/02/2026
0

Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

by radiotv10
26/02/2026
0

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 164 ziturutse muri Libya, zatumye umubare w’izimaze kwakirwa kuva mu mwaka wa 2019 ugera mu...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

by radiotv10
26/02/2026
0

Rwanda has received 164 additional refugees evacuated from Libya, bringing the total number of refugees welcomed since 2019 to 2,760....

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

IZIHERUKA

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?
MU RWANDA

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

by radiotv10
26/02/2026
0

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

26/02/2026
Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

26/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.