• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

radiotv10by radiotv10
14/04/2026
in IMYIDAGADURO
0
Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka
Share on FacebookShare on Twitter

Kambale Wilondja uzwi ku nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku ku mbuga nkoranyambaga, yasobanuye uko abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho atuye mu Leta Zunze Ubumwe za America bakamukubitirayo bakamusiga ari intere, anavuga abo akeka babiri inyuma.

Uyu musore w’Umunyarwanda uzwi cyane yikoma abavuga nabi u Rwanda, mu butumwa yari yabanje gushyira ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko yarusimbutse ubwo abantu bamusangaga iwe bakamukubita.

Mu kiganiro kirambuye yanyujije kuri YouTube Channel ye, Kasuku yavuze ko mbere yuko biriya biba, hari abantu bari babanje kumuhamagara bamusaba ko baza gusangira icyo kunywa ariko akabahakanira.

Avuga ko nyuma hari indi nimero yamuhamagaye, bakamubwira ikigo cyo muri America bakorera kigenda kigeza ubutumwa bw’abantu aho batuye, bamubaza aho atuye ngo bamushyikirize ubwo bamufitiye.

Ati “Baba bambajije nimero y’inzu, nimero mba ndayitanze, maze kuyitanga, nta nubwo haciye nk’iminota nka cumi n’ibiri, cumi n’umwe, numva abantu barakomanze […] ngira ngo ni ba bantu bo ku iposita bamvugishaga, ndaza ndakingura kwa kundi umuntu akingura arangaza.”

Akomeza agira ati “Nkinguye, bankubise ikofi mpita ngwa mu ntebe, maze kugwa mu ntebe ikintu cyonyine nakoze, narinze hano mu …,ndinda no mu isura kugira ngo batahakubita.”

Kasuku avuga ko bari abasore batatu barimo babiri bafite imbunda n’inkoni nini, bamukubitishije mu mbavu no ku bindi bice binyuranye.

Avuga ko nubwo yirwanyeho, ati “Ariko narakubiswe bihagije, niba hari umuntu wakubiswe akanoga, ni njye rwose, ntabwo namenya kubeshya, narakubiswe bihagije.”

Kasuku uvuga ko yakubiswe mu gihe cy’iminota 11, yavuze ko hari umuturanyi we wari wabonye abantu bari bipfutse ibintu mu maso binjira iwe [kwa Kasuku] banafite ibintu bimeze nk’imbunda, yakomeje gutegereza ko basohoka ariko agaheba.

Avuga ko ngo mu magambo bavugaga ubwo bamukubitaga, bakoreshaga ururimi rw’Ikinyarwanda, ngo bavuga “ngo n’ibi uzabyibuke sha. Ngo harya ntimurimo muribuka? Ngo wowe se ngo wibuka iki?”

Kasuku avuga ko bakimara kugenda, na we yasohotse, wa muturanyi we akamubaza iby’abo bantu bari baje iwe, niba ari abari baje kugura ibiyobyabwenge, akamuhakanira, ahubwo akamubwira ibyari biri kumubaho.

Avuga ko nyuma yo gukubitwa, ataranatangaza ku mbuga nkoranambaga ibyamubayeho, hari abatangiye kumuhamagara bamwigambaho, basanzwe baba mu dutsiko tw’abarwana u Rwanda banaruvuga nabi.

Bad Rama mu bo akeka

Kasuku avuga ko mu bo yaketse bari inyuma y’uku gukubitwa kwe, yagize ati “Ntababeshye nimero ya mbere y’uwari uzwi iwanjye mu rugo, ntababeshye ni umuntu bita Bad Rama. Ni umuntu twagendanye, ni umuntu twasangiranye hano mu rugo, ni umuntu twakoranye ibintu byinshi hano mu rugo.”

Kasuku kandi yavuze ko uyu Bad Rama uherutse kwinjira mu bavuga nabi u Rwanda, yanagiye gutanga ibitekerezo ku nkuru yakozwe na kimwe mu binyamakuru, avuga ngo “ubiri inyuma ni Bad Rama.”

Ati “Komeza wigambe. Ntabwo nari nzi ko biri kuri urwo rwego […] Ndabizi ko byange bikunde nawe uzumva ububabare.”

Kasuku yavuze ko yahise ashyiraho ingamba z’ubwirinzi, ariko ko na we agiye guhangana n’aba bamukubise, kandi ko yamaze kwiyambaza inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Next Post

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.