Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

radiotv10by radiotv10
14/04/2026
in IMYIDAGADURO
0
Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka
Share on FacebookShare on Twitter

Kambale Wilondja uzwi ku nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku ku mbuga nkoranyambaga, yasobanuye uko abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho atuye mu Leta Zunze Ubumwe za America bakamukubitirayo bakamusiga ari intere, anavuga abo akeka babiri inyuma.

Uyu musore w’Umunyarwanda uzwi cyane yikoma abavuga nabi u Rwanda, mu butumwa yari yabanje gushyira ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko yarusimbutse ubwo abantu bamusangaga iwe bakamukubita.

Mu kiganiro kirambuye yanyujije kuri YouTube Channel ye, Kasuku yavuze ko mbere yuko biriya biba, hari abantu bari babanje kumuhamagara bamusaba ko baza gusangira icyo kunywa ariko akabahakanira.

Avuga ko nyuma hari indi nimero yamuhamagaye, bakamubwira ikigo cyo muri America bakorera kigenda kigeza ubutumwa bw’abantu aho batuye, bamubaza aho atuye ngo bamushyikirize ubwo bamufitiye.

Ati “Baba bambajije nimero y’inzu, nimero mba ndayitanze, maze kuyitanga, nta nubwo haciye nk’iminota nka cumi n’ibiri, cumi n’umwe, numva abantu barakomanze […] ngira ngo ni ba bantu bo ku iposita bamvugishaga, ndaza ndakingura kwa kundi umuntu akingura arangaza.”

Akomeza agira ati “Nkinguye, bankubise ikofi mpita ngwa mu ntebe, maze kugwa mu ntebe ikintu cyonyine nakoze, narinze hano mu …,ndinda no mu isura kugira ngo batahakubita.”

Kasuku avuga ko bari abasore batatu barimo babiri bafite imbunda n’inkoni nini, bamukubitishije mu mbavu no ku bindi bice binyuranye.

Avuga ko nubwo yirwanyeho, ati “Ariko narakubiswe bihagije, niba hari umuntu wakubiswe akanoga, ni njye rwose, ntabwo namenya kubeshya, narakubiswe bihagije.”

Kasuku uvuga ko yakubiswe mu gihe cy’iminota 11, yavuze ko hari umuturanyi we wari wabonye abantu bari bipfutse ibintu mu maso binjira iwe [kwa Kasuku] banafite ibintu bimeze nk’imbunda, yakomeje gutegereza ko basohoka ariko agaheba.

Avuga ko ngo mu magambo bavugaga ubwo bamukubitaga, bakoreshaga ururimi rw’Ikinyarwanda, ngo bavuga “ngo n’ibi uzabyibuke sha. Ngo harya ntimurimo muribuka? Ngo wowe se ngo wibuka iki?”

Kasuku avuga ko bakimara kugenda, na we yasohotse, wa muturanyi we akamubaza iby’abo bantu bari baje iwe, niba ari abari baje kugura ibiyobyabwenge, akamuhakanira, ahubwo akamubwira ibyari biri kumubaho.

Avuga ko nyuma yo gukubitwa, ataranatangaza ku mbuga nkoranambaga ibyamubayeho, hari abatangiye kumuhamagara bamwigambaho, basanzwe baba mu dutsiko tw’abarwana u Rwanda banaruvuga nabi.

Bad Rama mu bo akeka

Kasuku avuga ko mu bo yaketse bari inyuma y’uku gukubitwa kwe, yagize ati “Ntababeshye nimero ya mbere y’uwari uzwi iwanjye mu rugo, ntababeshye ni umuntu bita Bad Rama. Ni umuntu twagendanye, ni umuntu twasangiranye hano mu rugo, ni umuntu twakoranye ibintu byinshi hano mu rugo.”

Kasuku kandi yavuze ko uyu Bad Rama uherutse kwinjira mu bavuga nabi u Rwanda, yanagiye gutanga ibitekerezo ku nkuru yakozwe na kimwe mu binyamakuru, avuga ngo “ubiri inyuma ni Bad Rama.”

Ati “Komeza wigambe. Ntabwo nari nzi ko biri kuri urwo rwego […] Ndabizi ko byange bikunde nawe uzumva ububabare.”

Kasuku yavuze ko yahise ashyiraho ingamba z’ubwirinzi, ariko ko na we agiye guhangana n’aba bamukubise, kandi ko yamaze kwiyambaza inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eighteen =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Related Posts

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

by radiotv10
13/04/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye, banasobanurirwa amateka ya...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

IZIHERUKA

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka
IMYIDAGADURO

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

by radiotv10
14/04/2026
0

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

14/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.