Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bo mu Muduguru umwe wo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, biyemeje kujya bakora irondo rya ku manywa, batangiye gukora bitwaje inkoni, kugira ngo bahangane n’ibisambo bimaze iminsi byarabazengereje.

Ni abagore bo mu Mudugudu w’Umuremampango mu Kagari ka Cyarubare mu Murenge wa Kabare, bavuga ko abajura basizoye bari bamaze iminsi babiba amatungo n’imyaka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze muri uyu Mudugudu asanga abagore bahagaze ku murongo umwe bafite inkoni, abandi bari kugendagenda mu rusisiro, bagenzura ko hari uwabahungabanyiriza umutekano.

Gusa bavuga ko iri rondo ryabo rizajya riba ku manywa, kuva saa moya kugeza saa tanu z’amanywa, ubundi iry’ijoro rigakorwa n’abagabo babo na basaza babo.

Mukakimenyi Florence, uyobora uyu Mudugu w’Umuremampango yavuze icyatumye bafata iki cyemezo, ati “Twari dufite ubujura bukabije mu Mudugudu, wajya guhinga waza ugasanga urugi barwishe basahuye.”

Uyu muyobozi avuga ko abajura bari bamaze kubona ko mu ijoro haba hari irondo ry’abagabo, bakabyuririraho bakajya biba ku manywa, ariko abagore na bo babona batakomeza kurebera.

Ati “Twicaye mu Nteko y’Abaturage turavuga ngo dukore iki? Tujya inama n’abagabo, turangije turavuga tuti reka natwe abadamu dushyireho imbaraga zacu turebe.”

Avuga ko mu Masibo 12 yo muri uyu Mudugudu, biyemeje ko buri Sibo hazajya hasigara abagore babiri, ubundi bakajya bafatanya mu kwicungira umutekano, kandi ko kuva batangira biri gutanga umusaruro.

Ati “Bagenda bazenguruka bareba kwa runaka ko hari uwakurira igipangu cyangwa hari umuntu uri gucaracara. Iyo bamubonye baramuhagarika, bakareba aho ajya n’aho ava, barangiza bakamukurikiza ijisho kugira ngo barebe ko arenga mu Mudugudu ntacyo akoze.”

Aba bagore na bo bishimira iki cyemezo, ku buryo iri rondo barikora bumva bikorera, kuko bari abajura bari bamaze kubazengereza.

Tuyishime Anitha “Uje tutamuzi, turamuhagarika, tukamubaza ibyangombwa, tukamubaza aho ava n’aho ajya, yabitwereka tukamureka agakomeza urugendo.”

Aba bagore bavuga ko banifuza ko babona impuzankano bazajya bambara, ubundi ibitenge barikorana, bakajya babisiga mu ngo.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco, avuga ko iki gikorwa cy’aba baturage, ari urugero rwiza rwo kwishakamo ibisubizo, kandi ko bazabashyigikira.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + nine =

Previous Post

Nubwo dusezerewe ariko ntacyahungabanya Igihugu cyacu duhari- Gen (Rtd) Kabarebe

Next Post

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.