Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bo mu Muduguru umwe wo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, biyemeje kujya bakora irondo rya ku manywa, batangiye gukora bitwaje inkoni, kugira ngo bahangane n’ibisambo bimaze iminsi byarabazengereje.

Ni abagore bo mu Mudugudu w’Umuremampango mu Kagari ka Cyarubare mu Murenge wa Kabare, bavuga ko abajura basizoye bari bamaze iminsi babiba amatungo n’imyaka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze muri uyu Mudugudu asanga abagore bahagaze ku murongo umwe bafite inkoni, abandi bari kugendagenda mu rusisiro, bagenzura ko hari uwabahungabanyiriza umutekano.

Gusa bavuga ko iri rondo ryabo rizajya riba ku manywa, kuva saa moya kugeza saa tanu z’amanywa, ubundi iry’ijoro rigakorwa n’abagabo babo na basaza babo.

Mukakimenyi Florence, uyobora uyu Mudugu w’Umuremampango yavuze icyatumye bafata iki cyemezo, ati “Twari dufite ubujura bukabije mu Mudugudu, wajya guhinga waza ugasanga urugi barwishe basahuye.”

Uyu muyobozi avuga ko abajura bari bamaze kubona ko mu ijoro haba hari irondo ry’abagabo, bakabyuririraho bakajya biba ku manywa, ariko abagore na bo babona batakomeza kurebera.

Ati “Twicaye mu Nteko y’Abaturage turavuga ngo dukore iki? Tujya inama n’abagabo, turangije turavuga tuti reka natwe abadamu dushyireho imbaraga zacu turebe.”

Avuga ko mu Masibo 12 yo muri uyu Mudugudu, biyemeje ko buri Sibo hazajya hasigara abagore babiri, ubundi bakajya bafatanya mu kwicungira umutekano, kandi ko kuva batangira biri gutanga umusaruro.

Ati “Bagenda bazenguruka bareba kwa runaka ko hari uwakurira igipangu cyangwa hari umuntu uri gucaracara. Iyo bamubonye baramuhagarika, bakareba aho ajya n’aho ava, barangiza bakamukurikiza ijisho kugira ngo barebe ko arenga mu Mudugudu ntacyo akoze.”

Aba bagore na bo bishimira iki cyemezo, ku buryo iri rondo barikora bumva bikorera, kuko bari abajura bari bamaze kubazengereza.

Tuyishime Anitha “Uje tutamuzi, turamuhagarika, tukamubaza ibyangombwa, tukamubaza aho ava n’aho ajya, yabitwereka tukamureka agakomeza urugendo.”

Aba bagore bavuga ko banifuza ko babona impuzankano bazajya bambara, ubundi ibitenge barikorana, bakajya babisiga mu ngo.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco, avuga ko iki gikorwa cy’aba baturage, ari urugero rwiza rwo kwishakamo ibisubizo, kandi ko bazabashyigikira.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fifteen =

Previous Post

Nubwo dusezerewe ariko ntacyahungabanya Igihugu cyacu duhari- Gen (Rtd) Kabarebe

Next Post

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.