• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

radiotv10by radiotv10
06/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 214 itishoboye y’abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80, ihene 428, ibiti bivangwa n’imyaka ibihumbi bitatu na magana atanu (3500), insina zivangwa n’ikawa ibihumbi bibiri na magana atanu (2500), bizafasha iyi miryango kwikura mu bukene no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe bikunze kubibasira muri ibi bice.

Ni igikorwa cy’Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza gifatanije n’umuryango utegamiye kuri Leta Kula Project Rwanda cyo kurema ba rwiyemezamirimo b’abahinzi ba Kawa.

Nsengiyumva Bosse Fred, ushinzwe ibikorwa muri Kula Project, ati “Imirenge ya Rwinkwavu, Kabarondo na Murama ni akarere gakunda kugaragaramo amapfa kandi igihingwa cya Kawa ni igihingwa gihangara amapfa cyane, ni yo mpamvu tuhashyira ingufu kugira ngo abahinzi babone umusaruro mu gihe ibindi bihingwa biba byapfuye. Mu kwita ku gihingwa cya Kawa, ihene zizabaha ifumbire ndetse zizororoka babone amafaranga abafasha kuvana mu bukene.”

Uwitwa Muhawenimana Jeannette wo mu Murenge wa Rwinkwavu worojwe ihene ebyiri, ati “Zizampa ifumbire nshyira muri Kawa kandi zizamfasha kuva mu bukene.”

Mugenzi we witwa Kwihanagna Sylivestre ati “Nari mfite imborera nke, ubu mbonye izi hene ifumbire iriyongera umusaruro nawo uziyongere.”

Ibi byose bigamije gukora ubuhinzi bwa Kawa bugezweho, bwongera umusaruro n’ubwiza bwayo. Aya matungo magufi bahawe azabafasha kubona ifumbire mborera ituma ubutaka burumbuka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yashimiye abafatanyabikorwa Kula Project ku ruhare bagira mu bice bitandukanye by’akarere, by’umwihariko ku bahinzi ba Kawa. Yongeyeho ko hagiye kongerwa ubuso buhingwaho Kawa kuko byagaragaye ko ari igihingwa gishobora kwera no mu bihe by’izuba.

Ati “Twari twakoze igerageza tubona ko aho twari twayihinze ku misozi imwe bikunda, kandi ni na gahunda y’igihugu yo kuzamura umusaruro wa Kawa. Ubu tuzafatanya n’abaturage ndetse n’aba bafatanyabikorwa; turimo turaganira uburyo twongera ubuso buhingwaho Kawa, cyane cyane twibanze kuri iyi misozi kugira ngo tuyibyaze umusaruro dukurikije imihindagurikire y’aha hantu.”

Ibi bikorwa byose biri gukorwa muri aka Karere ka Kayonza bizatwara amafaranga arenga miliyoni 89. Ni mu gihe uyu mushinga wa Kula Project Rwanda ukorera ibikorwa nk’ibi bishamikiye ku bahinzi ba Kawa mu turere twa Kayonza, Nyamasheke na Gakenke.

Bavuga ko aya matungo magufi azanabafasha kwiteza imbere

Umuyobozi w’Akarere yabasabye kubyaza umusaruro amahirwe bafite

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 3 =

Previous Post

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Next Post

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y'amasezerano mu bya gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.