Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA
0
Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bashenguwe no gusanga umurambo w’umukobwa ukiri muto batazi, basanze mu muhanda, aho bikekwa ko yahotowe n’abagizi ba nabi bakagerageza gusibanganya ibimenyetso kuko banahasanze irangamuntu ya nyakwigendera bayicagaguye.

Uyu murambo wabonywe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, mu Mudugudu wa Cyabitana mu Kagari ka Nkamba.

Abaturage babonye uyu murambo, babwiye RADIOTV10 ko ari uw’umukobwa ukiri muto uri hagati y’imyaka 18 na 20 y’amavuko ariko ko badasanzwe bamuzi muri aka gace.

Umwe mu bawubonye yagize ati “Twaje duhuruye dusanga umuntu aryamye mu muhanda yubamye, bamukase mu ijosi no ku zuru.”
Uyu muturage avuga ko uyu mukobwa bigaragara ko yari inzobe dore ko banasanze irangamuntu ye muri aka gace.

Mugenzi we yagize ati “Ni umukobwa w’umwana rwose uko bigaragara yari akiri inkumi, yari yubamye, yambaye ubusa, imyenda ye twayitoraguye mu ngarani.”

Aba baturage bavuga ko nyakwigendera ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi kuko bagerageje no gusibanganya ibimenyetso.

Undi ati “Imyenda ntayo yari yambaye, bamwishe bamwubika hasi, ntiwabashaga kumenya neza ariko aho bamukoreye isuku umuntu yamubonye ariko n’ubundi ntabwo twamumenye.”
Aba baturage bavuga ko aha basanze uyu murambo bikekwa ko yahiciwe, hasanzwe hateye ubwoba kuko hadatuwe, bagasaba ko hashyirirwaho uburyo bwihariye bwo kuhacungira umutekano no kuhatunganya hakagaragara.

Umwe yagize ati “Kuva na cyera babanje kujya bahahotorera, kuko dutuye haruguru tukajya twumva induru.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruramira, Bisangwa Emmanuel yavuze ko amakuru y’urupfu rw’uyu mukobwa bayamenye, agasaba abatuye muri aka gace gukaza irondo.

Yasabye abatuye muri aka gace kandi kwirinda kuhakorera ingendo mu masaha akuze, ati “Ntibatindeyo cyane ngo wenda baveyo mu gicuku kuko bigaragara ko ari ahantu habi hatari ingo cyangwa umuntu ahuye n’ikibazo adashobora kubona abahamutaraba.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Rwinkwavu kugira ngo ukorerwe isuzuma, ndetse n’inzego zishinzwe iperereza zikaba zahise ziritangira.

Yusuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + twenty =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa

Next Post

Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.