Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA
0
Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bashenguwe no gusanga umurambo w’umukobwa ukiri muto batazi, basanze mu muhanda, aho bikekwa ko yahotowe n’abagizi ba nabi bakagerageza gusibanganya ibimenyetso kuko banahasanze irangamuntu ya nyakwigendera bayicagaguye.

Uyu murambo wabonywe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, mu Mudugudu wa Cyabitana mu Kagari ka Nkamba.

Abaturage babonye uyu murambo, babwiye RADIOTV10 ko ari uw’umukobwa ukiri muto uri hagati y’imyaka 18 na 20 y’amavuko ariko ko badasanzwe bamuzi muri aka gace.

Umwe mu bawubonye yagize ati “Twaje duhuruye dusanga umuntu aryamye mu muhanda yubamye, bamukase mu ijosi no ku zuru.”
Uyu muturage avuga ko uyu mukobwa bigaragara ko yari inzobe dore ko banasanze irangamuntu ye muri aka gace.

Mugenzi we yagize ati “Ni umukobwa w’umwana rwose uko bigaragara yari akiri inkumi, yari yubamye, yambaye ubusa, imyenda ye twayitoraguye mu ngarani.”

Aba baturage bavuga ko nyakwigendera ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi kuko bagerageje no gusibanganya ibimenyetso.

Undi ati “Imyenda ntayo yari yambaye, bamwishe bamwubika hasi, ntiwabashaga kumenya neza ariko aho bamukoreye isuku umuntu yamubonye ariko n’ubundi ntabwo twamumenye.”
Aba baturage bavuga ko aha basanze uyu murambo bikekwa ko yahiciwe, hasanzwe hateye ubwoba kuko hadatuwe, bagasaba ko hashyirirwaho uburyo bwihariye bwo kuhacungira umutekano no kuhatunganya hakagaragara.

Umwe yagize ati “Kuva na cyera babanje kujya bahahotorera, kuko dutuye haruguru tukajya twumva induru.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruramira, Bisangwa Emmanuel yavuze ko amakuru y’urupfu rw’uyu mukobwa bayamenye, agasaba abatuye muri aka gace gukaza irondo.

Yasabye abatuye muri aka gace kandi kwirinda kuhakorera ingendo mu masaha akuze, ati “Ntibatindeyo cyane ngo wenda baveyo mu gicuku kuko bigaragara ko ari ahantu habi hatari ingo cyangwa umuntu ahuye n’ikibazo adashobora kubona abahamutaraba.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Rwinkwavu kugira ngo ukorerwe isuzuma, ndetse n’inzego zishinzwe iperereza zikaba zahise ziritangira.

Yusuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + six =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa

Next Post

Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.