Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ikimoteri cy’umujyi wa Kayonza giherereye mu Murenge wa Mukarange, bavuga ko giturukamo umunuko ukabije ndetse n’amasazi aza akabanduriza ibikoresho birimo n’ibyo bafatiraho amafunguro, ku buryo bafite impungenge zo kurwara indwara ziterwa n’umwanda.

Abaturiye iki kimoteri kirundwamo imyanda, giherere mu Mudugudu wa Kinunga mu Kagari ka Mburabuturo, bavuga ko iki kibazo cy’umunuko n’amasazi gikunze kubaho mu bihe by’imvura.

Umwe muri bo ati “Iyo imvura iguye hamanuka amasazi aturutse ku kimoteri n’umunuko. Ikibazo kinini ni amasazi amanuka akanduza amasahani n’inkono umuntu aba atetse.”

Aba baturage bavuga ko bafite impungenge zo kuzabikurizamo indwara ziterwa n’umwanda, kuko ayo masazi azana imyanda akura muri iki kimoteri.

Undi ati “Ikibazo ni uko umuntu ashobora kwandura indwara zaba impiswi cyangwa indwara zindi zikomoka muri izo sazi. Icyifuzo ni uko ubu haboneka umuti bwite ushobora gutsirika isazi n’imyanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, John Ntambara avuga ko iki kimoteri cyashyiriweho inyungu z’abaturage kandi ko aho cyashyizwe hari habanje gukorerwa isuzuma ko nta ngaruka byagira ku baturage, ku buryo kidashobora kuhakurwa.

Ati “Cyahashyizwe kubera impamvu kubera ko cyashyizwe ahantu hitaruye kandi gifite icyo kimariye umujyi. Ikiriho ni ukureba imicungire yacyo ku bashinzwe bagicunga ku buryo banoza.”

John Ntambara yavuze ko ubuyobozi bugiye kuganira n’abashinzwe gucunga iki kimoteri, kugira ngo harebwe niba hari ibyo batanoza, bibe byashyirwa ku murongo, kugira ngo ibi bibazo bizamurwa n’abaturage bikemuke.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Uko imikino ifungura shampiyona y’u Rwanda yagenze n’udushya yatangiranye

Next Post

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.