Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Igisubizo cyumvikanamo urucantege gihawe abubakiwe inzu bavuga ko inzara ibarembeje

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Igisubizo cyumvikanamo urucantege gihawe abubakiwe inzu bavuga ko inzara ibarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu wa Muganza mu Kagari ka Nkondo Umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bavuga ko inzara ibamereyemo nabi, kuko batagira aho guhinga bagasaba guhabwa ubutaka bwa Leta ngo babuhinge, mu gihe ubuyobozi bw’Akarere bubasaba kwirwariza kuko ibyo bakorewe bihagije.

Bamwe muri aba baturage batujwe muri uyu mudugudu wa Muganza, bakuwe mu gihugu cya Tanzania, abandi bakurwa mu buzima bubi bari babayemo hirya no hino mu Murenge wa Rwinkwavu.

Bashimira Leta y’u Rwanda kuba yarabatekereje ikabaha aho kwegeka umusaya, ariko ikibazo basigaranye n’ikinzira ibarembereje muri izi nzu, kuko badafite aho guhinga, nyamara bakaba babona hari ubutaka bupfa ubusa.

Umwe yagize ati “Niba tubona ubutaka bwa Leta budahingwa, ibisigara bya Leta kandi tugomba kuba twahinga tukabibyazamo ibidutunga, ugasanga ibisambu biri aho ngo ni ibya Leta.”

Undi muturage ati “Perezida yagize neza, ariko abana bagiye kuzagwa mu nzu bonyine tubata twigendera.”

Aba baturage bumvikana bababajwe n’abana babo, kuko ari bo babona bazagirwaho ingaruka zikomeye n’iyi mibereho, ku buryo byazatuma bagira ibibazo by’imikurire y’umubiri n’ubwonko.

Undi muturage ati “Birirwa aha ngaha bazerera mu mudugudu ndetse n’inzara yamukubita akaba yajya ku muturanyi kumwangiririza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco, asaba aba baturage kwishakamo ibisubizo kuko ari inshingano zabo nk’abandi baturage bose, ko ibyo guhabwa ubutaka bwa Leta bitashoboka.

Ati “Batujwe na Leta, ibindi na bo bafite inshingano zo gushakisha uko babasha kubaho nk’uko abandi baturage bose bigenda.”

Uyu muyobozi avuga ko ubutaka bwa Leta buvugwa n’aba baturage, bufite icyo bwateganyirijwe, bityo ko bakwiye kubukuraho amaso.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Next Post

Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.