Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Igisubizo cyumvikanamo urucantege gihawe abubakiwe inzu bavuga ko inzara ibarembeje

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Igisubizo cyumvikanamo urucantege gihawe abubakiwe inzu bavuga ko inzara ibarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu wa Muganza mu Kagari ka Nkondo Umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bavuga ko inzara ibamereyemo nabi, kuko batagira aho guhinga bagasaba guhabwa ubutaka bwa Leta ngo babuhinge, mu gihe ubuyobozi bw’Akarere bubasaba kwirwariza kuko ibyo bakorewe bihagije.

Bamwe muri aba baturage batujwe muri uyu mudugudu wa Muganza, bakuwe mu gihugu cya Tanzania, abandi bakurwa mu buzima bubi bari babayemo hirya no hino mu Murenge wa Rwinkwavu.

Bashimira Leta y’u Rwanda kuba yarabatekereje ikabaha aho kwegeka umusaya, ariko ikibazo basigaranye n’ikinzira ibarembereje muri izi nzu, kuko badafite aho guhinga, nyamara bakaba babona hari ubutaka bupfa ubusa.

Umwe yagize ati “Niba tubona ubutaka bwa Leta budahingwa, ibisigara bya Leta kandi tugomba kuba twahinga tukabibyazamo ibidutunga, ugasanga ibisambu biri aho ngo ni ibya Leta.”

Undi muturage ati “Perezida yagize neza, ariko abana bagiye kuzagwa mu nzu bonyine tubata twigendera.”

Aba baturage bumvikana bababajwe n’abana babo, kuko ari bo babona bazagirwaho ingaruka zikomeye n’iyi mibereho, ku buryo byazatuma bagira ibibazo by’imikurire y’umubiri n’ubwonko.

Undi muturage ati “Birirwa aha ngaha bazerera mu mudugudu ndetse n’inzara yamukubita akaba yajya ku muturanyi kumwangiririza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco, asaba aba baturage kwishakamo ibisubizo kuko ari inshingano zabo nk’abandi baturage bose, ko ibyo guhabwa ubutaka bwa Leta bitashoboka.

Ati “Batujwe na Leta, ibindi na bo bafite inshingano zo gushakisha uko babasha kubaho nk’uko abandi baturage bose bigenda.”

Uyu muyobozi avuga ko ubutaka bwa Leta buvugwa n’aba baturage, bufite icyo bwateganyirijwe, bityo ko bakwiye kubukuraho amaso.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − five =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Next Post

Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

Menya impinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda zinjijemo batanu barimo Amb.Nduhungirehe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.