Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro : Motel bari bayihinduye akabari basanzemo batatu banduye COVID-19

radiotv10by radiotv10
13/07/2021
in MU RWANDA
0
Kicukiro : Motel bari bayihinduye akabari basanzemo batatu banduye COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi b’akarere ka Kicukio bwatangaje ko hari abantu icyenda (9) basanzwe muri Motel iherereye mu Murenge wa Kagarama barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko bari bahahinduye akabari, nyuma basuzumwe basanga batatu muri bo barwaye COVID-19.

Aba bantu icyenda (9) bafatiwe muri Motel yitwa Peace Heart Motel mu Murenge wa Kagarama barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID19 bahahinduye akabari.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro butangaza ko bariya bantu icyenda (9) bahise basabwa gupimwa COVID-19, aho ibisubizo bibonekeye basanga batatu muri bo baranduye COVID-19.

Iriya Peace Heart Motel iherereye mu Murenge wa Kagarama, yahise ifungwa ndetse ikaba yanaciwe amande yo kuba yarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Image

Abafatiwe muri Peace Heart Motel habonetsemo abanduye COVID-19

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange yahise agenera ubutumwa abaturage aho yavuze ko abantu badakwiye kwishora mu bikorwa nk’ibi byakongeza ikwirakwira ry’iki cyorezo gikomeje gukaza umurego.

Umutesi Solange yagize ati “Hari abakomeje kwirengagiza ububi bwa Covid-19, bagakomeza kwikururira no gukururira abandi ibyago byo kuyandura ! Ibi ni ukwihombya no guhombya abandi. Twidohoka icyorezo kiracyahari.”

Mu minsi yashize kandi humvikanye abantu babiri bari bazi ko banduye COVID-19 ariko bakanga kwishyira mu kato ahubwo bagakomeza kwidegembya banduza abandi.

Muri bo harimo ukora akazi ko gutwara abagenzi mu modoka nto (Taxi Voiture) wagarutsweho cyane na Polisi y’u Rwanda aho yavuze ko uriya muntu yari abizi neza ko arwaye ariko agakomeza gutwara abagenzi ari na ko akomeza kwanduza abantu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 7 =

Previous Post

Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Next Post

U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.