Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro : Motel bari bayihinduye akabari basanzemo batatu banduye COVID-19

radiotv10by radiotv10
13/07/2021
in MU RWANDA
0
Kicukiro : Motel bari bayihinduye akabari basanzemo batatu banduye COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi b’akarere ka Kicukio bwatangaje ko hari abantu icyenda (9) basanzwe muri Motel iherereye mu Murenge wa Kagarama barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko bari bahahinduye akabari, nyuma basuzumwe basanga batatu muri bo barwaye COVID-19.

Aba bantu icyenda (9) bafatiwe muri Motel yitwa Peace Heart Motel mu Murenge wa Kagarama barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID19 bahahinduye akabari.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro butangaza ko bariya bantu icyenda (9) bahise basabwa gupimwa COVID-19, aho ibisubizo bibonekeye basanga batatu muri bo baranduye COVID-19.

Iriya Peace Heart Motel iherereye mu Murenge wa Kagarama, yahise ifungwa ndetse ikaba yanaciwe amande yo kuba yarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Image

Abafatiwe muri Peace Heart Motel habonetsemo abanduye COVID-19

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange yahise agenera ubutumwa abaturage aho yavuze ko abantu badakwiye kwishora mu bikorwa nk’ibi byakongeza ikwirakwira ry’iki cyorezo gikomeje gukaza umurego.

Umutesi Solange yagize ati “Hari abakomeje kwirengagiza ububi bwa Covid-19, bagakomeza kwikururira no gukururira abandi ibyago byo kuyandura ! Ibi ni ukwihombya no guhombya abandi. Twidohoka icyorezo kiracyahari.”

Mu minsi yashize kandi humvikanye abantu babiri bari bazi ko banduye COVID-19 ariko bakanga kwishyira mu kato ahubwo bagakomeza kwidegembya banduza abandi.

Muri bo harimo ukora akazi ko gutwara abagenzi mu modoka nto (Taxi Voiture) wagarutsweho cyane na Polisi y’u Rwanda aho yavuze ko uriya muntu yari abizi neza ko arwaye ariko agakomeza gutwara abagenzi ari na ko akomeza kwanduza abantu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eleven =

Previous Post

Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Next Post

U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.