Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Uwimana Marceline arataka akarengane mu rubanza rumaze imyaka 21

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Uwimana Marceline arataka akarengane mu rubanza rumaze imyaka 21
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage Uwimana MArceline wo mu karere ka Kicukiro aravuga ko amaze imyaka 21 yaratsinze urubanza numero RC35656/01 nyamara ngo  yimwe irangiza rubanza n’ukurukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge. Ahubwo ngo bakamusaba  gusubirishamo urubanza kuri we abifata nk’akarengane kuko imitungo yatsindiye irimo kuribwa n’abandi.

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwabwiye Radio Tv10 ko dosiye zabuze ubwo urukiko rwimukagaga ariko ngo icyi cyumweru bagiye gukora ibishoboka byose bayishake nibura aragirwa inama yo gutanga ikirego bushya.

Uwimana Marceline avuga ko akiri umwana yarezwe na nyirakuru ariko ngo se wabo aza gutwara inzu yubatse mu isambu y’ababyeyi be. Nyirakuru yaje kuyiregera muri 2001 aratsinda ariko ntiyahita ahabwa irangiza rubanza  kuko urukiko rwamubwiye ko bazayimuha aruko umwana arera yagize imyaka 18 y’ubukure. Amaze kuzuza aimyaka 18, Uwimana yagannye urukiko gusaba irangiza rubanza arayimwa. Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugegenge rumubwirako impapuro zabuze ubwo bimukaga ariko barusaba kwandika ibaruwa isaba irangiza rubanza, hari muri 2007.

Uwimana nyuma yo kwandika yasabwe kwihangana kuko ngo urukiko rugishakisha iyo kopi ariko araheba yabandikiye inshuro zirenga eshatu zose ariko bamusubiza ko akwiye kwihangana agategereza kuko iyo kopi igishakishwa. Ubwa nyuma ajyayo peresida w’urukiko yamusabye kujya kongera gutanga ikirego ibintu bitashimishije Uwimana uko ngo abifata nk’akarengane.

“Bamutegetse ko ninuzuza imyaka 18 nzagenda bakampa irangiza rubanza ntibayimuha, nanjye kuko nari nujuje imyaka 18 nagiyeyo bambwira ko nta kopi ihari”

Abaturanyi be nabo bavuga ko urubanza rwabo rwatangiye kera na nyirakuru akarutsinda.

Umwe muri aba baturanyi waganiriye na Radio&TV10 yagize ati “Noneho ya myaka (18) ayigejeje yagiye kwaka irangizarubanza. Nkatwe duturannye nabo, tubona uyu mwana yararenganye kandi ibintu biri kuribwa n’abandi, banabishyize mu bucuruzi kuko uwabiguze bwa mbere siwe ukibifite. Ubwo rero nk’abaturanyi twifuza ko yarenganurwa”

Uwimana arasaba uwari wese ufite ubushobozi bwo kumurenganura kumufasha kuko abona neza ko yarenganyijwe ku buryo ngo se wabo yaje kugurisha  wa mutungo ukaba uri mu maboko y’abandi bantu.

Umwanditsi  mukuru w’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge Théoneste Maniraho. Yabwiye  Radio&Tv10 ko dosiye zabuze ubwo urukiko rwimukagaga ariko ko  iki cyumweru bagiye gukora ibishoboka byose bayishake  ariko akagirwa inama inama yo gutanga ikirego bundi bushya.

“ Nabwiye abantu batatu bazamfasha gushakisha iyo dosiye hanyuma nibura nzabishyikiriza perezida w’urukiko kuko ni nawe yandikiye kandi ni nawe urukiko ruba rureba. Perezida niwe ugomba gufata icyemezo y’icyo twakora. Ninyishaka nkayibura, nzavugana na perezida noneho duhamagare uwo mugore cyangwa tumwandikire.

Urubanza rwaciye cyera nta kindi kibazo kirimo ahubwo n’uko uko urukiko rwagiye rwimukira mu nzu nyinshi hari impapuro zagiye zibura, niyo rero bishobora kuba yaraburiye muri izo ariko kuvuga ngo yavuyemo yonyine irabura ntabwo bishoboka.” Maniraho

Ubusazwe itegeko ritegenya ko mu minsi irindwi ababuranyi bagomba  kuba babonye irangiza rubanza.  Gusa kuri Uwimana Marceline ntibyubahirijwe kandi nyirakuru wamuburaniye yari yarishyuye  kugira ngo ahabwe kopi y’urubanza nk’uko inyemezabwishyu ibigaragaza.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Congo Brazza: Ubushinwa bugiye kubafasha kugabanya amadeni bafite akabije

Next Post

Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

Related Posts

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR waniyamamaje mu Matora y'Umukuru w'Igihugu aheruka n'ayayabanjirije,...

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

by radiotv10
14/10/2025
0

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119...

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

by radiotv10
14/10/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro iki Gihugu cyagiranye na DRC, hakenewe...

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

by radiotv10
14/10/2025
0

Abahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Huye, bahinga mu gishanga cya Nyagisenyi, bavuga ko  bafite ikibazo cyo kugura imbuto y’ibigori...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko
AMAHANGA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

by radiotv10
14/10/2025
0

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

14/10/2025
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

14/10/2025
BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

14/10/2025
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

14/10/2025
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.