Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Uwimana Marceline arataka akarengane mu rubanza rumaze imyaka 21

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Uwimana Marceline arataka akarengane mu rubanza rumaze imyaka 21
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage Uwimana MArceline wo mu karere ka Kicukiro aravuga ko amaze imyaka 21 yaratsinze urubanza numero RC35656/01 nyamara ngo  yimwe irangiza rubanza n’ukurukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge. Ahubwo ngo bakamusaba  gusubirishamo urubanza kuri we abifata nk’akarengane kuko imitungo yatsindiye irimo kuribwa n’abandi.

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwabwiye Radio Tv10 ko dosiye zabuze ubwo urukiko rwimukagaga ariko ngo icyi cyumweru bagiye gukora ibishoboka byose bayishake nibura aragirwa inama yo gutanga ikirego bushya.

Uwimana Marceline avuga ko akiri umwana yarezwe na nyirakuru ariko ngo se wabo aza gutwara inzu yubatse mu isambu y’ababyeyi be. Nyirakuru yaje kuyiregera muri 2001 aratsinda ariko ntiyahita ahabwa irangiza rubanza  kuko urukiko rwamubwiye ko bazayimuha aruko umwana arera yagize imyaka 18 y’ubukure. Amaze kuzuza aimyaka 18, Uwimana yagannye urukiko gusaba irangiza rubanza arayimwa. Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugegenge rumubwirako impapuro zabuze ubwo bimukaga ariko barusaba kwandika ibaruwa isaba irangiza rubanza, hari muri 2007.

Uwimana nyuma yo kwandika yasabwe kwihangana kuko ngo urukiko rugishakisha iyo kopi ariko araheba yabandikiye inshuro zirenga eshatu zose ariko bamusubiza ko akwiye kwihangana agategereza kuko iyo kopi igishakishwa. Ubwa nyuma ajyayo peresida w’urukiko yamusabye kujya kongera gutanga ikirego ibintu bitashimishije Uwimana uko ngo abifata nk’akarengane.

“Bamutegetse ko ninuzuza imyaka 18 nzagenda bakampa irangiza rubanza ntibayimuha, nanjye kuko nari nujuje imyaka 18 nagiyeyo bambwira ko nta kopi ihari”

Abaturanyi be nabo bavuga ko urubanza rwabo rwatangiye kera na nyirakuru akarutsinda.

Umwe muri aba baturanyi waganiriye na Radio&TV10 yagize ati “Noneho ya myaka (18) ayigejeje yagiye kwaka irangizarubanza. Nkatwe duturannye nabo, tubona uyu mwana yararenganye kandi ibintu biri kuribwa n’abandi, banabishyize mu bucuruzi kuko uwabiguze bwa mbere siwe ukibifite. Ubwo rero nk’abaturanyi twifuza ko yarenganurwa”

Uwimana arasaba uwari wese ufite ubushobozi bwo kumurenganura kumufasha kuko abona neza ko yarenganyijwe ku buryo ngo se wabo yaje kugurisha  wa mutungo ukaba uri mu maboko y’abandi bantu.

Umwanditsi  mukuru w’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge Théoneste Maniraho. Yabwiye  Radio&Tv10 ko dosiye zabuze ubwo urukiko rwimukagaga ariko ko  iki cyumweru bagiye gukora ibishoboka byose bayishake  ariko akagirwa inama inama yo gutanga ikirego bundi bushya.

“ Nabwiye abantu batatu bazamfasha gushakisha iyo dosiye hanyuma nibura nzabishyikiriza perezida w’urukiko kuko ni nawe yandikiye kandi ni nawe urukiko ruba rureba. Perezida niwe ugomba gufata icyemezo y’icyo twakora. Ninyishaka nkayibura, nzavugana na perezida noneho duhamagare uwo mugore cyangwa tumwandikire.

Urubanza rwaciye cyera nta kindi kibazo kirimo ahubwo n’uko uko urukiko rwagiye rwimukira mu nzu nyinshi hari impapuro zagiye zibura, niyo rero bishobora kuba yaraburiye muri izo ariko kuvuga ngo yavuyemo yonyine irabura ntabwo bishoboka.” Maniraho

Ubusazwe itegeko ritegenya ko mu minsi irindwi ababuranyi bagomba  kuba babonye irangiza rubanza.  Gusa kuri Uwimana Marceline ntibyubahirijwe kandi nyirakuru wamuburaniye yari yarishyuye  kugira ngo ahabwe kopi y’urubanza nk’uko inyemezabwishyu ibigaragaza.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

Congo Brazza: Ubushinwa bugiye kubafasha kugabanya amadeni bafite akabije

Next Post

Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Before boarding his flight after completing his duties as the French Ambassador to Rwanda, Antoine Anfré said he wished to...

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

by radiotv10
14/08/2025
0

From a very young age, girls hear a subtle yet persistent message: be a “good girl.” But what does be...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.