Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Abaturage bakomeje kwibaza irengero ry’ibyiciro bishya by’ubudehe

radiotv10by radiotv10
21/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Abaturage bakomeje kwibaza irengero ry’ibyiciro bishya by’ubudehe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi umunani arenga ku gihe leta yari yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyiciro by’ubudehe bishya, hari abaturage bavuga ko babangamiwe n’uko bakigendera ku byiciro bya cyera. Ibi ngo bituma bahabwa serivisi zimwe hashingiwe kuri ibi byiciro kandi biteganyijwe ko izi serivisi zitandukanwa n’ibyiciro bishya. Icyakora minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yirinze gutanga umucyo kuri iki kibazo cy’abaturage.

Mu kwezi nk’uku k’umwaka wa 2020, ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Inzego z’ibanze gishamikiye kuri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, cyari cyemeje ko ibyiciro bitanu bishya by’ubudehe byagomba gutangira gukoreshwa mukwezi kwa  Gashyantare 2021.

Icyatumye abatari bake babitegerezanya amatsiko, ni uko guverinoma y’u Rwanda yari yemeje ko imikorere ya byo igomba gutandukanywa na serivisi rusange zihabwa abaturage.

Icyakora amezi 8 arirenze, nta kanunu ka byo. Abaturage bavuga ko ibiciro biriho uyu munsi bikomeje kubagiraho ingaruka.

“Baratubaruye, batubwira ko ibyiciro bishya biri hafi. Ariko twarategereje turaheba. Iyo ubajije barakubwira ngo tegereza biri hafi. Ubu turacyagendera ku byiciro bya kera. Ibyo bituma inkunga z’abafite ubumuga tutazibona twese. Ubwishyu bw’umutekano n’isuku na byo bigendera kuri ibyo byiciro. Nibadufashe bashake uburyo byatandukanywa.”

Musanze: Banyuzwe n'uburyo bubashyira mu byiciro bishya by'ubudehe - Kigali  Today

Abaturage hirya no hino mu mujyi wa Kigali bateregereje kumenye ibyiciro bishya bashyizwemo

Kuri iyi ngingo, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yirinze gutanga ibisobanuro ku iherezo ry’ibi byiciro by’ubudehe bishya.

Mu gisubizo gito cyane, Mme Nyirarukundi Ignacienne, umunyamabanga muri iyi minisiteri ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yagize ati.

“Ntampungenge bafite. Ariko bashaka ibisobanuro, reka nguhe ugufasha.”

Nyuma iki gisubizo gishobora gufatwa nk’ikibumbatiye ubushake bwo gusobanura rubanda impamvu ibi byiciro by’ubudehe bikiri mumpapuro zirunze mutubati, twongeye gusaba uyu muyobozi ko aduha uwo muntu ufite ibisobanuro byimbitse, atwemerera ko agiye kuduhamagara. Ariko siko byagenze. Icyakora abaturage barasaba ko iri sezerano rya leta y’u Rwanda ryashyirwa mubikorwa, bakaruhuka umuzigo w’ibyici bviriho uyu munsi.

Inkuru ya David Nzabonimpa/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

10 SPORTS: Claudio Ranieri na Stefano Pioli baravutse… Tamara Press yakoze agashya mu mikino Olempike..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Ntuzacikwe n’amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntuzacikwe n’amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Ntuzacikwe n'amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.