Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Akandi Gakiriro kafashwe n’inkongi idasanzwe

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Akandi Gakiriro kafashwe n’inkongi idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ukwezi kumwe habaye inkongi y’umuriro mu Gakiriro ka Gisozi mu Karere ka Gasabo, akandi ko mu Murenge wa Ndera muri aka Karere ka Gasabo, na ko kafashwe n’inkongi, yadutse mu rukerera.

Aka Gakiriro kafashwe n’inkongi, gaherereye ahazwi nko muri Zindiro mu Murenge wa Ndera, ahagana saa cyenda z’ijoro rya none ku wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023.

Uyu muriro wari ufite imbaraga, watangiye kugaragara muri aka gakiriro, ubwo abantu bari bakiryamye, bamwe bakabyuka bajya kureba ibibaye, bagasanga ari Agakiriro kari gushya.

Abasanzwe barara izamu muri aka Gakiriro, ni bo bahise bajya gutabaza, ari na bwo abantu bihutiraga kuhagera, ariko bagasanga umuriro wamaze gukwira hose kandi ufite imbaraga nyinshi.

Uyu muriro wafashe by’umwihariko ibice bisanzwe bikorerwamo ububaji, byari birimo imashini zibaza ndetse n’ibikoresho birimo imbaho.

Umwe mu bari bafite inzu muri aka Gakiriro, yavuze ko ibikoresho byose byarimo byahiriyemo bigakongoka. Ati “Nta kintu twaramuye twari dusanzwe dufite inzu ibaza hano ariko byose byahiye.”

Iyi nkongi yibasiye aka Gakiriro, ibaye iya gatatu ibayeho muri uyu mwaka ukiri hagati mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yibasira Udukiriro, by’umwihariko aka Gisozi kakunze kwibarirwa cyane.

Tariki 23 Gicurasi 2023, inkongi y’umuriro nabwo yibasiye igice gikorerwamo ububaji, ibikoresho byari birimo byose birashya birakongoka, mu gihe muri Gashyantare uyu mwaka, na bwo muri aka Gakiriro, hari hadutse inkongi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Next Post

RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.