Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Akandi Gakiriro kafashwe n’inkongi idasanzwe

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Akandi Gakiriro kafashwe n’inkongi idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ukwezi kumwe habaye inkongi y’umuriro mu Gakiriro ka Gisozi mu Karere ka Gasabo, akandi ko mu Murenge wa Ndera muri aka Karere ka Gasabo, na ko kafashwe n’inkongi, yadutse mu rukerera.

Aka Gakiriro kafashwe n’inkongi, gaherereye ahazwi nko muri Zindiro mu Murenge wa Ndera, ahagana saa cyenda z’ijoro rya none ku wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023.

Uyu muriro wari ufite imbaraga, watangiye kugaragara muri aka gakiriro, ubwo abantu bari bakiryamye, bamwe bakabyuka bajya kureba ibibaye, bagasanga ari Agakiriro kari gushya.

Abasanzwe barara izamu muri aka Gakiriro, ni bo bahise bajya gutabaza, ari na bwo abantu bihutiraga kuhagera, ariko bagasanga umuriro wamaze gukwira hose kandi ufite imbaraga nyinshi.

Uyu muriro wafashe by’umwihariko ibice bisanzwe bikorerwamo ububaji, byari birimo imashini zibaza ndetse n’ibikoresho birimo imbaho.

Umwe mu bari bafite inzu muri aka Gakiriro, yavuze ko ibikoresho byose byarimo byahiriyemo bigakongoka. Ati “Nta kintu twaramuye twari dusanzwe dufite inzu ibaza hano ariko byose byahiye.”

Iyi nkongi yibasiye aka Gakiriro, ibaye iya gatatu ibayeho muri uyu mwaka ukiri hagati mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yibasira Udukiriro, by’umwihariko aka Gisozi kakunze kwibarirwa cyane.

Tariki 23 Gicurasi 2023, inkongi y’umuriro nabwo yibasiye igice gikorerwamo ububaji, ibikoresho byari birimo byose birashya birakongoka, mu gihe muri Gashyantare uyu mwaka, na bwo muri aka Gakiriro, hari hadutse inkongi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Next Post

RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

Related Posts

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare
AMAHANGA

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.