Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya

radiotv10by radiotv10
20/07/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe uturere tw’umujyi wa Kigali turi muri gahunda ya Guma Mu rugo hari abaturage bafite imirimo yahagaze batangiye guhabwa ibiryo. Ubuyobozi bwavuze ko abazagaragaza ko batashyizwe ku ntonde zakozwe batazacikanwa ahubwo nabo bazandikwa bakagezwaho aya mafunguro.

Alphonsine Murebwayire utuye mu mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Karuruma umurenge wa Gatsata avuga ko we iyi gahunda yamugezeho.

Abayobozi bo mu mudugu bamuzaniye ibyo kurya birimo; umuceri, akawunga n’ibishyimbo kuko ubu akazi yakoraga kahagaze ntiyarakibasha kubona ibimutunga we n’umuryango we w’abana batatu.

Mu magambo ye yagize ati”Nsanzwe nkora mu nganda Gikondo none akazi karahagaze ibi bampaye ndabyifashisha muri iyiminsi ndebe ko nasunika iminsi kandi ndashima abatekereje kubiduha.

Uyu mudugudu ufite abaturage 256 muri bo abagomba guhabwa ibiryo bagera ku 130.

Rutayisire Jean uwuyobora avuga ko babahisemo bashingiye ku bahagaritse akazi bitewe n’icyorezo cya COVID-19

Ese abatazisanga kuri izi lisiti kandi badafite ibyo kurya bizagenda bite?

Munyaneza Aimable uyobora Gatsata avuga ko bazashyirwa ku migereka nabo bagahabwa ibiryo kuko ntawuzicwa n’inzara

“Aba turimo guha bashyizwe ku rutonde kuko imirimo bakoraga yahagaze ariko abandi tuzamenya ko batariho kandi bakeneye gufashwa tuzabikora, bazatumenyesha nabo babihabwe, nta muturage wacu uzicwa n’inzara” Rutayisire

Muri iyi gahunda ya Guma mu rugo ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya. Gusa ababihabwa basaba ko bitahita birangira ngo bahabwe rimwe gusa ahubwo byakomeza kuko ngo ibirimo gutangwa bishobora kutabamaza iminsi 10.

Inkuru ya: Juventine Muragijemariya/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 18 =

Previous Post

TOKYO 2020: Abakinnyi batandatu ba Pologne basubijwe iwabo nyuma yo kwibeshya bakohereza abakinnyi benshi mu Buyapani

Next Post

Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.