• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya

radiotv10by radiotv10
20/07/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe uturere tw’umujyi wa Kigali turi muri gahunda ya Guma Mu rugo hari abaturage bafite imirimo yahagaze batangiye guhabwa ibiryo. Ubuyobozi bwavuze ko abazagaragaza ko batashyizwe ku ntonde zakozwe batazacikanwa ahubwo nabo bazandikwa bakagezwaho aya mafunguro.

Alphonsine Murebwayire utuye mu mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Karuruma umurenge wa Gatsata avuga ko we iyi gahunda yamugezeho.

Abayobozi bo mu mudugu bamuzaniye ibyo kurya birimo; umuceri, akawunga n’ibishyimbo kuko ubu akazi yakoraga kahagaze ntiyarakibasha kubona ibimutunga we n’umuryango we w’abana batatu.

Mu magambo ye yagize ati”Nsanzwe nkora mu nganda Gikondo none akazi karahagaze ibi bampaye ndabyifashisha muri iyiminsi ndebe ko nasunika iminsi kandi ndashima abatekereje kubiduha.

Uyu mudugudu ufite abaturage 256 muri bo abagomba guhabwa ibiryo bagera ku 130.

Rutayisire Jean uwuyobora avuga ko babahisemo bashingiye ku bahagaritse akazi bitewe n’icyorezo cya COVID-19

Ese abatazisanga kuri izi lisiti kandi badafite ibyo kurya bizagenda bite?

Munyaneza Aimable uyobora Gatsata avuga ko bazashyirwa ku migereka nabo bagahabwa ibiryo kuko ntawuzicwa n’inzara

“Aba turimo guha bashyizwe ku rutonde kuko imirimo bakoraga yahagaze ariko abandi tuzamenya ko batariho kandi bakeneye gufashwa tuzabikora, bazatumenyesha nabo babihabwe, nta muturage wacu uzicwa n’inzara” Rutayisire

Muri iyi gahunda ya Guma mu rugo ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya. Gusa ababihabwa basaba ko bitahita birangira ngo bahabwe rimwe gusa ahubwo byakomeza kuko ngo ibirimo gutangwa bishobora kutabamaza iminsi 10.

Inkuru ya: Juventine Muragijemariya/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + thirteen =

Previous Post

TOKYO 2020: Abakinnyi batandatu ba Pologne basubijwe iwabo nyuma yo kwibeshya bakohereza abakinnyi benshi mu Buyapani

Next Post

Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.