Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwakekwagaho kwica umucuruzi yakoreraga wo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yagerageje gutoroka Abapolisi yari agiye kwereka icyo yakoresheje muri ubu bugizi bwa nabi, bahita bamurasa.

Uyu mugabo witwa Ndungutse Wellars yari yatawe muri yombi akekwaho kwivugana Nsekanabo Valens wari umucuruzi mu Mudugudu wa Binunga muri aka Kagari ka Murama, witabye Imana tariki 17 Kanama 2022.

Mu mpera z’icyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2022, Polisi y’u Rwanda yari ijyanye uyu Ndungutse ahakorewe iki cyaha mu gikorwa cy’iperereza, agerageza gutoroka, Abapolisi bahita bamurasa, ahasiga ubuzima.

Aya makuru kandi yemejwe na Uwamahoro Liliane uyobora Akagari ka Murama, wabwiye BTN ko uyu wakekwagaho kwica nyakwigendera yari aje kwereka Polisi y’u Rwanda bimwe mu bikoresho yifashishije mu kumwivugana ndetse n’uburyo yabikoze.

Uwamahoro Liliane avuga ko uyu Ndungutse Wellars ubwo yari ageze mu gasantere kazwi nka Ntama ahakorewe iki cyaha, ari bwo yashatse gutoroka inzego.

Yagize ati “Uwo Ndungutse rero yazanye n’Abapolisi ageze hariya ashaka kwiruka ashaka gutoroka, baramurasa.”

Uyu Ndungutse wakekwagaho kwica Valens, yari yaje gukorera uyu yivuganye aturutse mu Murenge wa Kibagabaga mu Karere ka Gasabo, akaba yari amaze icyumweru kimwe akorera uwo yakekwagaho kwica.

Nsekanabo Valens wasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’uyu Ndungutse, yari asanzwe ari umucuruzi muri kariya gasantere ka Ntama aho bamusanze yapfiriye mu nzu yakoreragamo ubucuruzi bwe.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Binunga, Nsabimana Sylvere yari yatangaje ko abishe uyu nyakwigendera bashobora kuba baramukubise ikintu mu mutwe kuko bamusanganye amaraso ku gice cy’umutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 6 =

Previous Post

Musanze: Umugore uvugwaho imyitwarire idahwitse basanze iwe hapfiriye umuntu

Next Post

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y'u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.