Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

radiotv10by radiotv10
02/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abirukanywe muri Tanzania muri 2013 batujwe i Rubimba mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, baravuga ko inzu batujwemo zigiye kubagwaho kandi bakaba badafite ubushobozi bwo kuzisanira.

Aba baturage bavuga ko kandi ko nubwo batujwe batigeze bahabwa ibyangombwa by’aho batujwe, ku buryo baramutse banabifite babasha kwaka inguzanyo muri za Banki, bakabasha kwisanira izi nzu bubakiwe.

Habumugisha Yosiya yagize ati “Turagira icyo dusaba bakatubwira ngo nta serivisi mugomba kubona kubera ko nta byangombwa by’ubutaka dufite. Turamutse tubonye icyangombwa cy’ubutaka no kwiteza imbere twabishobora kandi twashobora no kujya hariya kuri SACCO tukiguriza amafaranga.”

Ndereyimana Marceline na we ati “Icyo cyangombwa tukibonye natwe twamenya ko iyi nzu ari iyacu. Twamenya n’iyo sambu ko ari iyacu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira yizeza aba baturage ko iki kibazo cyabo kigiye kwigwaho kandi ko batazatinda kubona igisubizo kibanogeye.

Yagize ati “Twatangiye uburyo bwo kugira ngo babone ibyangombwa no kubona umuriro, ndumva ibyo ari byo byose mu gihe kitarenze muri uku kwezi bizaba byose byakemutse kuko hari uburyo bikorwamo ngo babone ibyangombwa, hari amabwiriza tugenderaho tureba imyaka bamazemo n’uko twabasabira ngo babone ibyangombwa twarabitangiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira yizeza aba baturage ko mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri biri imbere, iki kibazo cyabo kizaba cyakemutse.

Mu gitabo cy’amabwiriza agenga uburyo bwo gutuza abantu batujwe na Leta cyo mu mwaka wa 2017, umutwe wa kabiri, ingingo ya kabiri havugwamo ko umuntu wese watujwe muri ubu buryo ahabwa uburenganzira bwo kwandikwaho umutungo mu gihe cy’imyaka itanu uhereye igihe yasinyiye amasezerano yo gutuzwa.

Nanone kandi iyo yagaragaje imikorere myiza imuvana mu bukene, inzu yatujwemo aba ashobora kuyegurirwa mbere y’iyo myaka itanu iteganywa n’aya mabwiriza.

Inzu z’aba baturage zarashaje cyane
Bavuga ko bahangayitse

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 15 =

Previous Post

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Next Post

Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

by radiotv10
08/07/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyafatiwe Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uruhande rw’uregwa, rwagaragaje ibimenyetso buheraho...

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier Nduhungirehe mentioned that even though Rwanda has a hope on the...

IZIHERUKA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR
AMAHANGA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

08/07/2025
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.