Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

radiotv10by radiotv10
30/08/2021
in MU RWANDA
0
KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murenge wa Kigina ho mu karere ka Kirehe hari abaturage basaba inzego z’ubutabera kurenganura umuturanyi wabo kuri ubu ufungiye muri gereza nkuru ya Rwamagana azira ko yasuzuguye ibyemezo by’urukiko mu rubanza yatsinzwe ariko bo bakavuga ko atigeze aburana.

Umusaza witwa Habyaramungu Celestin utuye mu  murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe niwe abaturanyi be batabariza kugirango ahabwe ubutabera buciye mu mucyo.

Uyu bavuga ko yibonye ngo yararezwe n’abishwa be bavuga ko yabambuye isambu basigiwe na nyina nyuma akaza kumenyeshwa koyatsinzwe urubanza bo bemeza ko atigeze aburana ahubwo ngo babonye azanirwa impapuro zirangiza urubanza basaba Habyaramungu kuva aho atuye kuko ngo yahatsindiwe,ibi byaje kumuviramo gufungwa ashinjwa kuba yarasuzuguye ibyemezo by’urukiko.

Aba baturage barasaba ko inkiko zasubiramo urubanza bagahabwa umwanya bakagaragaza ukuri.

Haragirimana Gervin, ni umuyobozi w’umuduguduwa Rubare ari nawo uyu Habyaramungu asanzwe atuyemo yagize ati”jyewe mu gihe cy’isaranganya nari ntuye hano bivuga ngo mfite amakuru ahagaije kuri iki kibazo ariko twatunguwe n’uko uyu musaza afinzwe bavuga ko yasuzuguye urukiko kandi tutarabonye aburana rero turifuza ko urukiko rwamanuka tukaruha amakuru uyu musaza akarekurwa kuko n’igitabo basaranganiyemo kirimo amanimero ndagifite kandi iki nicyo cyari kumara impaka urukiko”

Undi muturanyi wabo nawe yunzemo ati”uyu byabaye nko kumufatirana ese urukiko iyo ruburanya ntirugendera ku bimenyetso?ubuse twe twibaza rwabajije bande ese muzehe we ko atahawe umwanya rwaburanishije ruvuga ko rwamubuze turasaba ko urubanza rwasubizwa mu mizi kuko aka ni akarengane”

Ese ubusanzwe iyo bigaragaye ko umuntu yahamijwe icyaha n’inkiko akanabihanirwa nyuma hakagaragara ibimenyetso bishya bimushinjura bigenda bite kugirango ahabwe ubutabera?

RadioTV10 yavuganye na Mupenzi Narsice umukozi muri Minisiteri y’ubutabera ukora muri serivisi zo guha abaturage ubutabera.

Yagize ati “amategeko ateganya ko iyo umuntu ahamijwe icyaha n’inkiko agakatirwa nyuma akaza kubona ibimenyetso bishya bimushinjura icyo gihe asubira mu rukiko akajuririra ingingo nshya ibyo akabikora mu gihe kitarenze amezi abiri abarwa uhereye ku munsi yaboneyeho icyo kimenyetso icyo gihe urukiko rutegeka ko urubanza rusubirwamo.”

Yakomeje agira ati”icyakora ibyo bifite umwihariko ku bantu bahamijwe ibyaha byo kwica muri genocide yakorewe Abatutsi kuko urukiko rubyemera iyo uwifuza kujuririra ingingo nshya agaragaza ko umuntu yashinjwaga mu rubanza rwambere akiriko ari muzima.”

Nk’uko bigaragazwa n’impapuro RadioTV10 ifitiye kopi uyu Habyaramungu Celestin yakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Kirehe ingifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 byose bituruka ku kuba ngo yarasuzuguye imyanzuro y’urukiko.

Inkuru ya: Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Muhanga: Bahawe Telephone babwirwa ko ari inkunga none barasabwa kwishyura akayabo

Next Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.