Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

radiotv10by radiotv10
30/08/2021
in MU RWANDA
0
KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murenge wa Kigina ho mu karere ka Kirehe hari abaturage basaba inzego z’ubutabera kurenganura umuturanyi wabo kuri ubu ufungiye muri gereza nkuru ya Rwamagana azira ko yasuzuguye ibyemezo by’urukiko mu rubanza yatsinzwe ariko bo bakavuga ko atigeze aburana.

Umusaza witwa Habyaramungu Celestin utuye mu  murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe niwe abaturanyi be batabariza kugirango ahabwe ubutabera buciye mu mucyo.

Uyu bavuga ko yibonye ngo yararezwe n’abishwa be bavuga ko yabambuye isambu basigiwe na nyina nyuma akaza kumenyeshwa koyatsinzwe urubanza bo bemeza ko atigeze aburana ahubwo ngo babonye azanirwa impapuro zirangiza urubanza basaba Habyaramungu kuva aho atuye kuko ngo yahatsindiwe,ibi byaje kumuviramo gufungwa ashinjwa kuba yarasuzuguye ibyemezo by’urukiko.

Aba baturage barasaba ko inkiko zasubiramo urubanza bagahabwa umwanya bakagaragaza ukuri.

Haragirimana Gervin, ni umuyobozi w’umuduguduwa Rubare ari nawo uyu Habyaramungu asanzwe atuyemo yagize ati”jyewe mu gihe cy’isaranganya nari ntuye hano bivuga ngo mfite amakuru ahagaije kuri iki kibazo ariko twatunguwe n’uko uyu musaza afinzwe bavuga ko yasuzuguye urukiko kandi tutarabonye aburana rero turifuza ko urukiko rwamanuka tukaruha amakuru uyu musaza akarekurwa kuko n’igitabo basaranganiyemo kirimo amanimero ndagifite kandi iki nicyo cyari kumara impaka urukiko”

Undi muturanyi wabo nawe yunzemo ati”uyu byabaye nko kumufatirana ese urukiko iyo ruburanya ntirugendera ku bimenyetso?ubuse twe twibaza rwabajije bande ese muzehe we ko atahawe umwanya rwaburanishije ruvuga ko rwamubuze turasaba ko urubanza rwasubizwa mu mizi kuko aka ni akarengane”

Ese ubusanzwe iyo bigaragaye ko umuntu yahamijwe icyaha n’inkiko akanabihanirwa nyuma hakagaragara ibimenyetso bishya bimushinjura bigenda bite kugirango ahabwe ubutabera?

RadioTV10 yavuganye na Mupenzi Narsice umukozi muri Minisiteri y’ubutabera ukora muri serivisi zo guha abaturage ubutabera.

Yagize ati “amategeko ateganya ko iyo umuntu ahamijwe icyaha n’inkiko agakatirwa nyuma akaza kubona ibimenyetso bishya bimushinjura icyo gihe asubira mu rukiko akajuririra ingingo nshya ibyo akabikora mu gihe kitarenze amezi abiri abarwa uhereye ku munsi yaboneyeho icyo kimenyetso icyo gihe urukiko rutegeka ko urubanza rusubirwamo.”

Yakomeje agira ati”icyakora ibyo bifite umwihariko ku bantu bahamijwe ibyaha byo kwica muri genocide yakorewe Abatutsi kuko urukiko rubyemera iyo uwifuza kujuririra ingingo nshya agaragaza ko umuntu yashinjwaga mu rubanza rwambere akiriko ari muzima.”

Nk’uko bigaragazwa n’impapuro RadioTV10 ifitiye kopi uyu Habyaramungu Celestin yakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Kirehe ingifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 byose bituruka ku kuba ngo yarasuzuguye imyanzuro y’urukiko.

Inkuru ya: Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Muhanga: Bahawe Telephone babwirwa ko ari inkunga none barasabwa kwishyura akayabo

Next Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.