Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, baravuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, abatukira mu ruhame, ndetse ko ajya acyocyorana na bo ku buryo hari uwo bari bafatanye mu mashati, bakabakiza.

Aba baturage bavuga ko iyo bari mu Nteko z’Abaturage, uyu muyobozi wabo akoresha imvugo zitaboneye zituma bamwe muri bo bamubonamo ishusho itari nziza.

Uwitwa Kayitana avuga ko yigeze kugirana amakimbirane n’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, bapfa amafaranga igihumbi (1 000 Frw) yamusabaga nk’umusanzu w’inyubako.

Uyu muturage avuga ko yari amaze guhabwa ibihumbi icyenda mu itsinda, ashaka guhita ayishyura mu bwisungane mu kwivuza, ariko Gitifu akamubwira ko agomba gukuramo 1 000 Frw.

Ati “Ndavuga nti ‘ese ndajya gufasha abandi bantu nanjye ubwanjye ntarifasha ntaratanga mituweli?’ ndavuga nti ‘reka mbanze ntange mituweli nyuma nzabone mfashe abandi’.”

Uyu muturage avuga ko icyo gihe yatonganye n’uyu muyobozi. Ati “Twari tugiye kurwana, haba abantu baradukiza.”

Abaturage bavuga ko ubwo ubu bushyamirane bwabaga, bwazamuwe n’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, wagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi, agahaguruka ajya gufata mu mashati uwo muturage bashyamiranye.

Umwe ati “Byari bigayitse, twabibonye nk’ibintu bigayitse, umuyobozi ntaba akwiye kurwana n’umuturage, ahubwo yamwigisha.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabikokora, Rugambwa Faustin ahakana iyi myitwarire idahwitse avugwaho n’abaturage.

Ati “Iyo nza kurwana n’umuturage, amabwiriza arakurikizwa, mba naragiriwe inama, yari kwiyambaza inzego z’Ubugenzacyaha, inzego z’umutekano izisumbuye kuri njye kugira ngo atabarwe.”

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirehe, Nyamutera Emmanuel yabwiye RADIOTV10 niba imyitwarire nk’iyi ivugwa n’abaturage, yaragaragaye ku muyobozi, bidakwiye, kandi ko bagiye kubikurikirana.

Ati “Akenshi dukangurira abaturage ko abayobozi b’inzego z’ibanze, iyo baba bafite gahunda batishimiye bajye batubwira. Umuyobozi abwira nabi abaturage, ntabwo biba bikwiye.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eight =

Previous Post

Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.