Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, baravuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, abatukira mu ruhame, ndetse ko ajya acyocyorana na bo ku buryo hari uwo bari bafatanye mu mashati, bakabakiza.

Aba baturage bavuga ko iyo bari mu Nteko z’Abaturage, uyu muyobozi wabo akoresha imvugo zitaboneye zituma bamwe muri bo bamubonamo ishusho itari nziza.

Uwitwa Kayitana avuga ko yigeze kugirana amakimbirane n’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, bapfa amafaranga igihumbi (1 000 Frw) yamusabaga nk’umusanzu w’inyubako.

Uyu muturage avuga ko yari amaze guhabwa ibihumbi icyenda mu itsinda, ashaka guhita ayishyura mu bwisungane mu kwivuza, ariko Gitifu akamubwira ko agomba gukuramo 1 000 Frw.

Ati “Ndavuga nti ‘ese ndajya gufasha abandi bantu nanjye ubwanjye ntarifasha ntaratanga mituweli?’ ndavuga nti ‘reka mbanze ntange mituweli nyuma nzabone mfashe abandi’.”

Uyu muturage avuga ko icyo gihe yatonganye n’uyu muyobozi. Ati “Twari tugiye kurwana, haba abantu baradukiza.”

Abaturage bavuga ko ubwo ubu bushyamirane bwabaga, bwazamuwe n’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, wagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi, agahaguruka ajya gufata mu mashati uwo muturage bashyamiranye.

Umwe ati “Byari bigayitse, twabibonye nk’ibintu bigayitse, umuyobozi ntaba akwiye kurwana n’umuturage, ahubwo yamwigisha.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabikokora, Rugambwa Faustin ahakana iyi myitwarire idahwitse avugwaho n’abaturage.

Ati “Iyo nza kurwana n’umuturage, amabwiriza arakurikizwa, mba naragiriwe inama, yari kwiyambaza inzego z’Ubugenzacyaha, inzego z’umutekano izisumbuye kuri njye kugira ngo atabarwe.”

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirehe, Nyamutera Emmanuel yabwiye RADIOTV10 niba imyitwarire nk’iyi ivugwa n’abaturage, yaragaragaye ku muyobozi, bidakwiye, kandi ko bagiye kubikurikirana.

Ati “Akenshi dukangurira abaturage ko abayobozi b’inzego z’ibanze, iyo baba bafite gahunda batishimiye bajye batubwira. Umuyobozi abwira nabi abaturage, ntabwo biba bikwiye.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.