Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Haribazwa uwakoreye ubugome ndengakamere inka z’abaturage

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in MU RWANDA
0
Kirehe: Haribazwa uwakoreye ubugome ndengakamere inka z’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro, batema inka zirindwi z’abaturage batatu bo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, bateye urujijo abaturage binjiye mu ihurizo ryo kwibaza ababikoze n’icyabibateye.

Iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabaye mu ijoro rishyira ejo hashize tariki 03 Ukwakira 2023, mu Mudugudu wa Nyagitongo mu Kagari ka Rugarama mu Murenge wa Mushikiri.

Aba baturage batatu batemewe inka, barimo umwe watemewe enye ari we Kabera Fidel, uwatemewe ebyiri ari we Ntamuhanga Emmanuel, ndetse na Ngendahimana batemeye inka imwe.

Ibi kandi byatumye kuri uyu wa Kabiri, hakorwa Inteko n’abaturage, yibanze ku guhumuriza abaturage bo muri aka gace kuri iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi bwakorewe amatungo ya bagenzi babo.

Kabera Fidel watemewe inka enye, avuga ko yabyutse mu gitondo cya kare agiye guha inka ze ubwatsi, asanga bazitemye zitabasha guhaguruka, agwa mu kantu.

Ati “Ibyo twakorewe ni ubugome ndengakamere, kuko inka zitemwe ni zo zaduhaga ifumbire, ndetse abana bacu bakanywa amata tukanagurisha amata tukabasha kurihirira abana bacu ishuri.”

Ntamuhanga Emmanuel we watemewe inka ebyiri, avuga ko imwe yahakaga, kandi ko yatemwe cyane, ku buryo itari kubaho.

Ati “Bayitemye ibitsi ku buryo itabashaga no kugenda. Ubu twamaze no kuyibaga. Turi mu gahinda kubera ibyatubayeho, ababikoze babikoranye ubugome ndengakamere kuko abo batemeye inka twari abantu b’abanyamahoro nta muntu twari dufitanye ikibazo.”

Inzego z’ibanze ndetse n’urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, zahise zitangira iperereza, kugira ngo hamenyekane abakoze iki gikorwa, babiryozwe.

Amakuru ava mu baturage bo muri aka gace, bavuga ko iki gikorwa cyakozwe n’abashobora kuba ari abajura baherutse guteshwa ubwo bazaga kwiba, ku buryo bari baje kwihimura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Uwabaye Miss yagize icyo avuga ku mashusho ari kugarukwaho na benshi

Next Post

Abakobwa bambara impenure n’abasore basuka imisatsi akabo kashobotse muri Tanzania

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakobwa bambara impenure n’abasore basuka imisatsi akabo kashobotse muri Tanzania

Abakobwa bambara impenure n’abasore basuka imisatsi akabo kashobotse muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.