Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Haribazwa uwakoreye ubugome ndengakamere inka z’abaturage

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in MU RWANDA
0
Kirehe: Haribazwa uwakoreye ubugome ndengakamere inka z’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro, batema inka zirindwi z’abaturage batatu bo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, bateye urujijo abaturage binjiye mu ihurizo ryo kwibaza ababikoze n’icyabibateye.

Iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabaye mu ijoro rishyira ejo hashize tariki 03 Ukwakira 2023, mu Mudugudu wa Nyagitongo mu Kagari ka Rugarama mu Murenge wa Mushikiri.

Aba baturage batatu batemewe inka, barimo umwe watemewe enye ari we Kabera Fidel, uwatemewe ebyiri ari we Ntamuhanga Emmanuel, ndetse na Ngendahimana batemeye inka imwe.

Ibi kandi byatumye kuri uyu wa Kabiri, hakorwa Inteko n’abaturage, yibanze ku guhumuriza abaturage bo muri aka gace kuri iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi bwakorewe amatungo ya bagenzi babo.

Kabera Fidel watemewe inka enye, avuga ko yabyutse mu gitondo cya kare agiye guha inka ze ubwatsi, asanga bazitemye zitabasha guhaguruka, agwa mu kantu.

Ati “Ibyo twakorewe ni ubugome ndengakamere, kuko inka zitemwe ni zo zaduhaga ifumbire, ndetse abana bacu bakanywa amata tukanagurisha amata tukabasha kurihirira abana bacu ishuri.”

Ntamuhanga Emmanuel we watemewe inka ebyiri, avuga ko imwe yahakaga, kandi ko yatemwe cyane, ku buryo itari kubaho.

Ati “Bayitemye ibitsi ku buryo itabashaga no kugenda. Ubu twamaze no kuyibaga. Turi mu gahinda kubera ibyatubayeho, ababikoze babikoranye ubugome ndengakamere kuko abo batemeye inka twari abantu b’abanyamahoro nta muntu twari dufitanye ikibazo.”

Inzego z’ibanze ndetse n’urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, zahise zitangira iperereza, kugira ngo hamenyekane abakoze iki gikorwa, babiryozwe.

Amakuru ava mu baturage bo muri aka gace, bavuga ko iki gikorwa cyakozwe n’abashobora kuba ari abajura baherutse guteshwa ubwo bazaga kwiba, ku buryo bari baje kwihimura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Uwabaye Miss yagize icyo avuga ku mashusho ari kugarukwaho na benshi

Next Post

Abakobwa bambara impenure n’abasore basuka imisatsi akabo kashobotse muri Tanzania

Related Posts

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever
MU RWANDA

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakobwa bambara impenure n’abasore basuka imisatsi akabo kashobotse muri Tanzania

Abakobwa bambara impenure n’abasore basuka imisatsi akabo kashobotse muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.