• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura, ndetse ko hari n’aho bashyingura umuntu ku wundi, bityo bagasaba gushakirwa ahandi ho gushyingura.

Abaturage bo mu Kagari ka Munini mu Murenge wa Mahama bavuga ko irimbi basanzwe bashyinguramo ababo n’abapfiriye mu nkambi ryamaze kuzura ku buryo hari n’ubwo bashyingura umuntu ku wundi. Basaba ko Leta yabashakira ahandi ho gushyingura cyangwa bakemererwa gushyingura mu ngo zabo.

Uwitwa Twagirayezu François ati “Baratubujije gushyingura mu Mudugudu kandi irimbi ni akantu gato none karuzuye. None turahabyiganira n’inkambi. Hari igihe ujya gushyingura ugasanga bakuyemo undi bashyizemo, bikadutera ikibazo. Iyo batwemerera tukajya twinshyingurira mu giturage ntacyo byari kuba bitugoye.”

Undi witwa Nyirabashakamba Emelienne ati “Ni ikibazo kandi abantu barushaho gupfa kuko inkambi ubwayo hari igihe ku munsi bahamba nk’icumi. Ubwo rero irimbi ryaruzuye, nabonye n’akandi bari baragoroyeho nako kazuye.”

Ku kibazo cyabo, Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzirabatinya Modeste, avuga ko Inama Njyanama y’Akarere yemeje mu gishushanyombonera ahandi ho gushyingura muri aka gace ka Munini, igisigaye akaba ari ukubaha uburenganzira bagatangira kuhashyingura.

Ati “Inama Njyanama y’Akarere mu kwezi kwa cumi yarangije kwemeza site nshya z’amarimbi no mu Murenge wa Mahama twemeje site nshya bakoresha nk’amarimbi. Icyo turimo kubakorera ni ukubaha uburenganzira bugatangira gutangwa. Uburyo bumwe bwemejwe bwa Nyakarambi burimo gukora, naho abo ba Mahama twari twaberetse ubutaka bakoresha ku Munini cyane cyane ko kiriya gice kirimo n’inkambi ifite umubare munini w’abarishyinguramo. Turabereka icyo gice kugira ngo bagikoreshe.”

Mu mpungenge z’abatuye ku Munini muri uyu Murenge wa Mahama, basaba ko Leta yabafasha kubona irimbi rusange kuko ngo bibabangamira igihe hari uwitabye Imana agashyinguwa mu buryo adakwiriye.

Irimbi risa n’iryuzuye
Basaba ko bashakirwa ubundi butaka bwo ngushyinguramo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 10 =

Previous Post

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Next Post

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.