Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
14/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Imirimo n’Ubwikorezi muri Uganda, yahagaritse mu gihe cy’iminsi 10 ibikorwa bya Kompanyi itwara abagenzi mu modoka zo mu bwoko bwa bisi ya Jaguar isanzwe inakora ingendo za Kigali-Kampala, nyuma yuko hari ikoreye impanuka muri Uganda, igahitana abantu umunani barimo Abanyarwanda batatu.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’impanuka ikomeye yakozwe n’imwe mu modoma za Jaguar Bus Company, yabaye tariki 01 Nzeri 2024 igahitana abantu umunani.

Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Kane w’iki cyumweru, nyuma y’iperereza ryakozwe kuri iyi mpanuka, ryagaragaje ko umushoferi wari utwaye iyakoze iyi mpanuka, yaciye ku modoka yo mu bwoko bwa Fuso mu muhanda wa Masaka, akabikorera aho bitemewe.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, Fred Byamukama yavuze ko uwari utwaye iyi modoka ya Jaguar ari we wakoze amakosa yatumye ubuzima bw’abantu buhatakarira.

Iyi mpanuka yabaye mu ntangiro z’uku kwezi, yahitanye abo bantu umunani barimo n’Abanyarwanda batatu ubwo yavaga Kampaka yerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Byamukama agaruka kuri iyi mpanuka yabaye mu ntangiro

z’uku kwezi, yagize ati “Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko umushoferi wa Jaguar yakoze kunyuranaho ahantu habi, bituma habaho impanuka ikomeye. Twafashe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’iyi kompanyi mu gihe cy’iminsi 10. Indi bisi ya Jaguar izagaragara nyuma ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku wa Gatanu [ejo hashize] izafatwa.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, yavuze kandi ko muri iyi minsi 10 yahagaritswemo ibikorwa bya Jaguar, iyi kompanyi yasabwe kuzagaragaza ko yujije ibyo yeretswe gukosora, ubundi bigasuzumwa, kugira ngo hafatwe icyemezo niba yasubukura ibikorwa byayo.

Muri Kanama (08) umwaka ushize, Abanyarwanda babiri baburiye ubuzima mu mpanuka y’imodoka ya Jaguar yabereye mu muhanda wa Kajumiro Maddu-Ssembabule mu Karere ka Gomba muri Uganda, mu gihe abandi 24 bayikomerekeyemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Next Post

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.