Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
14/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Imirimo n’Ubwikorezi muri Uganda, yahagaritse mu gihe cy’iminsi 10 ibikorwa bya Kompanyi itwara abagenzi mu modoka zo mu bwoko bwa bisi ya Jaguar isanzwe inakora ingendo za Kigali-Kampala, nyuma yuko hari ikoreye impanuka muri Uganda, igahitana abantu umunani barimo Abanyarwanda batatu.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’impanuka ikomeye yakozwe n’imwe mu modoma za Jaguar Bus Company, yabaye tariki 01 Nzeri 2024 igahitana abantu umunani.

Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Kane w’iki cyumweru, nyuma y’iperereza ryakozwe kuri iyi mpanuka, ryagaragaje ko umushoferi wari utwaye iyakoze iyi mpanuka, yaciye ku modoka yo mu bwoko bwa Fuso mu muhanda wa Masaka, akabikorera aho bitemewe.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, Fred Byamukama yavuze ko uwari utwaye iyi modoka ya Jaguar ari we wakoze amakosa yatumye ubuzima bw’abantu buhatakarira.

Iyi mpanuka yabaye mu ntangiro z’uku kwezi, yahitanye abo bantu umunani barimo n’Abanyarwanda batatu ubwo yavaga Kampaka yerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Byamukama agaruka kuri iyi mpanuka yabaye mu ntangiro

z’uku kwezi, yagize ati “Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko umushoferi wa Jaguar yakoze kunyuranaho ahantu habi, bituma habaho impanuka ikomeye. Twafashe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’iyi kompanyi mu gihe cy’iminsi 10. Indi bisi ya Jaguar izagaragara nyuma ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku wa Gatanu [ejo hashize] izafatwa.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, yavuze kandi ko muri iyi minsi 10 yahagaritswemo ibikorwa bya Jaguar, iyi kompanyi yasabwe kuzagaragaza ko yujije ibyo yeretswe gukosora, ubundi bigasuzumwa, kugira ngo hafatwe icyemezo niba yasubukura ibikorwa byayo.

Muri Kanama (08) umwaka ushize, Abanyarwanda babiri baburiye ubuzima mu mpanuka y’imodoka ya Jaguar yabereye mu muhanda wa Kajumiro Maddu-Ssembabule mu Karere ka Gomba muri Uganda, mu gihe abandi 24 bayikomerekeyemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Next Post

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.