Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
14/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kompanyi y’ingendo Kampala-Kigali yahagaritswe nyuma y’impanuka yahitanye abarimo Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Imirimo n’Ubwikorezi muri Uganda, yahagaritse mu gihe cy’iminsi 10 ibikorwa bya Kompanyi itwara abagenzi mu modoka zo mu bwoko bwa bisi ya Jaguar isanzwe inakora ingendo za Kigali-Kampala, nyuma yuko hari ikoreye impanuka muri Uganda, igahitana abantu umunani barimo Abanyarwanda batatu.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’impanuka ikomeye yakozwe n’imwe mu modoma za Jaguar Bus Company, yabaye tariki 01 Nzeri 2024 igahitana abantu umunani.

Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Kane w’iki cyumweru, nyuma y’iperereza ryakozwe kuri iyi mpanuka, ryagaragaje ko umushoferi wari utwaye iyakoze iyi mpanuka, yaciye ku modoka yo mu bwoko bwa Fuso mu muhanda wa Masaka, akabikorera aho bitemewe.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, Fred Byamukama yavuze ko uwari utwaye iyi modoka ya Jaguar ari we wakoze amakosa yatumye ubuzima bw’abantu buhatakarira.

Iyi mpanuka yabaye mu ntangiro z’uku kwezi, yahitanye abo bantu umunani barimo n’Abanyarwanda batatu ubwo yavaga Kampaka yerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Byamukama agaruka kuri iyi mpanuka yabaye mu ntangiro

z’uku kwezi, yagize ati “Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko umushoferi wa Jaguar yakoze kunyuranaho ahantu habi, bituma habaho impanuka ikomeye. Twafashe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’iyi kompanyi mu gihe cy’iminsi 10. Indi bisi ya Jaguar izagaragara nyuma ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku wa Gatanu [ejo hashize] izafatwa.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, yavuze kandi ko muri iyi minsi 10 yahagaritswemo ibikorwa bya Jaguar, iyi kompanyi yasabwe kuzagaragaza ko yujije ibyo yeretswe gukosora, ubundi bigasuzumwa, kugira ngo hafatwe icyemezo niba yasubukura ibikorwa byayo.

Muri Kanama (08) umwaka ushize, Abanyarwanda babiri baburiye ubuzima mu mpanuka y’imodoka ya Jaguar yabereye mu muhanda wa Kajumiro Maddu-Ssembabule mu Karere ka Gomba muri Uganda, mu gihe abandi 24 bayikomerekeyemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Next Post

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.