Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ku Rukiko hakubise huzuye hasomwe icyemezo kuri Kazungu wiyemerera kwica abantu 14 wongeye kugaraga aseka

radiotv10by radiotv10
26/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ku Rukiko hakubise huzuye hasomwe icyemezo kuri Kazungu wiyemerera kwica abantu 14 wongeye kugaraga aseka
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abaturage bari bakubise buzuye ku Rukiko;
  • Kazungu yagejejwe ku Rukiko harenzeho isaha ku yari yagenwe;
  • Yinjijwe mu cyumba cy’Urukiko aseka, abaturage bo bakoma akaruru.

Ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, hakubise huzuye imbaga y’abaturage, hasomwe icyemezo ku rubanza rw’ifungwa ry’agateganyo ruregwamo Kazungu Denis ukekwaho kwica abantu 14, akaba anabyiyemerera, aho Umucamanza yemeje ko afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyasomwe kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nzeri 2023 ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Murenge wa Kagarama, ahari haje abaturage benshi baje kucyumva, bahageze mbere y’isaha ya saa cyenda yagombaga gusomerwaho iki cyemezo.

Umunyamakuru wacu wageze ku cyicaro cy’Urukiko saa munani n’igice (14:30′), yasanze abaturage bakubise buzuye, bavuga ko baje kumva icyemezo gifatirwa Kazungu ku ifungwa rye.

Bamwe bagaruka ku byo bumviye mu itangazamakuru ku byaha bikekwa kuri uyu musore, bavuga ko bumvise biremereye, ari na byo byatumye baza kumva icyemezo cya mbere cy’Urukiko kuri we.

Byari biteganyijwe ko iki cyemezo gisomwa ku isaaha ya saa cyenda (15:00′) ariko byakereweho isaha yose, dore ko na Kazungu yagejwe ku cyicaro cy’Urukiko saa kumi z’umugoroba (16:00′), ari mu modoka ya RIB, ifungwa n’inzugi ebyiri, aho yasohowemo yambaye umupira w’ibara rya Orange n’ipantalo ya shokola yari anambaye ubwo yaburanaga, ndetse na kambambiri.

Ubwo yajyanwaga mu cyumba cy’Urukiko afashwe n’abapolisi babiri, umwe iburyo, undi ibumoso, Kazungu yagaragaye agenda amwenyura, mu gihe abaturage bari baje kumva icyemezo cy’Urukiko bo bakubitaha akaruru, basa nk’abafite igishyika, aho bamwe bagiraga bati “Yesu we!!”

Kazungu Denis waburanye yemera ibyaha 10 akurikiranyweho, yagaragaye mu cyumba cy’Urukiko, aho yari yaje kumva icyemezo afatirwa ku busabe bw’Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwashingiye ku mpamvu zikomeye zagaragajwe n’Ubushinjacyaha, zirimo ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu bakobwa babashije kurokoka imigambi mibisha ya Kazungu, bavuze ko yabanzaga kubatera ubwoba, akabasaba imibare y’ibanga y’aho babitsa amafaranga, akabambura ibyo babaga bafite, ubundi akabica.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko mu mabazwa ya Kazungu yimereye ko yishe abo bantu 14 ndetse anabyemerera Urukiko ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo.

Urukiko rwavuze ko ibyagaragajwe n’Ubushinjacyaha bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho, ndetse ko aramutse arekuwe yabangamira iperereza, akaba yanagirira nabi abamutanzeho ubuhamya, bityo ko agomba gukurikiranwa afunze.

Mu iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize, Kazungu Denis utaravugiye amagambo menshi imbere y’Umucamanza uretse kuvuga ko yemera ibyaha byose akurikiranyweho, yanabanje gusaba Urukiko ko urubanza rwe rwashyirwa mu muhezo kuko “Ibyaha nakoze biremereye atari ibyo gukina gutyo gusa nk’umupira washyira mu kibuga” kandi ko atifuza ko byayobya sosiyete Nyarwanda.

Ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo kandi, yabajijwe impamvu yishe abo bantu 14 barimo abakobwa 13, avuga ko ari uko bamwanduje SIDA ku bushake.

Mu gusoma icyemezo, Umucamanza yavuze kandi ko ibi bisobanuro byatanzwe n’Uregwa bidafite ishingiro.

Ubwo yageraga ku Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 8 =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka

Next Post

Ngoma: Abacuruzi baravuga ko ibyo basabwa bisa nko kwambarira urukweto ku gikomere

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Abacuruzi baravuga ko ibyo basabwa bisa nko kwambarira urukweto ku gikomere

Ngoma: Abacuruzi baravuga ko ibyo basabwa bisa nko kwambarira urukweto ku gikomere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.