Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, yatujwe mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, ivuga ko ibayeho mu buzima bw’ihurizo, kuko hari ibana ari itanu mu nzu imwe na yo nto, ku buryo hari abatabasha kugira uko bigenza mu buriri.

Abo baturage batujwe mu Mudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Gihira, barimo ababaga mu mashyamba ya Gishwati na Mukura, nyuma bakaza kuyavanwamo, ariko ngo bakigera muri uyu mudugudu ntibatuzwa bose bituma abakiri bato baza mu nzu z’ababyeyi babo kubera kubura ubushobozi bwo kubaka.

Umwe ati “Nyine ugasanga tugiye tugerekeranye, buri muntu agasasa nk’uburiri nk’aha n’undi nk’aha ngaha. Biba bigoranye cyane, nk’ubu mfite abana batatu bose turabana, abakobwa babiri bafite abagabo n’umuhungu afite umugore kandi ntiwayirukanamo umwana wabyaye ngo najye kwangara.”

Icyakora bamwe muri abo bana bashakiye mu nzu z’ababyeyi babo, na bo bagaragaza ko badafite ubushobozi bwo kubaka bityo bakemera kubana n’ababyeyi mu nzu imwe uretse ko n’uwabona ubushobozi bwo kubaka ngo atabona ubutaka bwo kubakaho.

Ntegamaherezo Jackson avuga ko yahisemo gufata ubwiherero abuhindura inzu kugira ngo ave mu nzu y’umubyeyi we, ati “Nafashe akantu kari kari hano inyuma ntabwo kari kubatsemo, ubwo aba ariko nshyiramo icyumba kimwe aho hari wese ndahasiba kubera ko nta muntu wari warayikoresheje mpahindura igikoni kuko ntakundi.”

Ni mu gihe abadafite ababyeyi batujwe, bo ngo bibasaba gushaka 2 000 Frw ya buri kwezi kugira ngo nabo bacumbikirwe muri izo nzu n’ubundi ziba zisanzwemo imiryango myinshi izibanamo nk’uko Mukarukundo Clema abivuga. Ati “Njyewe buriya nishyura ibihumbi bibiri kuko ndakodesheje.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Bisangabagabo Sylvestre avuga ko ubuyobozi buzakomeza kubakira abo baturage uko ubushobozi buzagenda buboneka.

Ati “Tuzagenda n’ubundi tubikemura buhoro buhoro, ni uko ingengo y’imari buriya iba ari nkeya ari ugusaranganya, iyo miryango ishobora kubana mu nzu imwe tuzagenda tububakira.”

Ikibanzo nk’iki cy’aba baturage bo mu Murenge wa Ruhango, cyanumvikanye mu bindi bice bituyemo bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, aho imiryango irenze umwe iba ituye mu nzu imwe.

Izi nzu bazitujwemo bavanywe mu mashyamba
Ni na zo baba batekeramo
Bavuga bibabera ihurizo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

Next Post

Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by'abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.