Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, yatujwe mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, ivuga ko ibayeho mu buzima bw’ihurizo, kuko hari ibana ari itanu mu nzu imwe na yo nto, ku buryo hari abatabasha kugira uko bigenza mu buriri.

Abo baturage batujwe mu Mudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Gihira, barimo ababaga mu mashyamba ya Gishwati na Mukura, nyuma bakaza kuyavanwamo, ariko ngo bakigera muri uyu mudugudu ntibatuzwa bose bituma abakiri bato baza mu nzu z’ababyeyi babo kubera kubura ubushobozi bwo kubaka.

Umwe ati “Nyine ugasanga tugiye tugerekeranye, buri muntu agasasa nk’uburiri nk’aha n’undi nk’aha ngaha. Biba bigoranye cyane, nk’ubu mfite abana batatu bose turabana, abakobwa babiri bafite abagabo n’umuhungu afite umugore kandi ntiwayirukanamo umwana wabyaye ngo najye kwangara.”

Icyakora bamwe muri abo bana bashakiye mu nzu z’ababyeyi babo, na bo bagaragaza ko badafite ubushobozi bwo kubaka bityo bakemera kubana n’ababyeyi mu nzu imwe uretse ko n’uwabona ubushobozi bwo kubaka ngo atabona ubutaka bwo kubakaho.

Ntegamaherezo Jackson avuga ko yahisemo gufata ubwiherero abuhindura inzu kugira ngo ave mu nzu y’umubyeyi we, ati “Nafashe akantu kari kari hano inyuma ntabwo kari kubatsemo, ubwo aba ariko nshyiramo icyumba kimwe aho hari wese ndahasiba kubera ko nta muntu wari warayikoresheje mpahindura igikoni kuko ntakundi.”

Ni mu gihe abadafite ababyeyi batujwe, bo ngo bibasaba gushaka 2 000 Frw ya buri kwezi kugira ngo nabo bacumbikirwe muri izo nzu n’ubundi ziba zisanzwemo imiryango myinshi izibanamo nk’uko Mukarukundo Clema abivuga. Ati “Njyewe buriya nishyura ibihumbi bibiri kuko ndakodesheje.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Bisangabagabo Sylvestre avuga ko ubuyobozi buzakomeza kubakira abo baturage uko ubushobozi buzagenda buboneka.

Ati “Tuzagenda n’ubundi tubikemura buhoro buhoro, ni uko ingengo y’imari buriya iba ari nkeya ari ugusaranganya, iyo miryango ishobora kubana mu nzu imwe tuzagenda tububakira.”

Ikibanzo nk’iki cy’aba baturage bo mu Murenge wa Ruhango, cyanumvikanye mu bindi bice bituyemo bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, aho imiryango irenze umwe iba ituye mu nzu imwe.

Izi nzu bazitujwemo bavanywe mu mashyamba
Ni na zo baba batekeramo
Bavuga bibabera ihurizo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

Next Post

Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by'abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.