Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, yatujwe mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, ivuga ko ibayeho mu buzima bw’ihurizo, kuko hari ibana ari itanu mu nzu imwe na yo nto, ku buryo hari abatabasha kugira uko bigenza mu buriri.

Abo baturage batujwe mu Mudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Gihira, barimo ababaga mu mashyamba ya Gishwati na Mukura, nyuma bakaza kuyavanwamo, ariko ngo bakigera muri uyu mudugudu ntibatuzwa bose bituma abakiri bato baza mu nzu z’ababyeyi babo kubera kubura ubushobozi bwo kubaka.

Umwe ati “Nyine ugasanga tugiye tugerekeranye, buri muntu agasasa nk’uburiri nk’aha n’undi nk’aha ngaha. Biba bigoranye cyane, nk’ubu mfite abana batatu bose turabana, abakobwa babiri bafite abagabo n’umuhungu afite umugore kandi ntiwayirukanamo umwana wabyaye ngo najye kwangara.”

Icyakora bamwe muri abo bana bashakiye mu nzu z’ababyeyi babo, na bo bagaragaza ko badafite ubushobozi bwo kubaka bityo bakemera kubana n’ababyeyi mu nzu imwe uretse ko n’uwabona ubushobozi bwo kubaka ngo atabona ubutaka bwo kubakaho.

Ntegamaherezo Jackson avuga ko yahisemo gufata ubwiherero abuhindura inzu kugira ngo ave mu nzu y’umubyeyi we, ati “Nafashe akantu kari kari hano inyuma ntabwo kari kubatsemo, ubwo aba ariko nshyiramo icyumba kimwe aho hari wese ndahasiba kubera ko nta muntu wari warayikoresheje mpahindura igikoni kuko ntakundi.”

Ni mu gihe abadafite ababyeyi batujwe, bo ngo bibasaba gushaka 2 000 Frw ya buri kwezi kugira ngo nabo bacumbikirwe muri izo nzu n’ubundi ziba zisanzwemo imiryango myinshi izibanamo nk’uko Mukarukundo Clema abivuga. Ati “Njyewe buriya nishyura ibihumbi bibiri kuko ndakodesheje.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Bisangabagabo Sylvestre avuga ko ubuyobozi buzakomeza kubakira abo baturage uko ubushobozi buzagenda buboneka.

Ati “Tuzagenda n’ubundi tubikemura buhoro buhoro, ni uko ingengo y’imari buriya iba ari nkeya ari ugusaranganya, iyo miryango ishobora kubana mu nzu imwe tuzagenda tububakira.”

Ikibanzo nk’iki cy’aba baturage bo mu Murenge wa Ruhango, cyanumvikanye mu bindi bice bituyemo bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, aho imiryango irenze umwe iba ituye mu nzu imwe.

Izi nzu bazitujwemo bavanywe mu mashyamba
Ni na zo baba batekeramo
Bavuga bibabera ihurizo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − twelve =

Previous Post

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

Next Post

Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Related Posts

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

by radiotv10
25/11/2025
0

Impunzi z’Abarundi 115 zabaga mu Rwanda ziganjemo izabaga mu Nkambi ya Mahama, zatahutse mu Gihugu cyabo cy’u Burundi, zinyuze ku...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

IZIHERUKA

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi
MU RWANDA

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

by radiotv10
25/11/2025
0

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by'abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.