Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yahishuye ko muri Kaminuza y’u Rwanda abasore benshi baharwariye imitezi na SIDA

Hon Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo yagaragaje uko gukomeza kwanga kuvuga ku buzima bw’imyororokere byagiye bigira ingaruka mbi, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kwigisha abato ibijyanye n’impinduka z’imibiri yabo n’uburyo bakwiye kwitwara mu gihe kwifata byabananiye.

Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo wabaye Umusenateri muri Sena y’u Rwanda wanagize imyanya ikomeye muri Guverinoma y’u Rwanda, yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022 mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri RADIO10.

Muri iki kiganiro cyagarukaga ku itumbagira ry’imibare y’abangavu baterwa inda zitateganyijwe, Dr Jean Damascene Ntawukurikiryayo wanabaye Minisitiri w’Ubuzima, yavuze ko kuba abantu bavuga ibyereke ubuzima bw’imyororokere atari ikibazo kuko biri muri bimwe mu byakunze gutiza umurindi izamuka ry’inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Ati “Muri ibi bihe turimo by’ibi bibazo dufite nk’u Rwanda kuba abaturage bavuga imibonano mpuzabitsina kandi bigera aho abantu bakayikora, amadini akaza akakubwira ko utagomba gukora imibonano mpuzabitsina, njye numva igikenewe ari uko urubyiruko rutozwa ko imibiri ihinduka, ababyeyi bakabigiramo uruhare.”

Dr Ntawukuriryayo avuga ko ikindi kiri kuzamura imibare y’abangavu baterwa inda, ari ukuba abantu bakuru batubaha abana.

Ati “Buriya n’icyo itegeko riba rivuga ni uko umuntu mukuru aba yatinyutse umwana, yamwambuye uburenganzira bwe.”

Avuga ko ikindi ari uko mu mashuri harushaho gutangwa inyigisho ku buzima bw’imyororokere, abarezi bakirinda kubica hejuru nkuko byahoze mu gihe cyabo kuko bo batigeraga banababwira uko bakwitwara mu gihe kwifata byaba byabananiye.

Ati “Abageraga muri za Kaminuza cyangwa mu kazi, ni bwo umuntu yavugaga ati ‘ndangije ayisumbuye mfite imyaka 19 sindahura n’umukobwa, ngiye kumushaka’ wamushaka nabi akaba aguteye ibirwara.”

Avuga ko muri ibyo bihe byo hambere, abasore benshi barwaraga indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nk’imitezi.

Ati “Imitezi yari imeza nabi, njye nize i Butare [muri Kaminuza y’u Rwanda] habaga Serivisi zo kwa muganga ifasha abanyeshuri. Iyo wayirwaga ukajya kwa muganga [twari dufite laboratoire nziza y’i Butare] abaganga baguhaga imiti ugakira.”

Yakomeje agaragaza icyo gihe hahise haziramo na SIDA na yo yagiye yandurwa n’abanyeshuri benshi bo muri Kaminuza y’u Rwanda kubera gukurana ubumenyi bucye kubijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

 

Kuki hari kuvugwa cyane inda zitateganyijwe hakirengagizwa indwara?

Dr Ntawukuriryayo wagarutse ku mibare igaragaza ko abangavu babariwa mu bihumbi 20 baterwa inda zitateganyijwe, yavuze ko hadakwiye gutekereza kuri izo nda gusa ngo hirengagizwe ku zindi ngaruka ziterwa n’icyatumye izo nda zibaho.

Ati “Umuntu yagasigaye yibaza akavuga ati ‘ese ubu nta ndwara zindurira mu mibonano mpuzabitsina zabonetsemo?’, ubwo icyo gihe bikaba bibaye ibibazo bibiri.”

Yanagarutse ku buryo bwashyizweho bufasha abana b’abakobwa kwirinda gusama nk’ibinini, avuga ko na bwo bukwiye kwitonderwa kuko bushobora gutera izindi ngaruka.

Ati “Hari nubwo tuvuga tuti ‘reka duhe abakobwa bacu akanini gatuma badasama’ ugasanga umukobw arasohotse agiye muri car free zone, araganiriye ati ‘njye ndaza gufata akanini gatuma inda itazinjira’ nyamara ntabwo ari wo muti cyane, kuko yibagiwe ko iyo mibonano ishobora kuvamo n’indwara zishobora kumufata.”

Dr Jean Damascene wumvikana nk’ushyigikiye cyane uburyo bw’agakingirizo, avuga ko abantu bakwiye kwicara bagatinyuka bakavuga ibintu mu mazina yabyo n’uburyo buboneye bwafasha abantu kwirinda izo nda ariko bukanabarinda kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Next Post

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.