Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yahishuye ko muri Kaminuza y’u Rwanda abasore benshi baharwariye imitezi na SIDA

Hon Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo yagaragaje uko gukomeza kwanga kuvuga ku buzima bw’imyororokere byagiye bigira ingaruka mbi, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kwigisha abato ibijyanye n’impinduka z’imibiri yabo n’uburyo bakwiye kwitwara mu gihe kwifata byabananiye.

Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo wabaye Umusenateri muri Sena y’u Rwanda wanagize imyanya ikomeye muri Guverinoma y’u Rwanda, yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022 mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri RADIO10.

Muri iki kiganiro cyagarukaga ku itumbagira ry’imibare y’abangavu baterwa inda zitateganyijwe, Dr Jean Damascene Ntawukurikiryayo wanabaye Minisitiri w’Ubuzima, yavuze ko kuba abantu bavuga ibyereke ubuzima bw’imyororokere atari ikibazo kuko biri muri bimwe mu byakunze gutiza umurindi izamuka ry’inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Ati “Muri ibi bihe turimo by’ibi bibazo dufite nk’u Rwanda kuba abaturage bavuga imibonano mpuzabitsina kandi bigera aho abantu bakayikora, amadini akaza akakubwira ko utagomba gukora imibonano mpuzabitsina, njye numva igikenewe ari uko urubyiruko rutozwa ko imibiri ihinduka, ababyeyi bakabigiramo uruhare.”

Dr Ntawukuriryayo avuga ko ikindi kiri kuzamura imibare y’abangavu baterwa inda, ari ukuba abantu bakuru batubaha abana.

Ati “Buriya n’icyo itegeko riba rivuga ni uko umuntu mukuru aba yatinyutse umwana, yamwambuye uburenganzira bwe.”

Avuga ko ikindi ari uko mu mashuri harushaho gutangwa inyigisho ku buzima bw’imyororokere, abarezi bakirinda kubica hejuru nkuko byahoze mu gihe cyabo kuko bo batigeraga banababwira uko bakwitwara mu gihe kwifata byaba byabananiye.

Ati “Abageraga muri za Kaminuza cyangwa mu kazi, ni bwo umuntu yavugaga ati ‘ndangije ayisumbuye mfite imyaka 19 sindahura n’umukobwa, ngiye kumushaka’ wamushaka nabi akaba aguteye ibirwara.”

Avuga ko muri ibyo bihe byo hambere, abasore benshi barwaraga indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nk’imitezi.

Ati “Imitezi yari imeza nabi, njye nize i Butare [muri Kaminuza y’u Rwanda] habaga Serivisi zo kwa muganga ifasha abanyeshuri. Iyo wayirwaga ukajya kwa muganga [twari dufite laboratoire nziza y’i Butare] abaganga baguhaga imiti ugakira.”

Yakomeje agaragaza icyo gihe hahise haziramo na SIDA na yo yagiye yandurwa n’abanyeshuri benshi bo muri Kaminuza y’u Rwanda kubera gukurana ubumenyi bucye kubijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

 

Kuki hari kuvugwa cyane inda zitateganyijwe hakirengagizwa indwara?

Dr Ntawukuriryayo wagarutse ku mibare igaragaza ko abangavu babariwa mu bihumbi 20 baterwa inda zitateganyijwe, yavuze ko hadakwiye gutekereza kuri izo nda gusa ngo hirengagizwe ku zindi ngaruka ziterwa n’icyatumye izo nda zibaho.

Ati “Umuntu yagasigaye yibaza akavuga ati ‘ese ubu nta ndwara zindurira mu mibonano mpuzabitsina zabonetsemo?’, ubwo icyo gihe bikaba bibaye ibibazo bibiri.”

Yanagarutse ku buryo bwashyizweho bufasha abana b’abakobwa kwirinda gusama nk’ibinini, avuga ko na bwo bukwiye kwitonderwa kuko bushobora gutera izindi ngaruka.

Ati “Hari nubwo tuvuga tuti ‘reka duhe abakobwa bacu akanini gatuma badasama’ ugasanga umukobw arasohotse agiye muri car free zone, araganiriye ati ‘njye ndaza gufata akanini gatuma inda itazinjira’ nyamara ntabwo ari wo muti cyane, kuko yibagiwe ko iyo mibonano ishobora kuvamo n’indwara zishobora kumufata.”

Dr Jean Damascene wumvikana nk’ushyigikiye cyane uburyo bw’agakingirizo, avuga ko abantu bakwiye kwicara bagatinyuka bakavuga ibintu mu mazina yabyo n’uburyo buboneye bwafasha abantu kwirinda izo nda ariko bukanabarinda kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Next Post

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Related Posts

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
03/11/2025
0

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.