Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yahishuye ko muri Kaminuza y’u Rwanda abasore benshi baharwariye imitezi na SIDA

Hon Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo yagaragaje uko gukomeza kwanga kuvuga ku buzima bw’imyororokere byagiye bigira ingaruka mbi, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kwigisha abato ibijyanye n’impinduka z’imibiri yabo n’uburyo bakwiye kwitwara mu gihe kwifata byabananiye.

Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo wabaye Umusenateri muri Sena y’u Rwanda wanagize imyanya ikomeye muri Guverinoma y’u Rwanda, yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022 mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri RADIO10.

Muri iki kiganiro cyagarukaga ku itumbagira ry’imibare y’abangavu baterwa inda zitateganyijwe, Dr Jean Damascene Ntawukurikiryayo wanabaye Minisitiri w’Ubuzima, yavuze ko kuba abantu bavuga ibyereke ubuzima bw’imyororokere atari ikibazo kuko biri muri bimwe mu byakunze gutiza umurindi izamuka ry’inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Ati “Muri ibi bihe turimo by’ibi bibazo dufite nk’u Rwanda kuba abaturage bavuga imibonano mpuzabitsina kandi bigera aho abantu bakayikora, amadini akaza akakubwira ko utagomba gukora imibonano mpuzabitsina, njye numva igikenewe ari uko urubyiruko rutozwa ko imibiri ihinduka, ababyeyi bakabigiramo uruhare.”

Dr Ntawukuriryayo avuga ko ikindi kiri kuzamura imibare y’abangavu baterwa inda, ari ukuba abantu bakuru batubaha abana.

Ati “Buriya n’icyo itegeko riba rivuga ni uko umuntu mukuru aba yatinyutse umwana, yamwambuye uburenganzira bwe.”

Avuga ko ikindi ari uko mu mashuri harushaho gutangwa inyigisho ku buzima bw’imyororokere, abarezi bakirinda kubica hejuru nkuko byahoze mu gihe cyabo kuko bo batigeraga banababwira uko bakwitwara mu gihe kwifata byaba byabananiye.

Ati “Abageraga muri za Kaminuza cyangwa mu kazi, ni bwo umuntu yavugaga ati ‘ndangije ayisumbuye mfite imyaka 19 sindahura n’umukobwa, ngiye kumushaka’ wamushaka nabi akaba aguteye ibirwara.”

Avuga ko muri ibyo bihe byo hambere, abasore benshi barwaraga indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nk’imitezi.

Ati “Imitezi yari imeza nabi, njye nize i Butare [muri Kaminuza y’u Rwanda] habaga Serivisi zo kwa muganga ifasha abanyeshuri. Iyo wayirwaga ukajya kwa muganga [twari dufite laboratoire nziza y’i Butare] abaganga baguhaga imiti ugakira.”

Yakomeje agaragaza icyo gihe hahise haziramo na SIDA na yo yagiye yandurwa n’abanyeshuri benshi bo muri Kaminuza y’u Rwanda kubera gukurana ubumenyi bucye kubijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

 

Kuki hari kuvugwa cyane inda zitateganyijwe hakirengagizwa indwara?

Dr Ntawukuriryayo wagarutse ku mibare igaragaza ko abangavu babariwa mu bihumbi 20 baterwa inda zitateganyijwe, yavuze ko hadakwiye gutekereza kuri izo nda gusa ngo hirengagizwe ku zindi ngaruka ziterwa n’icyatumye izo nda zibaho.

Ati “Umuntu yagasigaye yibaza akavuga ati ‘ese ubu nta ndwara zindurira mu mibonano mpuzabitsina zabonetsemo?’, ubwo icyo gihe bikaba bibaye ibibazo bibiri.”

Yanagarutse ku buryo bwashyizweho bufasha abana b’abakobwa kwirinda gusama nk’ibinini, avuga ko na bwo bukwiye kwitonderwa kuko bushobora gutera izindi ngaruka.

Ati “Hari nubwo tuvuga tuti ‘reka duhe abakobwa bacu akanini gatuma badasama’ ugasanga umukobw arasohotse agiye muri car free zone, araganiriye ati ‘njye ndaza gufata akanini gatuma inda itazinjira’ nyamara ntabwo ari wo muti cyane, kuko yibagiwe ko iyo mibonano ishobora kuvamo n’indwara zishobora kumufata.”

Dr Jean Damascene wumvikana nk’ushyigikiye cyane uburyo bw’agakingirizo, avuga ko abantu bakwiye kwicara bagatinyuka bakavuga ibintu mu mazina yabyo n’uburyo buboneye bwafasha abantu kwirinda izo nda ariko bukanabarinda kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 8 =

Previous Post

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Next Post

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.