Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya biri kuba ihurizo ry’imibare itoroshye byagera ku birayi bikarushaho

radiotv10by radiotv10
10/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya biri kuba ihurizo ry’imibare itoroshye byagera ku birayi bikarushaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko batibuka igihe baherukira kurya ibirayi mu gihe byari ibiryo by’ibanze mu miryango yabo kubera izamuka rikabije ry’ibiciro byabyo, ku buryo ababitekereza bashyira mu mibare bakabona bidashoboka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yanyarukiye mu isoko rikuru rya Gisenyi riherereye mu murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu kugira ngo arebe uko ibiciro by’ibiribwa bihagaze.

Ibiciro by’ibiribwa byose byarazamutse, by’umwihariko iby’ibirayi, byo byageze ku rundi rwego ku buryo ababasha kubirya muri iyi minsi ari mbarwa, mu gihe byahoze ari ibiribwa by’ibanze.

Yaba ari abacuruzi ndetse n’abaguzi, buri we, afite icyo avuga ku biciro by’ibi biribwa. Umwe yagize ati “Nkiri muto ikilo cy’ibirayi cyaguraga ifaranga, none rero ubu ibirayi bitewe n’uko byabuze biri kugura 800, 700 gutyo none se urumva Atari ikibazo nyine. Narumvise ngo haje n’ibirayi biturutse hanze muri Kenya. None se mwigeze kubona Kenya igemurira u Rwanda ibirayi?”

Undi ati “Ntabwo nakubwira ngo mperuka kubirya ryari nabivuyeho, narabiretse ngura umuceri, nkagura kawunga kuko ni byo bitubuka abana banjye barya nkabona barahaze.”

Uyu muturage akomeza avuga ko, muri iyi minsi bibasaba imibare myinshi iyo bagiye guhaha. Ati “Ibirayi nguze ibilo 6, kugira ngo mu rugo turye imvange njyewe ubwanjye ni uko ngura ibiro 10 by’ibirayi, nawe urabyumva kuba na magana inani wumve amafaranga biri butware; none ibiro 10 niba turabirya ijoro rimwe urumva najya kugura ibirayi cyangwa nagura ibiro 2 by’umuceri Nkagura n’imboga?”

Undi nawe ati “Njyewe ntabwo narya ibirayi mfite abana 5 ntabwo nabirya, ubwo byasaba ko barya ibihumbi 6 saa sita na nimugoroba bakarya ibindi 6, ubwo se ayo mafaranga nayabona he?”

Abahinzi b’ibirayi, na bo bagaragaza intandaro yo guhenda kw’ibirayi, aho umwe agira ati “ifumbire ikigura macye wasangaga n’umukene ahinze ibirayi ku rugo, ugasanga ifumbire ntimuhenze akagura n’ibilo 3 cyangwa 5, ariko ubu ifumbire yarahenze cyane ubu ibirayi biri guhingwa n’abakire gusa rwose mujye mutuvuganira umuti n’ifumbire iyo biva bigabanuke abantu bongere bahinge ibirayi bigure nk’uko cyera byaguraga 300, 200 umuntu wese yumve ko yarya ibirayi.”

Ibi biciro bihanitse by’ibikoreshwa mu buhinzi ni nabyo impuguke mu by’ubukungu Dr Fidele Mutemberezi atunga agatoki mu kuzamura igiciro cy’ibirayi u bukungu, akavuga ko Leta hari icyo yakora kugira ngo igiciro cy’ibirayi kidakomeza gutumbagira.

Ati “Leta buriya hari ibyo yakora nko gushyiraho ibiciro, ishobora kuvanaho imisoro imwe n’imwe ubundi ika encourageant [gutera imbaraga] abahinzi nyine.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 15 =

Previous Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Next Post

Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.