Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya biri kuba ihurizo ry’imibare itoroshye byagera ku birayi bikarushaho

radiotv10by radiotv10
10/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya biri kuba ihurizo ry’imibare itoroshye byagera ku birayi bikarushaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko batibuka igihe baherukira kurya ibirayi mu gihe byari ibiryo by’ibanze mu miryango yabo kubera izamuka rikabije ry’ibiciro byabyo, ku buryo ababitekereza bashyira mu mibare bakabona bidashoboka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yanyarukiye mu isoko rikuru rya Gisenyi riherereye mu murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu kugira ngo arebe uko ibiciro by’ibiribwa bihagaze.

Ibiciro by’ibiribwa byose byarazamutse, by’umwihariko iby’ibirayi, byo byageze ku rundi rwego ku buryo ababasha kubirya muri iyi minsi ari mbarwa, mu gihe byahoze ari ibiribwa by’ibanze.

Yaba ari abacuruzi ndetse n’abaguzi, buri we, afite icyo avuga ku biciro by’ibi biribwa. Umwe yagize ati “Nkiri muto ikilo cy’ibirayi cyaguraga ifaranga, none rero ubu ibirayi bitewe n’uko byabuze biri kugura 800, 700 gutyo none se urumva Atari ikibazo nyine. Narumvise ngo haje n’ibirayi biturutse hanze muri Kenya. None se mwigeze kubona Kenya igemurira u Rwanda ibirayi?”

Undi ati “Ntabwo nakubwira ngo mperuka kubirya ryari nabivuyeho, narabiretse ngura umuceri, nkagura kawunga kuko ni byo bitubuka abana banjye barya nkabona barahaze.”

Uyu muturage akomeza avuga ko, muri iyi minsi bibasaba imibare myinshi iyo bagiye guhaha. Ati “Ibirayi nguze ibilo 6, kugira ngo mu rugo turye imvange njyewe ubwanjye ni uko ngura ibiro 10 by’ibirayi, nawe urabyumva kuba na magana inani wumve amafaranga biri butware; none ibiro 10 niba turabirya ijoro rimwe urumva najya kugura ibirayi cyangwa nagura ibiro 2 by’umuceri Nkagura n’imboga?”

Undi nawe ati “Njyewe ntabwo narya ibirayi mfite abana 5 ntabwo nabirya, ubwo byasaba ko barya ibihumbi 6 saa sita na nimugoroba bakarya ibindi 6, ubwo se ayo mafaranga nayabona he?”

Abahinzi b’ibirayi, na bo bagaragaza intandaro yo guhenda kw’ibirayi, aho umwe agira ati “ifumbire ikigura macye wasangaga n’umukene ahinze ibirayi ku rugo, ugasanga ifumbire ntimuhenze akagura n’ibilo 3 cyangwa 5, ariko ubu ifumbire yarahenze cyane ubu ibirayi biri guhingwa n’abakire gusa rwose mujye mutuvuganira umuti n’ifumbire iyo biva bigabanuke abantu bongere bahinge ibirayi bigure nk’uko cyera byaguraga 300, 200 umuntu wese yumve ko yarya ibirayi.”

Ibi biciro bihanitse by’ibikoreshwa mu buhinzi ni nabyo impuguke mu by’ubukungu Dr Fidele Mutemberezi atunga agatoki mu kuzamura igiciro cy’ibirayi u bukungu, akavuga ko Leta hari icyo yakora kugira ngo igiciro cy’ibirayi kidakomeza gutumbagira.

Ati “Leta buriya hari ibyo yakora nko gushyiraho ibiciro, ishobora kuvanaho imisoro imwe n’imwe ubundi ika encourageant [gutera imbaraga] abahinzi nyine.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Next Post

Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.