Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya biri kuba ihurizo ry’imibare itoroshye byagera ku birayi bikarushaho

radiotv10by radiotv10
10/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya biri kuba ihurizo ry’imibare itoroshye byagera ku birayi bikarushaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko batibuka igihe baherukira kurya ibirayi mu gihe byari ibiryo by’ibanze mu miryango yabo kubera izamuka rikabije ry’ibiciro byabyo, ku buryo ababitekereza bashyira mu mibare bakabona bidashoboka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yanyarukiye mu isoko rikuru rya Gisenyi riherereye mu murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu kugira ngo arebe uko ibiciro by’ibiribwa bihagaze.

Ibiciro by’ibiribwa byose byarazamutse, by’umwihariko iby’ibirayi, byo byageze ku rundi rwego ku buryo ababasha kubirya muri iyi minsi ari mbarwa, mu gihe byahoze ari ibiribwa by’ibanze.

Yaba ari abacuruzi ndetse n’abaguzi, buri we, afite icyo avuga ku biciro by’ibi biribwa. Umwe yagize ati “Nkiri muto ikilo cy’ibirayi cyaguraga ifaranga, none rero ubu ibirayi bitewe n’uko byabuze biri kugura 800, 700 gutyo none se urumva Atari ikibazo nyine. Narumvise ngo haje n’ibirayi biturutse hanze muri Kenya. None se mwigeze kubona Kenya igemurira u Rwanda ibirayi?”

Undi ati “Ntabwo nakubwira ngo mperuka kubirya ryari nabivuyeho, narabiretse ngura umuceri, nkagura kawunga kuko ni byo bitubuka abana banjye barya nkabona barahaze.”

Uyu muturage akomeza avuga ko, muri iyi minsi bibasaba imibare myinshi iyo bagiye guhaha. Ati “Ibirayi nguze ibilo 6, kugira ngo mu rugo turye imvange njyewe ubwanjye ni uko ngura ibiro 10 by’ibirayi, nawe urabyumva kuba na magana inani wumve amafaranga biri butware; none ibiro 10 niba turabirya ijoro rimwe urumva najya kugura ibirayi cyangwa nagura ibiro 2 by’umuceri Nkagura n’imboga?”

Undi nawe ati “Njyewe ntabwo narya ibirayi mfite abana 5 ntabwo nabirya, ubwo byasaba ko barya ibihumbi 6 saa sita na nimugoroba bakarya ibindi 6, ubwo se ayo mafaranga nayabona he?”

Abahinzi b’ibirayi, na bo bagaragaza intandaro yo guhenda kw’ibirayi, aho umwe agira ati “ifumbire ikigura macye wasangaga n’umukene ahinze ibirayi ku rugo, ugasanga ifumbire ntimuhenze akagura n’ibilo 3 cyangwa 5, ariko ubu ifumbire yarahenze cyane ubu ibirayi biri guhingwa n’abakire gusa rwose mujye mutuvuganira umuti n’ifumbire iyo biva bigabanuke abantu bongere bahinge ibirayi bigure nk’uko cyera byaguraga 300, 200 umuntu wese yumve ko yarya ibirayi.”

Ibi biciro bihanitse by’ibikoreshwa mu buhinzi ni nabyo impuguke mu by’ubukungu Dr Fidele Mutemberezi atunga agatoki mu kuzamura igiciro cy’ibirayi u bukungu, akavuga ko Leta hari icyo yakora kugira ngo igiciro cy’ibirayi kidakomeza gutumbagira.

Ati “Leta buriya hari ibyo yakora nko gushyiraho ibiciro, ishobora kuvanaho imisoro imwe n’imwe ubundi ika encourageant [gutera imbaraga] abahinzi nyine.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Next Post

Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza
FOOTBALL

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.