Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ibiciro by’ibicuruzwa by’ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba kugurishwa ku giciro cyo hasi.

Uyu muryango ufatanyije n’indi nka Familles Rurales na Secours Catholique, watangije ubukangurambaga kuri iki cyifuzo cyawo aho by’umwihariko wibukije Abaturage bo mu Bufaransa gukurikiza inama za Gahunda y’Igihugu y’Imirire n’Ubuzima (PNNS) bitaba ibyo bikaba byatera ingaruka.

Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango mu Bufaransa, Karine Jacquemart, yanenze inzego za Leta zikunze gushishikariza abantu kurya ibiribwa byagirira akamaro umubiri wabo nk’imbuto, imboga, ibinyamisogwe, n’amafi, ariko ntizigire icyo zikora ngo ibi biribwa bibashe kwigonderwa na buri wese kuko bihenze, aho yagize ati “kurya neza ntibikwiye kuba bihanitse.”

Yasabye abayobozi b’inzego za Leta zo muri kiriya Gihugu, zirebwa n’ibijyanye n’ibiciro, nka Minisitiri w’Ubukungu n’uw’Ubucuruzi, gushyiraho politiki zituma abacuruzi bacuruza ibicuruzwa by’ingenzi ku giciro gito, mu bice byose by’Igihugu, anasaba kandi ko n’amahanga akwiye kubigenza uko.

Bimwe mu biribwa byagaragajwe ku rutonde rw’ibigomba gushakirwa uburyo byaboneka ku biciro byo hasi, imbuto n’imboga, ibinyampeke, amakaroni, ifu, amagi, ibikomoka ku mata, amafi, ndetse n’ibintu by’ingenzi mu guteka mu rugo nk’amavuta, isukari, n’ibirungo.

Foodwatch itangaza kandi ko ubu bukangurambaga bugamije kugaragaza icyuho kiri mu biribwa by’ingenzi, bikwiye kuboneka ku masoko.

Uyu muryango wanasabye ko abakora mu nzego zituma ibiribwa biboneka, bakwiye koroherezwa, yaba abahinzi n’aborozi, kimwe n’inganda zitunganya umusaruro wabo, bityo bikaba byagira uruhare mu gutuma ibiribwa biboneka byoroshye.

Uyu muryango usaba ko uburenganzira bwo kwihaza mu biribwa bitanga indyo yuzuye,  bukwiye kuba itegeko aho kuba amahitamo nk’uko bimeze ubu, kuko bibasha kugurwa n’abafite uko bahagaze ku mufuka, kandi Leta ihora ivuga ko ubuzima bwiza ari ubwa bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.