Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye byatoreye umwanzuro wo kwamagana icyemezo cy’u Burusiya cyo kwiyomekaho ibindi bice bya Ukraine, aho u Rwanda rwawemeye mu gihe bimwe mu Bihugu byo mu karere n’u Burundi na Uganda byifashe.

Aya matora, yari agamije kwemeza umwanzuro wo kwamaganna ibyakozwe n’u Burusiya byo kuba yariyometseho Intara enye (4) za Ukraine, byanatorewe mu mpera z’ukwezi gushize.

Uyu mwanzuro watowe mu Nteko Rusange yo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, aho uyu mwanzuro wemejwe n’Ibihugu 143, wangwa na bitanu birimo u Burusiya, Belarus, North Korea, Syria na Nicaragua.

Ibihugu byifashe mu gutorera uyu mwanzuro, ni 35 birimo ibyo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nk’u Burundi bunayoboye EAC, Uganda na Sudani y’Epfo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda iri mu Bihugu byifashe kuri uyu mwanzuro, muri Nyakanga 2022 ubwo yakiraga Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yavuze ko Igihugu cye [Uganda] kidashobora kwitandukanya n’u Burusiya kubera intambara cyashoje kuri Ukraine.

Icyo gihe Museveni yagize ati “Ni gute twahita twitandukanya n’abantu twabanye mu myaka 100 ishize? Twababariye abadukoreye ibibi ubu turimo gukorana na bo, none ni gute twakwitandukanya abatarigeze batugirira nabi?”

Ibindi Bihugu by’ibihangange bizwi ko bikunze kuba inyuma y’u Burusiya nk’u Bushinwa n’u Buhindi, na byo biri mu byifashe.

Mu ntangiro za Werurwe uyu mwaka wa 2022 ubwo Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yatoraga umwanzuro wo kwamagana ibikorwa by’u Burusiya byo gushoza intambara muri Ukraine, Ibihugu 141 byari byawutoye biwushyigikira, naho 35 birifata.

Icyo gihe na bwo u Rwanda rwari rwatoye rushyigikiye uyu mwanzuro wo kwamagana iriya ntambara u Burusiya bwashoje muri Ukrane, mu gihe ibindi Bihugu byo mu karere nka Uganda n’u Burundi [byombi byongeye kwifata] ndetse na Tanzania, byari byifashe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 7 =

Previous Post

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.