Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye byatoreye umwanzuro wo kwamagana icyemezo cy’u Burusiya cyo kwiyomekaho ibindi bice bya Ukraine, aho u Rwanda rwawemeye mu gihe bimwe mu Bihugu byo mu karere n’u Burundi na Uganda byifashe.

Aya matora, yari agamije kwemeza umwanzuro wo kwamaganna ibyakozwe n’u Burusiya byo kuba yariyometseho Intara enye (4) za Ukraine, byanatorewe mu mpera z’ukwezi gushize.

Uyu mwanzuro watowe mu Nteko Rusange yo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, aho uyu mwanzuro wemejwe n’Ibihugu 143, wangwa na bitanu birimo u Burusiya, Belarus, North Korea, Syria na Nicaragua.

Ibihugu byifashe mu gutorera uyu mwanzuro, ni 35 birimo ibyo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nk’u Burundi bunayoboye EAC, Uganda na Sudani y’Epfo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda iri mu Bihugu byifashe kuri uyu mwanzuro, muri Nyakanga 2022 ubwo yakiraga Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yavuze ko Igihugu cye [Uganda] kidashobora kwitandukanya n’u Burusiya kubera intambara cyashoje kuri Ukraine.

Icyo gihe Museveni yagize ati “Ni gute twahita twitandukanya n’abantu twabanye mu myaka 100 ishize? Twababariye abadukoreye ibibi ubu turimo gukorana na bo, none ni gute twakwitandukanya abatarigeze batugirira nabi?”

Ibindi Bihugu by’ibihangange bizwi ko bikunze kuba inyuma y’u Burusiya nk’u Bushinwa n’u Buhindi, na byo biri mu byifashe.

Mu ntangiro za Werurwe uyu mwaka wa 2022 ubwo Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yatoraga umwanzuro wo kwamagana ibikorwa by’u Burusiya byo gushoza intambara muri Ukraine, Ibihugu 141 byari byawutoye biwushyigikira, naho 35 birifata.

Icyo gihe na bwo u Rwanda rwari rwatoye rushyigikiye uyu mwanzuro wo kwamagana iriya ntambara u Burusiya bwashoje muri Ukrane, mu gihe ibindi Bihugu byo mu karere nka Uganda n’u Burundi [byombi byongeye kwifata] ndetse na Tanzania, byari byifashe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.