Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye byatoreye umwanzuro wo kwamagana icyemezo cy’u Burusiya cyo kwiyomekaho ibindi bice bya Ukraine, aho u Rwanda rwawemeye mu gihe bimwe mu Bihugu byo mu karere n’u Burundi na Uganda byifashe.

Aya matora, yari agamije kwemeza umwanzuro wo kwamaganna ibyakozwe n’u Burusiya byo kuba yariyometseho Intara enye (4) za Ukraine, byanatorewe mu mpera z’ukwezi gushize.

Uyu mwanzuro watowe mu Nteko Rusange yo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, aho uyu mwanzuro wemejwe n’Ibihugu 143, wangwa na bitanu birimo u Burusiya, Belarus, North Korea, Syria na Nicaragua.

Ibihugu byifashe mu gutorera uyu mwanzuro, ni 35 birimo ibyo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nk’u Burundi bunayoboye EAC, Uganda na Sudani y’Epfo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda iri mu Bihugu byifashe kuri uyu mwanzuro, muri Nyakanga 2022 ubwo yakiraga Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yavuze ko Igihugu cye [Uganda] kidashobora kwitandukanya n’u Burusiya kubera intambara cyashoje kuri Ukraine.

Icyo gihe Museveni yagize ati “Ni gute twahita twitandukanya n’abantu twabanye mu myaka 100 ishize? Twababariye abadukoreye ibibi ubu turimo gukorana na bo, none ni gute twakwitandukanya abatarigeze batugirira nabi?”

Ibindi Bihugu by’ibihangange bizwi ko bikunze kuba inyuma y’u Burusiya nk’u Bushinwa n’u Buhindi, na byo biri mu byifashe.

Mu ntangiro za Werurwe uyu mwaka wa 2022 ubwo Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yatoraga umwanzuro wo kwamagana ibikorwa by’u Burusiya byo gushoza intambara muri Ukraine, Ibihugu 141 byari byawutoye biwushyigikira, naho 35 birifata.

Icyo gihe na bwo u Rwanda rwari rwatoye rushyigikiye uyu mwanzuro wo kwamagana iriya ntambara u Burusiya bwashoje muri Ukrane, mu gihe ibindi Bihugu byo mu karere nka Uganda n’u Burundi [byombi byongeye kwifata] ndetse na Tanzania, byari byifashe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eleven =

Previous Post

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.