Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: Uwarokotse nyuma yo kujugunywa muri Nyabarongo yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bw’interahamwe

radiotv10by radiotv10
14/05/2024
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: Uwarokotse nyuma yo kujugunywa muri Nyabarongo yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bw’interahamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi wabereye ku Rwibutso rwa Kamonyi, umwe mu barokokeye muri aka Karere ka Kamonyi, yatanze ubuhamya bw’ubugome bw’abakoze Jenoside, by’umwihariko interahamwe zajugunyaga abantu muri Nyabarongo, na we wajugunywemo ariko akarokoka.

Ni umuhango wabaye ku Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi, ruruhukiyemo inzirakarengane 47 521 z’abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hanashyinguwe indi 42 yaboneye mu bice bitandukanye.

Nyinawumuntu Rachel warorokeye mu Murenge wa Rugarika, yagarutse ku bugome bw’interahamwe mu bikorwa byo kwica Abatutsi, avuga ko yarokotse nyuma yo kujunywa mu mugezi wa Nyabarongo.

Yagize ati ”Baradutwaye bajya kutoroha muri Nyabarongo, nsaba Yesu ngo antabare, ni uko arantabara ndakomeza ndareremba, ngiye kubona mbona ndi ku ruhande ku nkombe y’uruzi, noneho uruzi rwarantembanye bari baturoheye ahantu hitwa i Kiboga runjyana aho bita i Mageragere.”

Abashyinguye ababo babonetse mu bice bitandukanye, baravuga ko baruhutse ku mutima kuko bari bafite ibikomere n’agahinda byo kutamenya amaherezo y’ababo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyandwi Eric yagize ati”Twabohotse kubera ko twabonye imibiri y’abacu tukabashyingura mu cyubahiro, ubundi nari mfite ikibazo cy’uko ntashyinguye abanjye mu cyubahiro nk’abandi bose.”

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kamonyi, Benedata Zacharie avuga ko  kugira ngo iyi mibiri iboneke byagizwemo uruhare n’abaturage batanze amakuru ndetse n’ibikorwa remezo bigenda byubakwa.

Yagize ati ”Hari iyo tubona mishya cyane cyane aho bagendaga bahinga, ahandi ugasanga ni nk’umuntu wireze cyangwa se ni abantu bashwanye bakaba bagaragaza iyo mibiri. Ibyo bikorwa by’iterambere na byo bigenda bitugaragariza imibiri, twashishoza ugasanga ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru ku wagaragayeho ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati ”Turasaba Abanyarwanda n’abaturage ba Kamonyi byumwihariko ko gukomeza gutanga amakuru ku wagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside ari ingenzi.”

Kugeza ubu mu Karere ka kamonyi, habarwa ahantu 882 hauhukiye imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, icyakora hari igera kuri 400 yo mu murenge wa Kayumbu yamaze kwimurirwa mu rwibutso rwa Kamonyi.

Ibuka muri aka Karere isaba abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kwakira ko imibiri ishyinguye mu zindi nzibutso yimurirwa muri uru rwibutso rwa Kamonyi.

Imiryango ifite ababo baruhukiye ku Rwibutso rwa Kamonyi babahaye icyubahiro
Minisitiri w’Uburezi yunamiye inzirakarengane ziruhukiye mu rwibutso rwa Kamonyi
Hashyinguwe mu cyubahiro indi mibiri 42

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 11 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n’Abanya-Guinea

Next Post

APR BBC yatashye amaramasa muri BAL yageze i Kigali bucece mu gicuku abantu basinziriye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Menya igisabwa ngo APR ihagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika-BAL izagere mu mikino ya nyuma

APR BBC yatashye amaramasa muri BAL yageze i Kigali bucece mu gicuku abantu basinziriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.