Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: Uwarokotse nyuma yo kujugunywa muri Nyabarongo yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bw’interahamwe

radiotv10by radiotv10
14/05/2024
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: Uwarokotse nyuma yo kujugunywa muri Nyabarongo yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bw’interahamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi wabereye ku Rwibutso rwa Kamonyi, umwe mu barokokeye muri aka Karere ka Kamonyi, yatanze ubuhamya bw’ubugome bw’abakoze Jenoside, by’umwihariko interahamwe zajugunyaga abantu muri Nyabarongo, na we wajugunywemo ariko akarokoka.

Ni umuhango wabaye ku Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi, ruruhukiyemo inzirakarengane 47 521 z’abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hanashyinguwe indi 42 yaboneye mu bice bitandukanye.

Nyinawumuntu Rachel warorokeye mu Murenge wa Rugarika, yagarutse ku bugome bw’interahamwe mu bikorwa byo kwica Abatutsi, avuga ko yarokotse nyuma yo kujunywa mu mugezi wa Nyabarongo.

Yagize ati ”Baradutwaye bajya kutoroha muri Nyabarongo, nsaba Yesu ngo antabare, ni uko arantabara ndakomeza ndareremba, ngiye kubona mbona ndi ku ruhande ku nkombe y’uruzi, noneho uruzi rwarantembanye bari baturoheye ahantu hitwa i Kiboga runjyana aho bita i Mageragere.”

Abashyinguye ababo babonetse mu bice bitandukanye, baravuga ko baruhutse ku mutima kuko bari bafite ibikomere n’agahinda byo kutamenya amaherezo y’ababo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyandwi Eric yagize ati”Twabohotse kubera ko twabonye imibiri y’abacu tukabashyingura mu cyubahiro, ubundi nari mfite ikibazo cy’uko ntashyinguye abanjye mu cyubahiro nk’abandi bose.”

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kamonyi, Benedata Zacharie avuga ko  kugira ngo iyi mibiri iboneke byagizwemo uruhare n’abaturage batanze amakuru ndetse n’ibikorwa remezo bigenda byubakwa.

Yagize ati ”Hari iyo tubona mishya cyane cyane aho bagendaga bahinga, ahandi ugasanga ni nk’umuntu wireze cyangwa se ni abantu bashwanye bakaba bagaragaza iyo mibiri. Ibyo bikorwa by’iterambere na byo bigenda bitugaragariza imibiri, twashishoza ugasanga ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru ku wagaragayeho ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati ”Turasaba Abanyarwanda n’abaturage ba Kamonyi byumwihariko ko gukomeza gutanga amakuru ku wagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside ari ingenzi.”

Kugeza ubu mu Karere ka kamonyi, habarwa ahantu 882 hauhukiye imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, icyakora hari igera kuri 400 yo mu murenge wa Kayumbu yamaze kwimurirwa mu rwibutso rwa Kamonyi.

Ibuka muri aka Karere isaba abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kwakira ko imibiri ishyinguye mu zindi nzibutso yimurirwa muri uru rwibutso rwa Kamonyi.

Imiryango ifite ababo baruhukiye ku Rwibutso rwa Kamonyi babahaye icyubahiro
Minisitiri w’Uburezi yunamiye inzirakarengane ziruhukiye mu rwibutso rwa Kamonyi
Hashyinguwe mu cyubahiro indi mibiri 42

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − thirteen =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n’Abanya-Guinea

Next Post

APR BBC yatashye amaramasa muri BAL yageze i Kigali bucece mu gicuku abantu basinziriye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Menya igisabwa ngo APR ihagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika-BAL izagere mu mikino ya nyuma

APR BBC yatashye amaramasa muri BAL yageze i Kigali bucece mu gicuku abantu basinziriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.