Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubusanzwe mu kazi ka Leta hatarimo ubucuruzi, bityo ko ibikorwa by’ubucuruzi byayo bigiye kwegurirwa abikorera birimo ibizabegurirwa mu buryo bwihuse.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa imyanya muri Guverinoma y’u Rwanda.

Yagarutse ku rugendo rw’u Rwanda mu kubyutsa ubukungu bwarwo nyuma yuko icyorezo cya COVID-19 gitanze agahenge.

Perezida Kagame yavuze ko Igihugu cy’u Rwanda kigenda gisubira kuba nyabagendwa, ndetse n’imirimo myinshi igenda yongera gusubira ku murongo n’inama mpuzamahanga zikaba zarongeye kwakirwa.

Perezida Kagame yashimiye abayobozi bashya bashyizwe mu myanya abifuriza imirimo myiza binjiyeyemo

Ati “Ndizera ko gukomeza gukorera Igihugu cyacu aba bayobozi bazubakira ku inararibonye bagiye bakura ku byo n’ubundi bari basanzwe bakora kuko bari basanzwe bakorera Leta bakorera Igihugu, hahindutse inshingano ariko imirimo ni ya yindi.”

Yavuze ko uko hakomeza gushyirwa imbaraga mu guhangana n’ingaruka za COVID-19, bizakomea kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

Yagarutse kuri Minisiteri nshya y’Ishoramari rya Leta, avuga ko “izareba ko ibigo bya Leta bicungwa neza ndetse amaherezo cyangwa se ibyihuse kuri bimwe bikegurirwa abikorera. Hari ibigomba kwegurirwa abikorera vuba na bwangu bitagombye gutegereza.”

Yakomeje agira ati “Leta cyangwa Guverinoma cyangwa inzego zose za Leta ubundi ntabwo akazi kacu ari ukujya mu bucuruzi mu bintu bisa nk’ibyo ahubwo dufasha abacuruza, abikorera kugira ngo bagere kuri byinshi ari na ko babigeza ku Gihugu.”

Perezida Kagame yavuze ko Guverinoma yifuza ko Ibigo bimwe by’ubucuruzi byari bisanzwe ari ibya Leta byegurirwa abikorera.

Ati “Hari bimwe bizakorwa vuba hari n’ibindi byatwara umwanya kubera impamvu na zo zumvikana na byo ariko bikagenda biva mu maboko ya Leta.”

Perezida Paul Kagame uvuga ko ibyo byose bikorwa hagamijwe ko bigirira akamaro Abanyarwanda bose, yagarutse ku buhinzi n’ubworozi, yibutsa ko ari inkingi ya mwamba mu mibereho y’abaturage.

Ati “Ariko ubwo buhinzi n’ubworozi bugomba guhinduka bukabyazwa umusaruro uhagije kugira ngo dukomeze twihaze mu biribwa kandi twitegura ibishobora kubuhungabanya igihe cyose.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika, avuga ko u Rwanda rukwiye kwitegura kuzaribyaza umusaruro mu bijyanye n’ubucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ndetse n’ubwa serivisi.

Ati “Kugera kuzi izi ntego rero bisaba buri wese twese ko habaho gukora ibyo dushinzwe kuri buri umwe ariko na twese hamwe tukabikora ku buryo bwihuse bishoboka, tukagira ingoga ariko tukanabikora n’ubudakemwa ni bwo bigira inyungu zisumbuyeho.

Yakomeje agira ati “Nabisubiramo, ndibwira ko nta nzira y’ubusamo ifite uwo yungukiye, ni ibintu by’igihe gito kandi ntabwo biramba […] Ibyihuse bigira abo biramira batari bacye iyo bitinze na byo hari ababigwamo.”

Perezida Kagame yibukije abayobozi gukorana ariko bakibuka ko iteka bakorera Abanyarwanda kandi bakibuka ko bagomba kujya babazwa inshingano.

Perezida Kagame yayoboye uyu muhango
Eric Rwigamba wagizwe Minisitiri Ushinzwe Ishoramari rya Leta
Dr Ildephonse Musafiri wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 8 =

Previous Post

Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

by radiotv10
08/08/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rufunze Prof. Omar Munyaneza utari uzuza ukwezi akuwe mu nshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe
MU RWANDA

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

08/08/2025
Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.