Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubusanzwe mu kazi ka Leta hatarimo ubucuruzi, bityo ko ibikorwa by’ubucuruzi byayo bigiye kwegurirwa abikorera birimo ibizabegurirwa mu buryo bwihuse.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa imyanya muri Guverinoma y’u Rwanda.

Yagarutse ku rugendo rw’u Rwanda mu kubyutsa ubukungu bwarwo nyuma yuko icyorezo cya COVID-19 gitanze agahenge.

Perezida Kagame yavuze ko Igihugu cy’u Rwanda kigenda gisubira kuba nyabagendwa, ndetse n’imirimo myinshi igenda yongera gusubira ku murongo n’inama mpuzamahanga zikaba zarongeye kwakirwa.

Perezida Kagame yashimiye abayobozi bashya bashyizwe mu myanya abifuriza imirimo myiza binjiyeyemo

Ati “Ndizera ko gukomeza gukorera Igihugu cyacu aba bayobozi bazubakira ku inararibonye bagiye bakura ku byo n’ubundi bari basanzwe bakora kuko bari basanzwe bakorera Leta bakorera Igihugu, hahindutse inshingano ariko imirimo ni ya yindi.”

Yavuze ko uko hakomeza gushyirwa imbaraga mu guhangana n’ingaruka za COVID-19, bizakomea kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

Yagarutse kuri Minisiteri nshya y’Ishoramari rya Leta, avuga ko “izareba ko ibigo bya Leta bicungwa neza ndetse amaherezo cyangwa se ibyihuse kuri bimwe bikegurirwa abikorera. Hari ibigomba kwegurirwa abikorera vuba na bwangu bitagombye gutegereza.”

Yakomeje agira ati “Leta cyangwa Guverinoma cyangwa inzego zose za Leta ubundi ntabwo akazi kacu ari ukujya mu bucuruzi mu bintu bisa nk’ibyo ahubwo dufasha abacuruza, abikorera kugira ngo bagere kuri byinshi ari na ko babigeza ku Gihugu.”

Perezida Kagame yavuze ko Guverinoma yifuza ko Ibigo bimwe by’ubucuruzi byari bisanzwe ari ibya Leta byegurirwa abikorera.

Ati “Hari bimwe bizakorwa vuba hari n’ibindi byatwara umwanya kubera impamvu na zo zumvikana na byo ariko bikagenda biva mu maboko ya Leta.”

Perezida Paul Kagame uvuga ko ibyo byose bikorwa hagamijwe ko bigirira akamaro Abanyarwanda bose, yagarutse ku buhinzi n’ubworozi, yibutsa ko ari inkingi ya mwamba mu mibereho y’abaturage.

Ati “Ariko ubwo buhinzi n’ubworozi bugomba guhinduka bukabyazwa umusaruro uhagije kugira ngo dukomeze twihaze mu biribwa kandi twitegura ibishobora kubuhungabanya igihe cyose.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika, avuga ko u Rwanda rukwiye kwitegura kuzaribyaza umusaruro mu bijyanye n’ubucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ndetse n’ubwa serivisi.

Ati “Kugera kuzi izi ntego rero bisaba buri wese twese ko habaho gukora ibyo dushinzwe kuri buri umwe ariko na twese hamwe tukabikora ku buryo bwihuse bishoboka, tukagira ingoga ariko tukanabikora n’ubudakemwa ni bwo bigira inyungu zisumbuyeho.

Yakomeje agira ati “Nabisubiramo, ndibwira ko nta nzira y’ubusamo ifite uwo yungukiye, ni ibintu by’igihe gito kandi ntabwo biramba […] Ibyihuse bigira abo biramira batari bacye iyo bitinze na byo hari ababigwamo.”

Perezida Kagame yibukije abayobozi gukorana ariko bakibuka ko iteka bakorera Abanyarwanda kandi bakibuka ko bagomba kujya babazwa inshingano.

Perezida Kagame yayoboye uyu muhango
Eric Rwigamba wagizwe Minisitiri Ushinzwe Ishoramari rya Leta
Dr Ildephonse Musafiri wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’
SIPORO

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.