Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ukomeje gukozanyaho na FARDC mu mirwano irushaho guhindura isura, werekanye ibindi bikoresho bya gisirikare wafashe birimo imbunda zigezweho, byasizwe n’abo bahanganye.

Ibi bikoresho byerekanywe n’umutwe wa M23, byatawe n’abo bahanganye mu duce twa Karenga na Kirolirwe.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23, uyu mutwe uvuga ko ibi bikoresho byafashwe nyuma y’ibitero byagabwe na FARDC ifatanyije na FDLR ndetse n’abacancuro n’abandi barwanyi.

Umutwe wa M23 uvuga ko ibi bitero biremereye byagabwaga no mu bice bituwemo n’abaturage, kandi FARDC n’abo bafatanyije, bakabirasamo ibisasu biremereye batitaye ko muri ibyo bice bituwemo.

Iri tangazo rya M23, rivuga ko mu bitero byagabwe mu bice bya Karenga na Kilorirwe no mu bice bibikikije, “M23 yirwanyeho bya kinyamwuga ndetse yabashije gufata imbunda nyinshi, amasasu n’ibindi bikoresho byatawe n’abarwanyi ku rugamba.”

Uyu mutwe kandi wagaragaje mu mafoto ibi bikoresho wafashe, birimo imbunda z’indebakure ndetse na camera zifashishwa mu gufata amakuru yo ku rugamba.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, uyu mutwe usoza uvuga ko mu mirwano yabereye Kitshanga, wabashije gusubiza inyuma abayigabyeho igitero, ubu ukaba uri kugenzura agace ka Mweso no mu duce tuhakikije.

Hafashwe imbunda nyinshi

Yafashe n’ibikoresho birimo Camera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 11 =

Previous Post

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Next Post

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Related Posts

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.