Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

radiotv10by radiotv10
24/10/2022
in MU RWANDA
0
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe agace kamwe ko muri Terirwari ya Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’imirwano iremereye yahuje uyu mutwe na FARDC.

Aka gace kafashwe na M23, kitwa Ntamugenga, kafashwe n’uyu mutwe kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022.

Ikinyamakuru Goma 24 News kivuga ko aka gace ka Ntamugenga kafashwe na M23 nyuma yuko uyu mutwe wafashe n’utundi duce twa Muhimbira na Nyaluhondo.

Ubutumwa bw’iki kinyamakuru bwanyuze kuri Twitter, buvuga ko “site ya Ntamugenga yamaze kugera mu maboko ya M23. Imirwano ikomereje mu gace ka Matebe/ Bugani. FARDC ikomeje kwihagararaho ku muhanda werecyeza Rutshuru, ariko ntibyababujije guhunga nkuko bisanzwe.”

Ikinyamakuru 7SUR7.CD cyo cyatangaje ko umutwe wa M23 wafashe kariya gace nyuma yo kurenga ku mabwiriza ukagaba igitero ku birindiro bya FARDC bigatuma n’abasivile bava mu byabo.

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Congo, bwabwiye iki kinyamakuru 7SUR7.CD ko abasirikare binjiye mu bitaro bya Ntamugenga ariko ko ikindi gice cy’aka gace kiri kugenzurwa na M23.

Umwe mu basirikare utifuje ko atangazwa, yagize ati “Twasubiye inyuma hafi y’Ibitaro. Aho ni ho twarasaniye, bari benshi. Bafashe agace ka Ntamugenga.”

Ntamugenga ni agace gateye neza ku bya gisirikare muri Teritwari ya Rutshuru kuko gafasha kugera byoroshye ku muhanda mukuru nimero ya 2. Ikinyamakuru 7SUR7.CD kivuga ko uyu mutwe wa M23 ushobora gukoresha aka gace, ugahagarika urujya n’uruza rwerecyeza mu Mujyi wa Goma.

Imirwano hagati ya M23 na FARDC yubuye ku wa Kane w’icyumweru gishize nyuma y’igihe hari agahenge, aho yubuye nyuma yuko FARDC igabye ibitero kuri M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − eight =

Previous Post

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Next Post

Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Related Posts

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR waniyamamaje mu Matora y'Umukuru w'Igihugu aheruka n'ayayabanjirije,...

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

by radiotv10
14/10/2025
0

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119...

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

by radiotv10
14/10/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro iki Gihugu cyagiranye na DRC, hakenewe...

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

by radiotv10
14/10/2025
0

Abahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Huye, bahinga mu gishanga cya Nyagisenyi, bavuga ko  bafite ikibazo cyo kugura imbuto y’ibigori...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko
AMAHANGA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

by radiotv10
14/10/2025
0

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

14/10/2025
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

14/10/2025
BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

14/10/2025
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

14/10/2025
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.