Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze

radiotv10by radiotv10
20/06/2022
in Uncategorized
0
M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafunguye ku mugaragaro Umupaka wa Bunagana uherereye muri Teritwari ya Rutshuru mu Kivu ya Ruguru uhana imbibi na Uganda, wemerera abaturage bari barahunze kuwambuka bagatahuka ndetse ubizeza kubacungira umutekano.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga z’uyu mutwe wa M23, agaragaza Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma afungura ku mugaragaro uyu mupaka wa Bunagana uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

Maj Willy Ngoma uba ahagaze ku biro by’uyu mupaka, avuga ko abaturage batangiye kuza kwambuka uyu mupaka batahuka nyuma y’iminsi barahunze imirwano.

Muri aya mashusho anagaragaza bamwe mu baturage baba bagiye gutangira kwambuka bakoresheje uyu mupaka bagarua mu Mujyi wa Bunagana, Maj Willy Ngoma akomeza agira ati “Nkuko mubibona abaturage batangiye kugaruka.”

Akomeza avuga ko aba baturage ari bo bifatiye icyemezo cyo gutahuka ku bushake bwabo kandi ko M23 yiteguye kubacungira umutekano uko bikwiye.

Ati “Bamwe ni ababyeyi bacu bagiye badufasha, ubu bashobora kwinjirana n’abana babo bakajya ku mashuri kuko mu gihe cya vuba batangira ibizamini bya Leta.”

Umujyi wa Bunagana uri mu Ntara ya Kivu ya Ruguru ihana imbibi n’Igihugu cya Uganda, uri mu maboko y’Umutwe wa M23 kuva ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 13 Kamena 2022 nyuma yuko ukubise inshuro abasirikare ba FARDC bari bawurinze bamwe bagahungira muri Uganda.

Tariki 16 Kamena 2022, hacicikanye amakuru yavugaga ko FARDC yisubije uyu mujyi wa Bunagana, gusa Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yanyomoje aya makuru, uvuga ko bakiri muri uyu Mujyi ndetse ko badateganya kuwuvamo vuba aha ndetse ko nta n’ingabo zapfa kuwubakuramo.

Ubwo M23 yafataga uyu mujyi wa Bunagana, Maj Willy Ngoma yabwiye RADIOTV10 ko bawufashe mu rwego rwo kwizera umutekano wabo kuko wifashishwaga na FARDC mu kubagabaho ibitero.

Maj Willy Ngoma afungura ku mugaragaro uyu mupaka wa Bunagana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Hasohotse itangazo bivugwa ko ari FLN ivuga ku gitero ikekwaho cyahitanye Abanyarwanda babiri

Next Post

Uwari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yahagaritswe ataranuzuza umwaka umwe

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yahagaritswe ataranuzuza umwaka umwe

Uwari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yahagaritswe ataranuzuza umwaka umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.