Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje igikomeye kirengagijwe kuri bimwe mu byemeranyijweho n’u Rwanda ma DRCongo

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwagaragaje ko mu gufata umwanzuro wo guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hirengagijwe uruhande rukomeye runarebwa no gushyirwa mu bikorwa uyu mwanzuro.

Mu butumwa bwatanzwe na Bertrand Bisimwa usanzwe mu buyobozi bwa M23, yavuze ko “mu kumva neza amasezerano y’amahoro cyangwa mu gahenge hagati y’impande ebyiri, ni ngombwa kubaha rimwe mu mahame remezo: Ihame ryo kudahagararira uruhande urwo ari rwo rwose.”

Bertrand Bisimwa akomeza avuga ko nk’uko biteganywa n’uburenganzira, ubundi amasezerano y’ubwumvikane hagati y’abantu babiri cyangwa impande ebyiri, ku ngingo ireba uruhande rwa gatatu, bisabwa ko na rwo ruhabwa ijambo mu gufata umwanzuro.

Ati “Bivuze ko uwo muntu wa gatatu na we agomba gutanga uburenganzira bwe bugaragara, kugira ngo abashe kwifatanya n’ayo masezerano.”

Yavuze ko iri tegeko ari gombwa, kuko rigena amasezerano ndetse rikarengera ibigomba kubahirizwa, iyo hazamo kurengera uburenganzira bw’abantu n’inyungu z’urundi ruhande batagira uruhare mu buryo butaziguye mu biganiro no mu ifatwa ry’ibyemezo.

Bertrand Bisimwa avuga ko no mu burenganzira mpuzamahanga, iyo hari amasezerano areba Ibihugu bibiri, ariko akaba areba uruhande rwa gatatu, ruba rukwiye kuyahabwamo ijambo rukayatangira uburenganzira, agaragaza ko biteganjwa n’Ihame rizwi nka ‘effet relatif’ rigenwa n’ingingo ya 34 y’amasezerano y’i Vienne ku burenganzira bw’amasezerano yo mu 1969.

Yakomeje agaragaza ibiteganywa n’iri hame birimo “1.Amasezerano y’uburenganzira n’inshingano, ashyirwaho gusa n’Ibihugu bibiri, 2.Uruhande rwa gatatu ntirushobora gushyirwamo mu gihe rutatanze uburenganzira.”

Betrand Bisimwa atangaje ibi nyuma yuko mu cyumweru gishize, i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangijwe urwego rwa gisirikare ruhuriweho n’u Rwanda, DRC na Angola, rushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano katangiye tariki 04 Kanama 2024.

Gusa kuva icyo gihe, aka gahenge kagiye karengwaho, byumwihariko kuva mu kwezi gushize mo hagati, aho imirwano yagiye yubura ubwo umutwe wa M23 wabaga ugabweho ibitero n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC, ndetse n’imitwe nka FDLR na Wazalendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 14 =

Previous Post

I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

Next Post

Safi yagaragarijwe urugwiro i Burayi mu gitaramo gishobora kuzakurikirwa n’icyo mu Rwanda adaheruka (AMAFOTO)

Related Posts

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Safi yagaragarijwe urugwiro i Burayi mu gitaramo gishobora kuzakurikirwa n’icyo mu Rwanda adaheruka (AMAFOTO)

Safi yagaragarijwe urugwiro i Burayi mu gitaramo gishobora kuzakurikirwa n’icyo mu Rwanda adaheruka (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.