Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko aho igenzura ikorana n’abaturage ibikorwa by’iterambere

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko aho igenzura ikorana n’abaturage ibikorwa by’iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uvuga ko mu bice ugenzura nko muri Teritwari ya Rutshuru, ufatanya n’abaturage mu bikorwa bigamije imibereho myiza n’iterambere, nko gukora umuganda rusange.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, wavuze ko ku wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, mu gace ka Mabungo mu Mujyi wa Kiwanja, ubuyobozi bwa M23 bwafatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage baho mu gikorwa cy’Umuganda.

Kanyuka yavuze ko abayobozi bitabiriye uyu muganda, barimo umuyobozi w’uyu mujyi wa Kiwanja, Camarade Julien Katembo ndetse na Komanda wa Burigade Ernest, ndetse n’Umuyobozi wa Teritwari ya Rutshuru, Prince Mpabuka.

Ubutumwa bw’Umuvugizi wa M23, buherekejwe n’amashusho n’amafoto, agaragaza bamwe mu barwanyi b’uyu mutwe bafite imbunda, bari no gukora umuganda, wo guhanga umuhanda.

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko mu gihe ubuyobozi bwa M23 bufatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere nk’iki cy’umuganda, ubufatanye bwa FARDC n’imitwe irimo FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi, bo bakorana na bo babashora mu bikorwa bibi bibangamira uburenganzira bwa bamwe mu baturage.

Yakomeje avuga ko “M23 yifuza kwizeza umutekano abaturage, kandi yizeza ko hazakomeza kubaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.”

Yasoje asaba abantu kudaha agaciro ibinyoma bihimbwa na FARDC, ko umutwe wa M23 ari wo uhungabanya umutekano wo mu duce tumwe.

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana mu mirwano n’uruhande rurwanira Leta ya Repubulika Iharanira Iharanira Demokarasi ya Congo, mu cyumweru gishize, wakunze kuvuga ko uru ruhande bahanganye rwagiye rurasa ibisasu biremereye mu bice bituwemo n’abaturage, ukavuga ko utazihanganira iyi myitwarire ahubwo ko uzakomeza kurwana ku baturage bugarijwe.

Uyu muganda wakozwe ku wa Gatandatu
Hamwe na bamwe mu barwanyi ba M23 bagaragaye bakora umuganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Icyakurikiye ifatwa ry’abasirikare b’Ababiligi bagaragaye bakubitira umuntu mu kindi Gihugu

Next Post

U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

Related Posts

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Ibitero by’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) uhanganye n’igisirikare cya Leta muri Sudani, byatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, bimaze guhitana...

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

by radiotv10
15/07/2025
0

Muhammadu Buhari, wabaye Perezida wa Nigeria, witabye Imana ku  myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, akagwa mu Bwongereza, umubiri...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

by radiotv10
15/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo za DRC, rukomeje kurangwa n’ibikorwa by’ubwicanyi bukorerwa abaturage b’abasivile, ndetse rukaba...

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.