Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo biyemeje kurandura akarengane gakorerwa bamwe muri bene wabo bazizwa ubwoko bwabo, wizeje Abanyamulenge kubabohora nyuma yuko General Makanika wari ukuriye umutwe wabo wa Twirwaneho, yivuganywe na FARDC.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, nyuma y’amasaha macye umutwe wa Twirwaneho wemeje urupfu rwa General Rukunda Michel uzwi nka Makanika, wishwe n’igitero cya Drone ya FARDC cyagabwe ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025.

Mu butumwa bwatanzwe na Lt Col Willy Ngoma kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, yagize ati “Mugende mubwire abatekereza ko bagiye gutsemba Abanyamulenge muri DRC, bibeshya.”

Lt Col Willy Ngoma yakomeje avuga ko Abanyamulenge ari Abanyekongo nk’abandi bose bakeneye kuba mu Gihugu cyabo bisanzuye.

Ati “Abanyamulenge ni Abanyekongo, bari mu Gihugu cy’abakurambere babo, ni abantu bamurikirwa n’umucyo rwa Nyagasani kandi bidatinze baratabarwa, babashe no kwidegembya mu Gihugu cyabo.”

Mu butumwa bwashyizwe hanze kuri uyu wa Kane n’Umutwe wa Twirwaneho usanzwe urwanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, ubwo wavugaga ku rupfu rwa General Makanika, wahamagariye Abanyamulenge bose yaba abari mu Gihugu no hanze yacyo, gukomeza gushyigikira ibikorwa bya Twirwaneho kugira ngo ibashe kuranduka akarengane kakomeje gukorerwa abo muri ubu bwoko bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Uyu mutwe wavuze ko urupfu rwa Makanika rudakwiye kugira uwo ruca intege, ahubwo ko rukwiye kuba imbarutso yo gukomeza urugamba rwo kwibohora, no guca aka karengane gakorwa n’ubutegetsi bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

M23 yongeye kugaragaza ibyo ubutegetsi bwa Congo bukora bitazubugwa amahoro

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.