Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo biyemeje kurandura akarengane gakorerwa bamwe muri bene wabo bazizwa ubwoko bwabo, wizeje Abanyamulenge kubabohora nyuma yuko General Makanika wari ukuriye umutwe wabo wa Twirwaneho, yivuganywe na FARDC.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, nyuma y’amasaha macye umutwe wa Twirwaneho wemeje urupfu rwa General Rukunda Michel uzwi nka Makanika, wishwe n’igitero cya Drone ya FARDC cyagabwe ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025.

Mu butumwa bwatanzwe na Lt Col Willy Ngoma kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, yagize ati “Mugende mubwire abatekereza ko bagiye gutsemba Abanyamulenge muri DRC, bibeshya.”

Lt Col Willy Ngoma yakomeje avuga ko Abanyamulenge ari Abanyekongo nk’abandi bose bakeneye kuba mu Gihugu cyabo bisanzuye.

Ati “Abanyamulenge ni Abanyekongo, bari mu Gihugu cy’abakurambere babo, ni abantu bamurikirwa n’umucyo rwa Nyagasani kandi bidatinze baratabarwa, babashe no kwidegembya mu Gihugu cyabo.”

Mu butumwa bwashyizwe hanze kuri uyu wa Kane n’Umutwe wa Twirwaneho usanzwe urwanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, ubwo wavugaga ku rupfu rwa General Makanika, wahamagariye Abanyamulenge bose yaba abari mu Gihugu no hanze yacyo, gukomeza gushyigikira ibikorwa bya Twirwaneho kugira ngo ibashe kuranduka akarengane kakomeje gukorerwa abo muri ubu bwoko bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Uyu mutwe wavuze ko urupfu rwa Makanika rudakwiye kugira uwo ruca intege, ahubwo ko rukwiye kuba imbarutso yo gukomeza urugamba rwo kwibohora, no guca aka karengane gakorwa n’ubutegetsi bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twelve =

Previous Post

M23 yongeye kugaragaza ibyo ubutegetsi bwa Congo bukora bitazubugwa amahoro

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Related Posts

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw'umusore w’imyaka 34 usanzwe ari umumotari akaba ari n’umufana wa Arsenal FC bikekwa...

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

by radiotv10
25/05/2026
0

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya yategetse ko itsinda rishinzwe umutekano wa Perezida William Ruto rihindurwa vuba na bwangu nyuma yuko...

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

IZIHERUKA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima
AMAHANGA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.