Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye kugaragaza ibyo ubutegetsi bwa Congo bukora bitazubugwa amahoro

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwongeye kugaragaza ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo ivangura no kubiba urwango rukorerwa abarimo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Bikubiye mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, yagarutse ku ngengabitekerezo mbi y’Ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri iri tangazo, Lawrence Kanyuka yagize ati “Ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa Kinshasa buri kubiba urwango, bunimakaza politiki y’ivangura, biganisha ku kurimbura no guhohotera Abanyekongo bavuga Ikiswahili n’Ikinyarwanda.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yakomeje avuga ko iyi ngengabitekerezo y’ubutegetsi bwa Congo ntakindi iganishaho, uretse Jenoside yo kwica ibi byiciro by’Abanyekongo.

Ati “Ibi biganisha kuri Jenoside ikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa no guhonyora uburenganzisa bw’abaturage b’abasivile.”

Ubutegetsi bwa Congo bwakunze kunengwa ibikorwa bibangamira bamwe mu baturage b’iki Gihugu bufatanyije n’imitwe itandukanye irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Abasize bakoze iyi Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni imwe mu Rwanda, bakomereje ingengabitekerezo yabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu, mu bikorwa byo kuvutsa uburenganzira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ubutegetsi bwa Kinshasa kandi bugira uruhare mu bikorwa bibangamira Abanyamulenge mu Ntara ya Kivu y’Epfo, ndetse n’Aba-Hema bo mu Ntara ya Ituri.

Ibi bikorwa ni na byo byatumye havuka umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Congo (FARDC) wavutse ugamije guharanira uburenganzira bw’aba Banyekongo, ubu ukaba umaze kwigarurira bimwe mu bice byo muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo, nyuma yo kubona ko bamwe mu bahatuye bakomeje gucurwa bufuni na buhoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + two =

Previous Post

Hatangajwe amakuru mpamo ku rupfu rw’Umujenerali wari Intwari y’Abanyamulenge

Next Post

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.