Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye kugaragaza ibyo ubutegetsi bwa Congo bukora bitazubugwa amahoro

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwongeye kugaragaza ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo ivangura no kubiba urwango rukorerwa abarimo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Bikubiye mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, yagarutse ku ngengabitekerezo mbi y’Ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri iri tangazo, Lawrence Kanyuka yagize ati “Ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa Kinshasa buri kubiba urwango, bunimakaza politiki y’ivangura, biganisha ku kurimbura no guhohotera Abanyekongo bavuga Ikiswahili n’Ikinyarwanda.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yakomeje avuga ko iyi ngengabitekerezo y’ubutegetsi bwa Congo ntakindi iganishaho, uretse Jenoside yo kwica ibi byiciro by’Abanyekongo.

Ati “Ibi biganisha kuri Jenoside ikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa no guhonyora uburenganzisa bw’abaturage b’abasivile.”

Ubutegetsi bwa Congo bwakunze kunengwa ibikorwa bibangamira bamwe mu baturage b’iki Gihugu bufatanyije n’imitwe itandukanye irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Abasize bakoze iyi Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni imwe mu Rwanda, bakomereje ingengabitekerezo yabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu, mu bikorwa byo kuvutsa uburenganzira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ubutegetsi bwa Kinshasa kandi bugira uruhare mu bikorwa bibangamira Abanyamulenge mu Ntara ya Kivu y’Epfo, ndetse n’Aba-Hema bo mu Ntara ya Ituri.

Ibi bikorwa ni na byo byatumye havuka umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Congo (FARDC) wavutse ugamije guharanira uburenganzira bw’aba Banyekongo, ubu ukaba umaze kwigarurira bimwe mu bice byo muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo, nyuma yo kubona ko bamwe mu bahatuye bakomeje gucurwa bufuni na buhoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 4 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru mpamo ku rupfu rw’Umujenerali wari Intwari y’Abanyamulenge

Next Post

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.