Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America yafatiye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, General (Rtd) James Kabarebe, bidafite ishingiro, rwibutsa ko ibihano ntacyo bizatanga mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri DRC.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ryagiye hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025.

Ni nyuma yuko Ibiro bya USA Bishinzwe ibihano mu by’ubukungu (OFAC- Office of Foreign Assets Control) bitangaje ko iki Gihugu cyafatiye ibihano General (Rtd) James Kabarebe, usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka.

Leta Zunze Ubumwe za America zishinja Gen (Rtd) James Kabarebe kugira uruhare mu buhuza bwa Leta y’u Rwanda n’umutwe wa M23, aho iki Gihugu na cyo cyaguye mu mutego w’ibinyoma by’ibirego bishinjwa u Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, rivuga ko “Ibihano byafatiwe Umunyamabanga wa Leta James Kabarebe byafashwe na OFAC, ntibifite ishingiro. Iyo ibihano biza kuba bikemura amakimbirane mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Vongo, twakagombye kuba dufite amahoro kuva mu myaka myinshi ishize.”

U Rwanda rwibukije ko kuva mu myaka itatu ishize ubwo imirwano yuburaga mu burasirazuba bwa DRC, umutekano w’u Rwanda wagiye ubangamirwa n’abagakwiye guhabwa ibihano ariko batabihawe.

Guverinoma iti “Muri bo harimo ingabo za Congo (FARDC), zirwana zifatanyije n’iza SAMIDRC, ingabo z’u Burundi, Umutwe w’abajenosideri wa FDLR, n’abacancuro b’Abanyaburayi (barimo 300 baherutse kunyuzwa mu Rwanda bajya muri Romania).”

U Rwanda ruvuga ko kuba Umuryango Mpuzamahanga warakomeje kurebera ibibazo by’akarengane gakorerwa bamwe mu Banyekongo bikorwa na Guverinoma ya Congo, byagiye byenyeza imirwano mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Guverinoma iti “Intego y’u Rwanda ni imwe gusa yo kwirindira umutekano, ndetse no kwifuza ko habaho iherezo ry’ubutagondwa muri Politiki ishingiye ku irondabwoko mu karere. Iki ni ikibazo cy’umutekano w’Igihugu, kandi ni cyo dushyize imbere. Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho mu mahoro, batikanga ibibazo by’umutekano byaturuka muri DRC.”

U Rwanda rwagarutse kuri ibi by’ibihano, ruvuga ko bidashobora kugira uruhare mu kuzana umuti w’ibibazo by’umutekano, amahoro n’ituze bimaze igihe mu karere k’ibiyaga bigari.

Ruti “Izi ngamba ziza nko kwivanga kw’amahanga mu nzira ziyemejwe n’Abanyafurika, ni iziza kurogoya no gutinza umuti w’amakimbirane.”

U Rwanda rwibukije amahanga ko agomba gushyigikira no kubaha inzira z’ibiganiro zahiswemo n’Umugabane wa Afurika mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, zirimo imyanzuro iherutse gufatirwa mu nama yahuje Imiryango ya EAC na SADC kimwe n’iy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, rwibutsa ko ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwagira icyo butanga, kandi ko u Rwanda ruzakomeza kubushyigikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 11 =

Previous Post

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Next Post

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.