• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America yafatiye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, General (Rtd) James Kabarebe, bidafite ishingiro, rwibutsa ko ibihano ntacyo bizatanga mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri DRC.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ryagiye hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025.

Ni nyuma yuko Ibiro bya USA Bishinzwe ibihano mu by’ubukungu (OFAC- Office of Foreign Assets Control) bitangaje ko iki Gihugu cyafatiye ibihano General (Rtd) James Kabarebe, usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka.

Leta Zunze Ubumwe za America zishinja Gen (Rtd) James Kabarebe kugira uruhare mu buhuza bwa Leta y’u Rwanda n’umutwe wa M23, aho iki Gihugu na cyo cyaguye mu mutego w’ibinyoma by’ibirego bishinjwa u Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, rivuga ko “Ibihano byafatiwe Umunyamabanga wa Leta James Kabarebe byafashwe na OFAC, ntibifite ishingiro. Iyo ibihano biza kuba bikemura amakimbirane mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Vongo, twakagombye kuba dufite amahoro kuva mu myaka myinshi ishize.”

U Rwanda rwibukije ko kuva mu myaka itatu ishize ubwo imirwano yuburaga mu burasirazuba bwa DRC, umutekano w’u Rwanda wagiye ubangamirwa n’abagakwiye guhabwa ibihano ariko batabihawe.

Guverinoma iti “Muri bo harimo ingabo za Congo (FARDC), zirwana zifatanyije n’iza SAMIDRC, ingabo z’u Burundi, Umutwe w’abajenosideri wa FDLR, n’abacancuro b’Abanyaburayi (barimo 300 baherutse kunyuzwa mu Rwanda bajya muri Romania).”

U Rwanda ruvuga ko kuba Umuryango Mpuzamahanga warakomeje kurebera ibibazo by’akarengane gakorerwa bamwe mu Banyekongo bikorwa na Guverinoma ya Congo, byagiye byenyeza imirwano mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Guverinoma iti “Intego y’u Rwanda ni imwe gusa yo kwirindira umutekano, ndetse no kwifuza ko habaho iherezo ry’ubutagondwa muri Politiki ishingiye ku irondabwoko mu karere. Iki ni ikibazo cy’umutekano w’Igihugu, kandi ni cyo dushyize imbere. Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho mu mahoro, batikanga ibibazo by’umutekano byaturuka muri DRC.”

U Rwanda rwagarutse kuri ibi by’ibihano, ruvuga ko bidashobora kugira uruhare mu kuzana umuti w’ibibazo by’umutekano, amahoro n’ituze bimaze igihe mu karere k’ibiyaga bigari.

Ruti “Izi ngamba ziza nko kwivanga kw’amahanga mu nzira ziyemejwe n’Abanyafurika, ni iziza kurogoya no gutinza umuti w’amakimbirane.”

U Rwanda rwibukije amahanga ko agomba gushyigikira no kubaha inzira z’ibiganiro zahiswemo n’Umugabane wa Afurika mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, zirimo imyanzuro iherutse gufatirwa mu nama yahuje Imiryango ya EAC na SADC kimwe n’iy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, rwibutsa ko ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwagira icyo butanga, kandi ko u Rwanda ruzakomeza kubushyigikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Next Post

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.