Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yashyizeho undi muvugizi

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
M23 yashyizeho undi muvugizi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwashyizeho undi muvugizi uzakorana na Maj Willy Ngoma usanzwe avugira uyu mutwe aho umwe azajya awuvugira ku byerekeye Politiki, undi ku bya Gisirikare.

Uyu muvugizi washyizweho n’ubuyobozi bwa M23, ni Lawrence Kanyuka uzajya avuga ibyerekeye Politiki mu gihe Maj Willy Ngoma we azakomeza kuwuvugira ibyerekeye ibya gisirikare.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022 rivuga ko hashingiwe ku mategeko n’amahame y’uyu mutwe, hafashwe iyi myanzuro mu rwego rwo kurushaho kunoza imikorere yawo.

Iri tangazo rivuga ko iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bukuru bw’amategeko bwa Gisirikare, rigira riti “Yashyize mu mwanya umuvugizi w’umutwe wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.”

Uyu muvugizi mushya wa M23 mu byerekeye ibya Politiki, azajya akorana na Maj Willy Ngoma wari usanzweho ariko umwe akavuga ibyerekeye Politiki mu gihe undi azajya avuga ibyerekeye Politiki.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Twashyizeho Umuvugizi wa M23 ari we Lawrence Kanyuka. Maj Willy Ngoma azakomeza kuba umuvugizi w’Igisirikare cya M23.”

Nous avons ce jour désigné un porte-parole politique du Mouvement du 23 mars en la personne de Lawrence Kanyuka.
Le major Willy Ngoma reste le porte parole militaire du Mouvement du 23 mars. pic.twitter.com/MLPIqq73VF

— Bertrand Bisimwa (@bbisimwa) July 31, 2022

Umutwe wa M23 uherutse kandi gushyira inzego z’ubutegetsi mu Mujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko yawo ndetse n’amwe mu mategeko agomba kugenderwaho n’abaturage bo muri uyu Mujyi.

Visi Perezida wa M23, Gen Sultan Makenga akaba n’umuyobozi w’igisirikare muri uyu mutwe, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yagaragaye ari kumwe na Jean Mwigamba wahoze ari Umuyobozi wa Teritwari ya Rutshuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − seventeen =

Previous Post

Gitifu uvugwaho ‘gukubita umukobwa wanze ko baryamana akamukura iryinyo’ yashyize hanze ukuri kwe

Next Post

Ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bwari bwimwe inzira n’ingabo z’Abarusiya bwahagurutse

Related Posts

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge
MU RWANDA

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bwari bwimwe inzira n’ingabo z’Abarusiya bwahagurutse

Ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bwari bwimwe inzira n’ingabo z’Abarusiya bwahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.