Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahakanye amakuru yavugaga ko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kisubije Umujyi wa Bunagana uherutse gufatwa n’uyu mutwe, uvuga ko bakiwurimo kandi ko nta gahunda bafite yo kuwuvamo kuko nta ngabo zifite ubushobozi bwo kuwubakuramo.

Aya makuru yari yakwirakwiye kuri uyu wa Kane tariki 16, aho bamwe bavugaga ko uyu Mujyi wa Bunagana wongeye kwisubizwa na FARDC nyuma y’imirwano iremereye yabaye hagati y’iki Gisirikare na M23.

Hari n’andi makuru yavugaga ko uyu mutwe wa M23 ari wo ubwawo wemeye kurekura uyu mujyi, ukajya ahandi.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yatangaje ko aya makuru ari ikinyoma kuko abarwanyi b’uyu mutwe bakiri muri uyu mujyi wa Bunagana kandi ko bari kuwucunga no gucungira umutekano abawutuye.

Maj Willy Ngoma yavuze batigeze bakura ibirenge muri uyu Mujyi wa Bunagana, ati “nta n’igitekerezo dufite cyo kuhava, turahari kandi tugomba kuhaguma kugira ngo turinde umutekano wacu.”

Ubwo M23 yafataga uyu Mujyi wa Bunagana mu gitonco cyo kuwa Mbere w’iki cyumweru, Willy Ngoma yari yabwiye RADIOTV10 ko gufata Bunagana bitari biri mu bushake bwabo ariko ko bawufashe mu rwego rwo kwirinda kuko FARDC yakomeje kuwifashisha ikomeza kubashotora.

Maj Willy Ngoma wari wadutangarije ko FARDC yari yakomeje kubamishaho ibisasu, bigatuma bafata uyu mujyi kugira ngo barusheho kwizera umutekano wabo, ubu yatangaje ko iyi ntego yatumye bawufata ntaho yagiye ku buryo bawuvamo.

Yagize ati “Twafashe uyu mujyi ngo turinde umutekano wacu, tuzahaguma.”

Willy Ngoma avuga ko kuri uyu wa Kane habayeho imirwano hagati yabo na FDLR yari yabateyeho agatero-shuma bagakozanyaho mu minota itageze ku 10 bakaza gukinagiza abarwanyi b’uyu mutwe urwanya u Rwanda bakabasubiza mu mashyamba.

Yavuze ko ibyo kuva muri Bunagana byo bidashobora. Ati “Ni ho turi kandi tuzahaguma, abatekereza ko tuzahava nta ngabo zahadukura, dufite ubushobozi bwo kurinda uyu mujyi.”

Perezida Uhuru Kenyatta wa Uganda unayoboye EAC, kuri uyu wa Gatatu yasohoye itangazo avuga ko yemeje umugambi wo kohereza ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize uyu muryango, mu bice binyuranye bya DRCongo birimo n’uyu mujyi wa Bunagana, kwambura intwari imitwe yitwaje intwaro yose ihari.

Ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yumvikanamo ijwi rya Maj Willy Ngoma yereka ko bakiri mu Mujyi wa Bunagana, ndetse ko bakiri kuwugenzura, aho anerekanamo bamwe mu baturage avuga ko baje kubasuhuza kuko babishimiye cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka

Next Post

Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry

Related Posts

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
0

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko...

IZIHERUKA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we
MU RWANDA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry

Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.