Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23&FARDC: MONUSCO yongeye kuzamurwa mu majwi ko yakoze ibihabanye n’inshingano zayo

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23&FARDC: MONUSCO yongeye kuzamurwa mu majwi ko yakoze ibihabanye n’inshingano zayo
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uravuga ko ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zongeye guha ubufasha uruhande ruhanganye n’uyu mutwe, burimo indege zitagira abapilote nk’izifashishijwe na FARDC mu bikorwa by’ubutasi byigeze gutuma yica inzirakarengane z’abasivile.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ihuriro AFC ribarizwamo n’umutwe wa M23, aho uyu mutwe wavuze ko ubwo abarwanyi bawo bari mu birindiro byawo muri Kiwanja na Kitshanga, “MONUSCO yiyemeje kuba umwe mu bufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa, mu bikorwa byo guhangana na M23.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko “MONUSCO yiyemeje gufatanya no guha ubufasha mu bikorwa byo guhangana na AFC/M23 ikorana na FARDC, SADC, Abajenosideri ba FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, ndetse n’ingabo z’u Burundi.”

Rigakomeza rigira riti “Ubwo bufasha burimo drone zikora igenzura, zagiye zifasha ubutegetsi bwa Kinshasa mu bitero by’indege z’intambara byahitanye inzirakarengane z’abasivile.”

Umutwe wa M23 kandi waboneyeho kumenyesha umuryango mpuzamahanga ko uruhande bahanganye ruherutse kubura ibitero bya rutura birimo ibikoreshwa indege zitagira abapilote ndetse n’iz’intambara, ndetse ko ruri gukoresha ibikoresho bishya.

Wanibukije kandi ko uruhande bahanganye rwigeze gukoresha ibirindiro bya MONUSCO bya Kiwanja na Kitshanga, mu rwego rwo gutegura ibitero rwigeze kugaba.

Iri tangazo rikagira riti “Tugendeye ku kuba MONUSCO yarananiwe kutagira uruhande ibogamiraho, AFC/M23 irihanangiriza MONUCSO kureka icyemezo yafashe cyo kwijandika mu bitero bigabwa muri M23 hifashishijwe ibirindiro  bya Kiwanja na Kitshanga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + five =

Previous Post

Kenya: Hongeye gukorwa icukumbura mu ishyamba ryasanzwemo imibiri 400 y’abakristu bazize ubuhanuzi bw’ubuyobe

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yirukanye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yirukanye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yirukanye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.