• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23&FARDC: MONUSCO yongeye kuzamurwa mu majwi ko yakoze ibihabanye n’inshingano zayo

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23&FARDC: MONUSCO yongeye kuzamurwa mu majwi ko yakoze ibihabanye n’inshingano zayo
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uravuga ko ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zongeye guha ubufasha uruhande ruhanganye n’uyu mutwe, burimo indege zitagira abapilote nk’izifashishijwe na FARDC mu bikorwa by’ubutasi byigeze gutuma yica inzirakarengane z’abasivile.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ihuriro AFC ribarizwamo n’umutwe wa M23, aho uyu mutwe wavuze ko ubwo abarwanyi bawo bari mu birindiro byawo muri Kiwanja na Kitshanga, “MONUSCO yiyemeje kuba umwe mu bufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa, mu bikorwa byo guhangana na M23.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko “MONUSCO yiyemeje gufatanya no guha ubufasha mu bikorwa byo guhangana na AFC/M23 ikorana na FARDC, SADC, Abajenosideri ba FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, ndetse n’ingabo z’u Burundi.”

Rigakomeza rigira riti “Ubwo bufasha burimo drone zikora igenzura, zagiye zifasha ubutegetsi bwa Kinshasa mu bitero by’indege z’intambara byahitanye inzirakarengane z’abasivile.”

Umutwe wa M23 kandi waboneyeho kumenyesha umuryango mpuzamahanga ko uruhande bahanganye ruherutse kubura ibitero bya rutura birimo ibikoreshwa indege zitagira abapilote ndetse n’iz’intambara, ndetse ko ruri gukoresha ibikoresho bishya.

Wanibukije kandi ko uruhande bahanganye rwigeze gukoresha ibirindiro bya MONUSCO bya Kiwanja na Kitshanga, mu rwego rwo gutegura ibitero rwigeze kugaba.

Iri tangazo rikagira riti “Tugendeye ku kuba MONUSCO yarananiwe kutagira uruhande ibogamiraho, AFC/M23 irihanangiriza MONUCSO kureka icyemezo yafashe cyo kwijandika mu bitero bigabwa muri M23 hifashishijwe ibirindiro  bya Kiwanja na Kitshanga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + seventeen =

Previous Post

Kenya: Hongeye gukorwa icukumbura mu ishyamba ryasanzwemo imibiri 400 y’abakristu bazize ubuhanuzi bw’ubuyobe

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yirukanye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yirukanye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yirukanye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.