Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, yashimiye Madamu Jeannette Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation yashinze ukaba warujuje imyaka 20 ushinzwe.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umuryango Imbuto Foundation wizije isabukuru y’imyaka 20 umaze ushinzwe mu birori byitabiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga, Madamu Jeannette Kagame ndetse na Madamu wa Perezida wa Namibia, Monica Geingos.

Izindi Nkuru

Umuryango Imbuto Foundation umaze imyaka 20 ushinzwe

Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha akaba umufasha wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yashimiye Madamu Jeannette Kagame ku bw’uyu muryango Imbuto Foundation yashinze wizihije isabukuru y’imyaka 20 umaze uvutse.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha wifuriza isabukuru nziza Umuryango Imbuto Foundation yavuze ko uyu muryango washinzwe na Madamu Jeannette Kagame wageze kuri byinshi muri iyi myaka 20 umaze ushinzwe.

Yagize ati “Nifurije ishya n’ihirwe mugenzi wanjye Madamu Jeannette Kagame ku bwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 y’umuryango Imbuto Foundation umaze ubayeho.”

Yakomeje agira ati “Ibyakozwe n’uyu muryango mu myaka 20 byagiriye akamaro abaturage.”

Mu ntangiro z’umwaka ushize wa 2020 muri Gashyantare, Madame Ndayishimiye na we yashinze umuryango ufasha iterambere ry’abagore, uburezi, n’ubuzima, witwa Bonne Action B.A Umugiraneza Foundation.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru