• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko kubona uko bidagadura no kuzamura impano zabo bibagora bitewe no kutagira ibibuga bakoresha, bagasaba Leta y’u Rwanda kugira icyo ibakorera.

Uwitwa Shemaryabagabo King James ati “Biratubangamiye kuko usanga ufite impano yo gukina umupira cyangwa indi mikino, ntabona aho abikorera kugira ngo impano afite izamuke.”

Undi witwa Dushimirimana Aurelienne ati “Hari igihe tuba dufite ikiruhuko bikatugora kubona ahantu ho gukinira, ugasanga umwana akanakosa ajyanye gukinira ahantu hatabugenewe.”

Alex Ntamunoza, umuyobozi w’iki kigo, avuga ko iyo haboneka ikibuga mberabyombi gifite imikino itandukanye byabafasha.

Ati “Ibigo byo kwidagadura turabikeneye, ntabwo dufite aho abana babasha gukinira. Nk’aha ntiwashyiramo ikibuga; uhashyizemo ikibuga, Recréation ntiyabona aho ikorerwa. Byasabaga ko twabona ikindi kibuga ku ruhande cyaba kiri mberabyombi gifite Volleyball, Basketball cyangwa Football, ariko kubera ibyo abana biyumva ko na bo bari mu gihe cyo gukina.”

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, arizeza iri shuri ko hagiye kubaho ubufatanye bwa Minisiteri n’Akarere kugira ngo abanyeshuri babone aho bazajya bakinira.

Ati “Nibyo koko mwabonye ko hariya hatameze neza aho abana bakorera akaruhuko gato (break), ntabwo ari ahantu hafite ibibuga bashobora gukiniraho. Iki ni ikibazo tuzakorana n’Akarere kugira ngo turebe uburyo amashuri yose yagira ‘access’ ku kibuga, n’iyo kitaba kiri ku ishuri… turareba uburyo amashuri yose yabona iyo ‘access’.”

Ishuri rya GS Paysannat LE ryigamo abanyeshuri ibihumbi bisaga 10, biganjemo impunzi. Aba banyeshuri basanga hakenewe ubwisanzure mu mikino itandukanye, bityo ko ibibuga by’imikino bibonetse byabafasha kuzamura impano zabo.

Aba banyeshuri basaba aho kwidagadurira
Ubuyobozi bw’ishuri na bwo bubona bikwiye
Minisitiri w’Uburezi yizeje ko iki cyifuzo kizasubizwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 2 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Next Post

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.