• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Maj.Willy Ngoma usigaye agenda mu modoka bambuye FARDC yifotoranyije n’abana b’i Bunagana

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Maj.Willy Ngoma usigaye agenda mu modoka bambuye FARDC yifotoranyije n’abana b’i Bunagana
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Willy Ngoma usanzwe ari Umuvugizi wa M23, yagaragaye ari kumwe n’abana bo mu mujyi wa Bunagana umaze igihe uri mu maboko y’uyu mutwe.

Maj Willy Ngoma wagizwe Umuvugisi wa M23 mu bya Gisirikare gusa, yafotowe ari kumwe n’aba bana begamye ku modoka ya Gisirikare bambuye FARDC mu minsi ishize.

Iyi modoka yari isanzwe igendamo uwari Komanda wa Socola 2, Gen Maj Cirimwami Peter, M23 yayambuye FARDC mu mpera za Kamena 2022 ubwo uyu mujenerali yarusimbukaga muri iyi mirwano ya M23 na FARDC, agakizwa n’amaguru agata iki kinyabiziga.

Iyi foto ya Maj Willy Ngoma yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye na bamwe mu basanzwe bashyigikiye umutwe wa M23, bashimye uburyo uyu muvugizi wa M23 akunze kubana n’abaturage basanzwe.

Maj Willy Ngoma n’abana b’i Bunagana

Uwayishyize kuri Twitter witwa Aganze Rafiki “Muri DRC i Bunagana, Maj Maj Willy Ngoma yatangiye icyumweru nk’umubyeyi ari kumwe n’abaturage bamugaragarije ibyishimo n’umunezero baterwa no kuba bari kumwe na M23 kandi banashimangira ko M23 yitwara neza inshuro nyinshi kurusha FARDC na FDLR.”

Maj Willy Ngoma na we ubwe yakunze kumvikana avuga ko badashobora kugirira nabi abaturage nkuko bikorwa na FARDC ndetse n’indi mitwe kuko ari ababyeyi babo, abavandimwe ndetse n’inshuti.

Umujyi wa Bunagana umaze amezi abiri n’igice uri mu maboko ya M23 kuko uyu mutwe wawufashe tariki 13 Kamena 2022, kuva icyo gihe ubu ugenzurwa n’uyu mutwe wanamaze no gushyiraho uburyo bw’imiyoborere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − seven =

Previous Post

Rutshuru: Abanye-Congo ngo barambiwe guhora babona FARDC ikubitwa inshuro na M23

Next Post

Burera: Yafatanywe urumogi arukuye muri Uganda abwira Polisi ko ari mu kazi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Burera: Yafatanywe urumogi arukuye muri Uganda abwira Polisi ko ari mu kazi

Burera: Yafatanywe urumogi arukuye muri Uganda abwira Polisi ko ari mu kazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.