Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Maj.Willy Ngoma usigaye agenda mu modoka bambuye FARDC yifotoranyije n’abana b’i Bunagana

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Maj.Willy Ngoma usigaye agenda mu modoka bambuye FARDC yifotoranyije n’abana b’i Bunagana
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Willy Ngoma usanzwe ari Umuvugizi wa M23, yagaragaye ari kumwe n’abana bo mu mujyi wa Bunagana umaze igihe uri mu maboko y’uyu mutwe.

Maj Willy Ngoma wagizwe Umuvugisi wa M23 mu bya Gisirikare gusa, yafotowe ari kumwe n’aba bana begamye ku modoka ya Gisirikare bambuye FARDC mu minsi ishize.

Iyi modoka yari isanzwe igendamo uwari Komanda wa Socola 2, Gen Maj Cirimwami Peter, M23 yayambuye FARDC mu mpera za Kamena 2022 ubwo uyu mujenerali yarusimbukaga muri iyi mirwano ya M23 na FARDC, agakizwa n’amaguru agata iki kinyabiziga.

Iyi foto ya Maj Willy Ngoma yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye na bamwe mu basanzwe bashyigikiye umutwe wa M23, bashimye uburyo uyu muvugizi wa M23 akunze kubana n’abaturage basanzwe.

Maj Willy Ngoma n’abana b’i Bunagana

Uwayishyize kuri Twitter witwa Aganze Rafiki “Muri DRC i Bunagana, Maj Maj Willy Ngoma yatangiye icyumweru nk’umubyeyi ari kumwe n’abaturage bamugaragarije ibyishimo n’umunezero baterwa no kuba bari kumwe na M23 kandi banashimangira ko M23 yitwara neza inshuro nyinshi kurusha FARDC na FDLR.”

Maj Willy Ngoma na we ubwe yakunze kumvikana avuga ko badashobora kugirira nabi abaturage nkuko bikorwa na FARDC ndetse n’indi mitwe kuko ari ababyeyi babo, abavandimwe ndetse n’inshuti.

Umujyi wa Bunagana umaze amezi abiri n’igice uri mu maboko ya M23 kuko uyu mutwe wawufashe tariki 13 Kamena 2022, kuva icyo gihe ubu ugenzurwa n’uyu mutwe wanamaze no gushyiraho uburyo bw’imiyoborere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Rutshuru: Abanye-Congo ngo barambiwe guhora babona FARDC ikubitwa inshuro na M23

Next Post

Burera: Yafatanywe urumogi arukuye muri Uganda abwira Polisi ko ari mu kazi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Yafatanywe urumogi arukuye muri Uganda abwira Polisi ko ari mu kazi

Burera: Yafatanywe urumogi arukuye muri Uganda abwira Polisi ko ari mu kazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.