Sunday, July 26, 2026
RW|EN
MU RWANDA

MALI: ONU irasaba amatora aciye mu mucyo

MALI: ONU irasaba amatora aciye mu mucyo

Security men stand guard in front of a polling station during the Presidential elections in Bamako, Mali, Sunday, July 29, 2018. Voting started slowly Sunday as people in Mali head to the polls to vote for a president amid increasing attacks by a number of extremist groups linked to al-Qaida and the Islamic State organization. (AP Photo/Baba Ahmed)

Akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano, kasabye amatora aciye mu mucyo muri Mali ariko kihanangiriza abaherutse guhirika ubutegetsi kutazayagaragaramo.

Biteganyijwe ko amatora yo muri Mali azaba umwaka utaha wa 2021. Ni amatora azaba nyuma y’imyaka ibiri y’ihirikwa ry’ubutegetsi rya hato na hato rikozwe n’igisirikare. Mu kwezi gushize kwa Gicurasi 2021 nibwo Colonel Assimi Goita yahiritse Perezida wari washyizweho umwaka ushize nabwo nyuma y’irindi hirika ry’ubutegetsi.

Hashize iminsi micye hashyizweho Guverinoma irimo benshi mu basirikare bagize uruhare muri ’Coup d’etat’ iherutse.

Ibihugu bigize akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano byasabye ko hategurwa amatora aciye mu mucyo ariko abagize uruhare mu ihirikwa ry’ubutegetsi bakayagendera kure.

Ambasaderi w’u Bufaransa muri Loni, Nicolas de Rivière yavuze ko imbaraga zikwiriye gushyirwa mu itegurwa ry’amatora ya Perezida ateganyijwe tariki 22 Gashyantare 2022.

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 16 =