Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mayor yiyita indangare ate?, Ni uguhishira ababananiza- Umusesenguzi avuga kubyo abayobozi babwira Perezida

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mayor yiyita indangare ate?, Ni uguhishira ababananiza- Umusesenguzi avuga kubyo abayobozi babwira Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki, yagarutse ku mvugo za bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bemerera Perezida wa Repubulika ko bagiye gukemura ibibazo by’abaturage, avuga ko birangirira aho kuko na bo baba bafite abatuma bidakemuka.

Mu cyumweru gishize, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba aho yanaganiriye n’abaturage ibihumbi n’ibihumbi baje kumwakira.

Abaturage bishimiye kuganira n’umukuru w’Igihugu, baboneyeho no kumugezaho bimwe mu bibazo bavuga ko bagejeje mu nzego z’ibanze ariko ntizibibakemurire.

Bimwe muri ibi bibazo byongeye kugezwa ku Mukuru w’u Rwanda, si ubwa mbere byari bimushyikirijwe ndetse agatanga umurongo bigomba gukemurwamo ariko ntibibonerwe umuti.

Muhizi Anatole wari mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko afite ikibazo cy’inzu yaguze mu buryo bwemewe n’amategeko muri 2015 ariko uwo bayiguze akaba yari umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) waje kuyiba, bigatuma imitungo ye ifatirwa ndetse n’iyo nzu bari baguze ntabashe kuyibonera icyangombwa.

Uyu muturage yavuze ko iki kibazo yakijeje kuri Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Musanze, agasaba Dr Alvera Mukabaramba wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ati “Yari yavuze ko mu minsi itatu inzu iba yatwanditsweho, nyakubahwa Perezida kuva icyo gihe kugeza n’ubu, nkaba nabasabaga ko mwankemurira ikibazo.”

Yakomeje avuga ko “abayobozi mumpa nyakubahwa Perezida barushwa imbaraga na BNR, baragenda bakambwira ngo ahubwo ninge gusenga ukagira ngo umuntu udasenga akwiye gutwarwa ibye…abayobozi bose duhuye bumva ibibazo byanjye akumva ndarengana akambwira ngo genda uge wirahiza Imana.”

Perezida Paul Kagame yahise asaba inzego zirebwa n’iki kibazo kuba zagikemuye bitarenze ku wa Mbere [ejo hashize].

Muhizi Anatole yavuze ko ikibazo cye yanze kugikemurirwa

 

Kuki abayobozi bizeza Perezida ibyo batazakora?

Umusesenguzi Jean Baptiste Omar Karegeya ukunze kwibanda kuri politiki z’imibereho myiza y’abaturage, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ibyo bamwe mu bayobozi bizeza Umukuru w’u Rwanda iyo yasuye abaturage, batabishyira mu bikorwa.

Ati “Ntabyo aba agiye gukora, ni uko aba ari imbere ya Perezida wa Repubulika kandi iriya ni imvugo yo guhishira abamunanije.”

Karegeya avuga ko imwe mu mpamvu y’ibi, ihera mu nzira zibageza ku buyobozi, ati “Baritinya kuko burya ntibatorwa n’abaturage, batorwa n’aba-delegues kandi hari igihe usanga muri abo babaranze ari bo bari muri ayo makosa.”

Akomeza agira ati “Urumva rero gukorera umuturage utaragutoye utagira n’uruhare mu kujyaho kwe cyangwa mu kuvaho kwe, abanza akareba za mbaraga.”

Uyu musesenguzi abajijwe niba umuyobozi ashobora kubeshyera umukuru w’Igihugu mu ruhame, yasubije agira ati “Ni ubwa mbere bibaye se? none se i Nyamasheke ntiwumvise uwabajije ikibazo yarakibajije n’i Musanze bakagishinga uwari Umunyamabanga wa Leta? None se icyo Umunyamabanga wa Leta atakoze, Mayor azakora iki?”

Uyu musesenguzi asoza yemeza ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze byumwihariko ab’Uturere, bajyaho hari izindi mbaraga zibari inyuma.

Ati “Mayor wiyaminiya, wize, yiyita indangare ate? Iyo ni imvugo ikingira ikibaba abandi. Bagiye bavugamo n’amazina muri biriya biganiro, abitwa ba Gafaranga, ba Seburikoko,…”

Muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu, yaboneyeho kwibutsa abayobozi yaba abo mu nzego z’ibanze n’abo mu nzego nkuru ko babereyeho abaturage, abasaba kutabasiragiza no kutabaka ruswa, abibutsa ko uzafabifatirwamo hari ibimutegereje.

Abaturage bagejeje kuri Perezida ibibazo bamaranye igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Next Post

Kamonyi: Yasize urwandiko rusobanura icyatumye yica umugore we na we akiyahura

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Yasize urwandiko rusobanura icyatumye yica umugore we na we akiyahura

Kamonyi: Yasize urwandiko rusobanura icyatumye yica umugore we na we akiyahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.