Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mayor yiyita indangare ate?, Ni uguhishira ababananiza- Umusesenguzi avuga kubyo abayobozi babwira Perezida

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mayor yiyita indangare ate?, Ni uguhishira ababananiza- Umusesenguzi avuga kubyo abayobozi babwira Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki, yagarutse ku mvugo za bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bemerera Perezida wa Repubulika ko bagiye gukemura ibibazo by’abaturage, avuga ko birangirira aho kuko na bo baba bafite abatuma bidakemuka.

Mu cyumweru gishize, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba aho yanaganiriye n’abaturage ibihumbi n’ibihumbi baje kumwakira.

Abaturage bishimiye kuganira n’umukuru w’Igihugu, baboneyeho no kumugezaho bimwe mu bibazo bavuga ko bagejeje mu nzego z’ibanze ariko ntizibibakemurire.

Bimwe muri ibi bibazo byongeye kugezwa ku Mukuru w’u Rwanda, si ubwa mbere byari bimushyikirijwe ndetse agatanga umurongo bigomba gukemurwamo ariko ntibibonerwe umuti.

Muhizi Anatole wari mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko afite ikibazo cy’inzu yaguze mu buryo bwemewe n’amategeko muri 2015 ariko uwo bayiguze akaba yari umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) waje kuyiba, bigatuma imitungo ye ifatirwa ndetse n’iyo nzu bari baguze ntabashe kuyibonera icyangombwa.

Uyu muturage yavuze ko iki kibazo yakijeje kuri Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Musanze, agasaba Dr Alvera Mukabaramba wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ati “Yari yavuze ko mu minsi itatu inzu iba yatwanditsweho, nyakubahwa Perezida kuva icyo gihe kugeza n’ubu, nkaba nabasabaga ko mwankemurira ikibazo.”

Yakomeje avuga ko “abayobozi mumpa nyakubahwa Perezida barushwa imbaraga na BNR, baragenda bakambwira ngo ahubwo ninge gusenga ukagira ngo umuntu udasenga akwiye gutwarwa ibye…abayobozi bose duhuye bumva ibibazo byanjye akumva ndarengana akambwira ngo genda uge wirahiza Imana.”

Perezida Paul Kagame yahise asaba inzego zirebwa n’iki kibazo kuba zagikemuye bitarenze ku wa Mbere [ejo hashize].

Muhizi Anatole yavuze ko ikibazo cye yanze kugikemurirwa

 

Kuki abayobozi bizeza Perezida ibyo batazakora?

Umusesenguzi Jean Baptiste Omar Karegeya ukunze kwibanda kuri politiki z’imibereho myiza y’abaturage, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ibyo bamwe mu bayobozi bizeza Umukuru w’u Rwanda iyo yasuye abaturage, batabishyira mu bikorwa.

Ati “Ntabyo aba agiye gukora, ni uko aba ari imbere ya Perezida wa Repubulika kandi iriya ni imvugo yo guhishira abamunanije.”

Karegeya avuga ko imwe mu mpamvu y’ibi, ihera mu nzira zibageza ku buyobozi, ati “Baritinya kuko burya ntibatorwa n’abaturage, batorwa n’aba-delegues kandi hari igihe usanga muri abo babaranze ari bo bari muri ayo makosa.”

Akomeza agira ati “Urumva rero gukorera umuturage utaragutoye utagira n’uruhare mu kujyaho kwe cyangwa mu kuvaho kwe, abanza akareba za mbaraga.”

Uyu musesenguzi abajijwe niba umuyobozi ashobora kubeshyera umukuru w’Igihugu mu ruhame, yasubije agira ati “Ni ubwa mbere bibaye se? none se i Nyamasheke ntiwumvise uwabajije ikibazo yarakibajije n’i Musanze bakagishinga uwari Umunyamabanga wa Leta? None se icyo Umunyamabanga wa Leta atakoze, Mayor azakora iki?”

Uyu musesenguzi asoza yemeza ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze byumwihariko ab’Uturere, bajyaho hari izindi mbaraga zibari inyuma.

Ati “Mayor wiyaminiya, wize, yiyita indangare ate? Iyo ni imvugo ikingira ikibaba abandi. Bagiye bavugamo n’amazina muri biriya biganiro, abitwa ba Gafaranga, ba Seburikoko,…”

Muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu, yaboneyeho kwibutsa abayobozi yaba abo mu nzego z’ibanze n’abo mu nzego nkuru ko babereyeho abaturage, abasaba kutabasiragiza no kutabaka ruswa, abibutsa ko uzafabifatirwamo hari ibimutegereje.

Abaturage bagejeje kuri Perezida ibibazo bamaranye igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eight =

Previous Post

Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Next Post

Kamonyi: Yasize urwandiko rusobanura icyatumye yica umugore we na we akiyahura

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Yasize urwandiko rusobanura icyatumye yica umugore we na we akiyahura

Kamonyi: Yasize urwandiko rusobanura icyatumye yica umugore we na we akiyahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.