Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
1
Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko yagaragaje impamvu zishobora gutuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’umwanzuro warwo nk’ibiherutse kuba mu rubanza ruregwamo Mugabekazi Liliane ukurikiranyweho gukora ibiterasoni mu ruhame.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022 ni bwo hari kuba hasomwe urubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo uyu mukobwa wagarutsweho cyane nyuma yo gukurikiranwaho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame kubera imyambarire ye yajyanye mu gitaramo igaragaza imyanya ye y’ibanga.

Gusa mu buryo butunguranye, uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasomwe nyuma y’amasaha ruburanishijwe kuko ku wa Gatanu tariki 19 Kanama rwasomwe, Urukiko rugafata icyemezo cyo kurekura uyu mukobwa.

Iki cyemezo cyasomwe itariki yari igenwe itageze, kibajijweho na bamwe barimo n’abataratinye kuvuga ko Umucamanza ashobora kuba yaragifashe kubera impaka zari zikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, za bamwe bifuzaga ko uyu mukobwa arekurwa.

Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko akaba n’umwarimu muri kaminuza mu bijyanye n’amategeko, Me Evode Kayitana, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko kuba Urukiko rwakwigiza imbere itariki yo gusomeraho icyemezo cyarwo, nta gikuba kiba cyacitse.

Agaragaza impamvu zishobora gutuma ibi biba, Me Evode Kayitana yagize ati “Umucamanza bashobora kuba bamushyize mu mahugurwa, ashobora kuba hari izindi manza nyinshi bamuhaye muri icyo cyumweru bikaba ngombwa ko avuga ati ‘reka nzisome hakiri kare’.”

Akomeza avuga kandi ko Urukiko rushobora no gusoma icyo cyemezo cyarwo mbere y’itariki rwari rwavuze, bisabwe n’Ubushinjacyaha.

Ati “Ubushinjacyaha hari igihe burega ariko bwageramo hagati bukabona butari bukwiye kuba bwaratanze icyo kirego bukaba bwanakwandikira Urukiko ko icyo kirego bukiretse…

Iyo Urukiko rubonye Ubushinjacyaha bwaretse icyo kirego kandi umuntu afunze yakagombye kuzasomerwa mu cyumweru gitaha ibijyanye n’ifunga n’ifungurwa bye, icyo gihe Urukiko rushobora guhita ruvuga ruti ‘wa muntu ufunze nimumusomere hakiri kare yitahire’.”

Uyu munyamategeko avuga ko iyi mpamvu iri mu zishobora kuba zaratumye ruriya rubanza ruregwamo Mugabekazi Liliane asomerwa mbere y’itariki yagombaga gusomerwaho.

Ati “Wenda hagati y’Urukiko n’Ubushinjacyaha bashobora kuba barumvikanye ko kiriya kirego cy’ifunga n’ifungurwa Ubushinjacyaha bukiretse.”

Kuri iki kirego kiregwamo Mugabekazi, uyu Munyamategeko avuga ko Ubushinjacyaha bushobora kuzatanga ikirego cyo mu mizi mu gihe bwabona ari ngombwa.

Gusa avuga ko uregwa we adashobora gusaba ko itariki yo kumusomera yigizwa imbere kuko bigoye ko yabona impamvu yashingiraho atanga icyo cyifuzo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Paul says:
    4 years ago

    Me Evode Kayitana turamwemera ariko kuri iyi ngingo yagakwiye kuba azana ingingo z’amategeko cg doctrines zisupportinga what he said, kuko aho duhita twibaza niba yisunze amategeko cg niba ari ibitekerezo bye bwite. Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Next Post

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Related Posts

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

by radiotv10
24/05/2026
0

Mu gihe tukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku rwego rw’akarere...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.