• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/04/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo CP Theos Bagede wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, wagizwe Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).

Aba bayobozi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kane tariki 02 Mata 2026 yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI), Niwenshuti Richard yagizwe Umuyobozi Mukuru wacyo, asimbura Eng. Patricie Uwase wari muri izi nshingano kuva mu kwezi k’Ukwakira 2024.

Niwenshuti Richard wagizwe Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, yabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Muri iki Kigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI), kandi, Tubane Chance yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa.

Mu Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), Nsengiyumva Joseph Cedrick, yagizwe Chief Corporate Affairs Officer, ndetse na Kayibanda Richard agirwa Chief Licensing Officer.

Mu bandi bayobozi bashyizwe mu myanya, barimo Mbabazi Judith, wagizwe Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya Akarengane, asimbura Yankurije Odette.

 

CP Theos Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano

Mu bandi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri, ni CP Theos Badege wagizwe Komiseri Mukuru Wungirije mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).

Badege yasimbuye DCG Rose Muhisoni na we wigeze kuba muri Polisi y’u Rwanda, wari wagizwe Komiseri Mukuru Wungirije muri RCS mu mwaka wa 2021.

CP Theos Badege uzwi muri Polisi y’u Rwanda, aho yigeze kuba Umuvugizi w’uru rwego, inshuro ebyiri mu bihe binyuranye, ndetse akaba yaragize indi myanya muri uru rwego, nko kuba yarabaye Umuyobozi Mukuru w’iryahoze ari Ishami rya Polisi Rishinzwe Ubugenzacyaha (CID).

Abandi bayobozi bashyizwe mu myanya, ni Nkiko Albert wagizwe Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ndetse na Habimana Donath, wagizwe Umushinjacyaha wo ku rwego rw’lgihugu.

Niwenshuti Richard wagizwe Umuyobozi Mukuru wa RCI
Mbabazi Judith, wagizwe Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya
Akarengane
CP Theos Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda na we yahawe inshingano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nine =

Previous Post

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Next Post

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Abavuga ko ingamba z'ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,...Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.