Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima kigaragaza ko umuntu umwe kuri batanu mu Rwanda; ni ukuvuga 20%, bagendana ibibazo byo mu mutwe, aho Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu kugaragaramo ibyo bibazo, kuko nko mu Karere ka Gasabo konyine, imibare iri kuri 36%.

Ibi byatangarijwe mu Ihuriro ry’Imiryango ishinzwe kurywanya ihungabana mu karere k’Ibiyaga Bigari, riri kubera mu Rwanda, rizama iminsi ibiri, ryateguwe n’Inama y’Abaporotesitanti mu Rwanda (CPR).

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuzima bwo mu mutwe muri RBC, Dr Jean Damascene Iyamuremye yavuze ko babara ko Abanyarwanda 20% bangana n’umwe kuri batanu bagendana ibibazo byo mu mutwe, naho mu bice byibasiriwe cyane, habarwa umwe kuri babiri, ni ukuvuga 52% bagendana n’ikibazo kimwe cyangwa byinshi byo mu mutwe

Yagize ati “Indwara ikunze kwibasira abantu, ni indwara yitwa Depression irangwa n’agahinda gakabije ku baturage bose ni 12% ariko ku barokotse Jenoside ni 35%.”

Akomeza agaragaza ko ibice by’imijyi ari byo byibasiwe cyane kurusha ibice by’icyaro.

Ati “Izi ndwara zo mu mutwe umujyi wa Kigali ni wo wibasiwe cyane uza ku mwanya wa mbere uharariwe na Gasabo ifite ibibazo byinshi ku kigero cya 36%, ukurikiwe n’Amajyepfo ahagarariwe n’umujyi wa Huye bo bari 30,4%, Rusizi ntabwo iri kure ndetse na Rubavu.”

Yavuze ko ubuzima bwa ba nyamwigendaho bw’abanyamugi, bushobora kugira ingaruka nyinshi zo kwibasirwa n’ibi bibazo, agasaba abantu kutibana kuko byongera kuzamura umubare wo kwigunga.

Yakomeje agira ati “Abanyamadini bigisha umubano urukundo bituma ibibazo byo mu mutwe bigabanuka.”

Abitabiriye iyi nama

 

Uko byifashe mu Bihugu by’ibituranyi

Lydia Mizero waje aharariye Ishyirahamwe (ACTION SANTE POUR TOUS) bafasha Abarundi mu bibazo by’ubuzima cyane cyane ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, yavuze ko ikibazo gikomereye Abarundi bafite ari uko Abarundi batagira umuco wo kwivuza.

Ati “Iyo umuntu batamubwiye ngo iyo ndwara irakwica Abarundi ntibivuza bigatuma bajya kwa muganga barembye cyane bituma ibibazo by’ihungabana biba byinshi cyane.”

Yavuze ko umwe mu bantu icumi aba afite ikibazo cy’ihungabana mu Burundi.

Dr Martial waturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uhagariye uzima bwo mu mutwe muri Kivu ya Ruguru na Butembo yavuze ko iwabo ihungabana riterwa n’ubukene, ndetse n’intambara zidashira zihorayo.

Yagize ati “Hashize imyaka irenga 20 mu Gihugu cyacu haba intambara ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro kongeraho ibyorezo bikomeye birimo Ebola byatumye imibare y’abafite ibibazo byo mu mutwe izamuka.”

Pasiteri Samuel Mutabazi ukora muri CPR ukuriye ishami ry’uburezi n’imibereho myiza, yasobanuye ko inama nk’iyi ibereye mu Rwanda bwa kabiri n’ihuriro ryitwa Reseau Trauma Integration dans la sous region de Grand Lac (Ihuriro ry’imiryango ishinzwe kurwanya ihungabana rishingiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 n’izindi mpamvu zinyuranye zitera ihungabana muri aka karere k’ibiyaga bigari).

Yagize ati “Iyi ni inshuro ya kabiri twakiriye iri huriro, twizemo byinshi kuko iyi miryango irwanya ihungabana yahuriye hano turi kuganira dufate izindi ngamba, ari abaturutse i Burundi, Congo no mu Budage turanoza imikoranire hagamijwe kugira ngo twite ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe no kuyigabanya bishoboka.”

Mu Rwanda nkuko ubushakashatsi bwabigaragaje muri 2018 ihungabana ku baturage bose ni 3,6% muri rusange, ariko ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, rikaba ryari rihagaze kuri 28.9%.

Naho mu bibazo byo mu mutwe muri rusange birimo n’ihungabana, Abanyarwanda 20% bagendana ibibazo byo mu mutwe.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 8 =

Previous Post

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Next Post

Hamenyekanye ibizabanza gukorwa ngo Kayishema yoherezwe mu Rwanda

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

Hamenyekanye ibizabanza gukorwa ngo Kayishema yoherezwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.