Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya ibiciro bishya muri gahunda yari itegerejwe mu gutwara abagenzi muri Kigali

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya ibiciro bishya muri gahunda yari itegerejwe mu gutwara abagenzi muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangajwe gahunda y’igerageza ryo kwishyura hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, aho kwishyura amafaranga yose ya Ligne, izatuma ibiciro bigabanuka bitewe n’intera yagenze, aho nk’urwa Downtown-Rwandex (6km) igiciro kizaba ari 274 Frw kivuye kuri 307 Frw.

Iyi gahunda y’igerageza yatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukuboza 2024, igatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza.

Iri gerageza rizakorerwa muri imwe mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali nk’uko byatangajwe na RURA, yavuze ko kuva kuri iriya tariki “hazatangizwa igerageza ry’uburyo bushya bwo kwishyura hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, aho kwishyura amafaranga ahwanye n’urugendo (ligne) rwose. Iryo gerageza rizakorerwa ku muhanda wa Nyabugogo-Kubuga n’uwa Downtown-Kabuga.”

RURA ivuga ko “umugenzi azajya akoza ikarita y’urugendo ku mashini nk’uko bisanzwe (Tap in), ariko nagera aho asohokera yongere akozeho ikarita (Tap Out) kugira ngo asoze urugendo, bityo yirinde kwishyura amafaranga y’urugendo rwose.”

Uru rwego rwagaragaje n’ibiciro by’izi ngendo, aho ku kilometero kimwe ndetse no ku bilometero bibiri hazajya hishyurwa amafaranga 182, mu gihe nko ku bilometero 25 hazajya hishyurwa amafaranga 855 Frw.

RURA kandi yagiye igaragaza ingero z’amafaranga azajya yishyurwa, mu gihe hazajya haba hakoreshejwe ubu buryo, aho nk’uzajya akora urugendo rwa Downtown- Remera (10km), igiciro kizaba 388 Frw kivuye kuri 307 Frw.

Naho urugendo rwa Downtown-Rwandex (6km) igiciro kizaba 274 Frw kivuye kuri 307 Frw, mu gihe Downtown-Kanogo (3km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri 307 Frw.

Nanone kandi Sonatube-Prince House (2km) igiciro kizaba 182 Frw kivuye kuri 307 Frw; Nyabugogo-kuri 12 (14km) igiciro kizaba 543 Frw kivuye kuri 741 Frw, Remera – Kuri 12 (3 km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri 420 Frw, mu gihe Nyabugogo-Kabuga (25km) igiciro kizaba 855Frw kivuye kuri 741Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 18 =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda yahishuye aho urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze

Next Post

Rutsiro: Abacuruza ibiciriritse bafatiwe icyemezo babona nko kubigirizaho nkana cyatumye bumirwa

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abacuruza ibiciriritse bafatiwe icyemezo babona nko kubigirizaho nkana cyatumye bumirwa

Rutsiro: Abacuruza ibiciriritse bafatiwe icyemezo babona nko kubigirizaho nkana cyatumye bumirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.