Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Ibihugu bikomokamo impunzi 130 u Rwanda rwakiriye

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA
0
Menya Ibihugu bikomokamo impunzi 130 u Rwanda rwakiriye
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwakiriye abantu 137 barimo abashaka ubuhungiro n’abimukira bavuye muri Libya bagize icyiciro cya 21 cy’abaturutse muri iki Gihugu bari baragezemo bahunze Ibihugu byabo, barimo umubare munini w’abakomoka muri Sudan.

Aba bantu 137 bakiriwe n’u Rwanda mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025 mu gikorwa cyakozwe ku bufatanye bwa Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNHCR).

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, ivuga ko “U Rwanda rwakiriye itsinda ry’icyiciro cya 21 ry’abantu 137, bashaka ubuhungiro bakuwe muri Libya.”

Aba bantu barimo abenshi bakomoka muri Sudan, aho abafite inkomoko muri iki Gihugu ari 81, hakaba 21 bakomoka muri Ethiopia, abandi 21 na bo bakaba bakomoka muri Sudan y’Epfo, n’abandi 14 bo muri Eritrea.

Ibihugu bikomokamo aba bantu bakiriwe n’u Rwanda bakuwe muri Libya aho bari baraheze nyuma yo guhunga Ibihugu byabo, byose bisanzwe birimo ibibazo birimo intambara, nka Sudan ikomeje kugarizwa n’intambara ikomeje guhitana abatari bacye ikanatera benshi kuva mu byabo.

Aba bantu bakiriwe n’u Rwanda, bazahita boherezwa mu kigo bazacumbikirwamo, mu gihe hagishakishwa Ibihugu bizabakira, bakajya kubibamo.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, ivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda, UNHCR n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bashyizeho uburyo bwo kubanyuza mu kigo by’agateganyo mu rwego rwo gutabara ubuzima bwabo, kubafasha kubona ibisubizo birambye ku mpunzi ziri mu kaga ziri mu bibazo muri Libya binyuze kubanyuza mu Rwanda by’igihe gito.”

Benshi mu bantu bagiye bakurwa muri Libya muri ubu buryo bakazanwa mu Rwanda mu rwego rwo gutaba ubuzima bwabo bwabaga buri mu kaga, bagiye babona Ibihugu bibakira.

Kuva muri 2019, u Rwanda rumaze kwakira abantu 2 760 baturutse muri Libya, aho abagera mu 2 100 bamaze kubona Ibihugu bibakira.

U Rwanda rwakiriye impunzi 137

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Next Post

Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.