Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangaje ko Ikibuga gishya cy’Indege cya Bugesera, kizatangira gukora mu myaka itatu iri imbere.

Yvonne Makolo yabitangarije i Doha ku wa Gatatu tariki 15 Gicurasi mu Nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ya Qatar izwi nka ‘Qatar Economic Forum’.

Igice cya mbere cy’iki Kibuga cy’Indege cya Bugesera kizaba gifite ubugari bwa Metero kare ibihumbi 130, kikazaba gifite ubushobozi bwo kunyuraho abagenzi miliyoni umunani ku mwaka, mu gihe imibare iteganya ko mu myaka iri imbere kizajya cyakira abarenga miliyoni 14.

Iki kibuga cy’indege giherereye mu bilometero 40 uvuye mu Mujyi wa Kigali, biteganyijwe kandi ko kizajya cyakira imizigo ipima toni ibihumbi 150 ku mwaka.

Imirimo yo kubaka iki kibuga cy’Indege mpuzamahanga, biteganyijwe ko izarangira mu mwaka wa 2026, gitwaye agera muri Miliyari 2 $ (arenga Miliyari 2 500 Frw). Ni ukuvuga hafi 1/2 cy’ingengo y’Imari y’u Rwanda igezweho muri iki gihe.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, ubwo yari muri iyi nama yabereye i Doha, yagize ati “Imirimo yo kubaka yo irarimbanyije. Turenda kugera mu cyiciro cy’imirimo yo gusoza ibikorwa byo hadi ku butaka, ubundi tugatangira ibikorwa bizamuye. Turateganya ko hagati ya 2027 na 2028 mu bijyanye n’imikorere y’ibibuga by’Indege kizaba gikora.”

Yvonne Makolo, yakomeje avuga ko Ikibuga cy’Indege cya Kigali, kizakomeza kwifashishwa nk’ihuriro ry’ibyerecyezo bitandukanye byo ku Mugabane wa Afurika, nk’uko bimeze ku cya Addis Ababa muri Ethiopia.

Yavuze ko ikibuga cy’Indege cya Bugesera kiri kubakwa ku bufatanye bwa Sosiyete y’Indege ya Qatar Airways izaba ifitemo imigabane ya 60%, ndetse ikaba inafite 49% by’imigabane muri sosiyete ya RwandAir.

Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways, Badr Mohammed Al Meer yavuze ko kuba Qatar ikomeje ibikorwa by’ishoramari nk’ibi, ari ugukomeza gufasha Afurika kurushaho kugenderana mu by’ingendo z’indege.

Yavuze kandi ko uretse kuba iyi sosiyete ikorana n’u Rwanda, iri no mu mikoranire y’ibice byo muri Afurika y’amajyepfo.

Ku bijyanye n’ubukererwe bwabaye mu kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera, Al Meer yavuze ko ubu bari mu biganiro n’ababaha ibikoresho ndetse n’abakozi, kugira ngo uyu mushinga w’ikibuga cy’indege urangire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho wagize ikibazo cy’uruhu yagaragaje ko cyakomeje anavuga inkuru afitiye abakunzi-AMAFOTO

Next Post

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.